Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres, yatangaje ko uyu Muryango wugarijwe n’ibura ry’amafaranga ku buryo nta hatagize igikorwa, amafaranga ufite azashira bitarenze mu kwezi kwa Nyakanga 2026. Ni ibikubiye mu ibaruwa Antonio Guterres yandikiye ibihugu binyamuryango 193 bya LONI. Antonio Guterres yavuze ko uyu Muryango uri mu kibazo cyo kuba washiranwa n’amafaranga kuko ibihugu byinshi […]
Ikipe ya Police FC yegukanye Igikombe cy’Intwari 2026 nyuma yo gutsinda APR FC kuri penariti 7-6, mu mukino wa nyuma wabaye kuri iki Cyumweru muri Stade Amahoro, urangira amakipe yombi anganyije 1-1 mu minota 90 isanzwe y’umukino bitabaza Penariti. Iyi nsinzi Police FC iyikesheje uruhare rukomeye rw’umunyezamu Niyongira Patience, wakuyemo penariti y’ingenzi, nyuma yo kwinjira […]
Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye n’umunyezamu Pavelh Ndzila ukomoka muri Congo Brazzaville, nyuma y’amezi atandatu gusa yari amaze ayikinira. Uyu munyezamu w’imyaka 31, yari yarageze muri Gikundiro mu mpeshyi ya 2025, ariko ntiyabashije kugumana umwanya we mu izamu nyuma y’igihe gito, aho aherukaga gukina mu Ugushyingo 2025. Ndzila yatangiye gutakaza icyizere cy’abatoza n’abafana, […]
Nshimiyimana Robert, wo mu Mudugudu wa Mugali, Akagari ka Rutaraka, Umurenge wa Nyagatare, yatawe muri yombi akekwaho gutema mugenzi we ijosi, nyuma y’amakimbirane bagiranye ubwo barimo basangira inzoga mu kabari. Uru rugomo rwabaye mu gicuku gishyira mu rukerera rwo ku wa Gatanu, aho aba basore bombi bari basangiye inzoga mu kabari, bikaza kurangira bagiranye amakimbirane […]
Ubuyobozi bw’Irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) bwemeje ko imikino ya nyuma y’iri rushanwa rya 2026, rizaba rikinwe ku nshuro ya gatandatu, izabera mu Mujyi wa Kigali mu Rwanda. Ibi byatangajwe ku wa Gatanu tariki ya 30 Mutarama 2026, ubwo hatangazwaga ingengabihe yemewe ya BAL 2026, irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo mu mukino […]
Komisiyo ishinzwe Imyitwarire mu ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yafatiye ibihano bikomeye Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Sénégal n’iryo mu Bwami bwa Marocco, nyuma y’imvururu zaranze umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika cya 2025 wabereye i Rabat ku wa 18 Mutarama 2026. Uyu mwanzuro watangajwe mu ijoro rishyira ku wa Kane, nyuma y’inama ya komisiyo […]
Abakunzib’umupira w’amaguru muri Africa ndetse no ku is hose bamaze hari ukwezi kose baryoherwa n’irushanwa rikomeye ku mugabane w’Afrika, AFCON 2025 kugeza rishyizweho akadomo n’umukino wanyuma wahuje ikipe y’igihugu ya Morocco (Les Lions de l’Atlas) n’iya Senegal (Les Lions de la Téranga), umukino wasize Senegal irara neza. Uyu mukino wabaye mu mwuka wihariye, aho amakipe […]
Umuvugizi w’urwego rw’igihugu rw’ubugenza cyaha mu Rwanda RIB Dr B Murangira Thierry yatangaje ko uru rwego rwafunze umuhuzabikorwa w’ikigo ngorora muco cya Gitagata BAHAME Hasan ukekwaho icyaha cyo gukoresha ububasha ahabwa n’itegeko mu nyungu ze bwite no gusaba cyangwa gukoresha ishimisha mubiri rishingiye ku gitsina kuri bamwe baba baje kugororerwa muri iki kigo BAHAME Hassan […]
Kugira indege nyinshi ntibikiri inzozi cyangwa kwiyemera ku bihugu by’ Afurika bihanganye n’ibibazo by’umutekano bikomeye, intumbero z’ubukungu, n’iterambere ry’ibihugu; ahubwo ni ibisabwa ku rwego rwa politiki n’umutekano. Kugira ubushobozi bwo kugenzura ikirere bituma igihugu kibasha gusubiza vuba ku bibazo nk’ibyiterabwoba, ubucuruzi bwa magendo, ndetse no kugenzura imikorere y’ibidafite uburenganzira. Gufata neza no kugira indege zikomeye […]
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryamenyesheje amakipe ko FERWAFA Super Cup izaba tariki ya 2 Kanama, naho Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere igatangira tariki ya 15 Kanama 2025. Ibi ni bimwe mu bikubiye mu ngengabihe y’amarushanwa ateganyijwe mu mwaka utaha w’imikino wa 2025/26, yashyizwe hanze ku wa Mbere, tariki ya 16 Kamena 2025. Umwaka w’imikino […]
