Abanyeshuri bagera ku 74,085 bagiye gutangira ibizamini bya Leta muri practice 2025/2026

Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) ibinyujije mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA), yatangaje ko ibizamini ngiro bya Leta by’umwaka w’amashuri wa 2025/2026 bitangizwa ku mugaragaro kuri uyu wa 3 Kamena 2026, bikazarangira ku wa 22 Kamena 2026. Ni ibizamini bifatwa nk’inkingi ikomeye mu guteza imbere ireme ry’uburezi bushingiye ku bushobozi n’ubumenyi ngiro, aho abanyeshuri basabwa […]

MINEDUC yashyizeho gahunda izafasha urubyiruko rutasoje ayisumbuye kubona impamyabumenyi ya A2

Minisiteri y’Uburezi yatangije gahunda nshya yiswe Resilience in Secondary Education (RISE Rwanda), igamije guha amahirwe ya kabiri urubyiruko rwacikirije amashuri yisumbuye kugira ngo rubashe kubona impamyabumenyi ihwanye n’iy’icyiciro cya kabiri cy’amashuri yisumbuye (A2 Equivalent Certificate). Iyi gahunda igenewe urubyiruko ruri hagati y’imyaka 18 na 35 rwacikirije amashuri yisumbuye, aho ruzahabwa amahirwe yo kongera kwiga hakoreshejwe […]

RP graduation 2026, Rwanda Polytechnic yiyemeje kongera uruhare mu iterambere ry’igihugu binyuze mu guhanga udushya no guteza imbere ubumenyi ngiro

Kuri uyu wa Kane tariki 14 Gicurasi 2026 muri BK arena i Kigali mu Rwanda habereye umuhango wo gutanga impamyabumenyi kubanyeshuri basoje muri Rwanda Polytechnic aho umushyitsi mukuru yari Dr. Sylvie Mucyo, Umuyobozi Mukuru wungirije wa Rwanda Polytechnic (RP). Muri uwo muhango Dr. Sylvie Mucyo yongeye gushimangira ko iki kigo cyiyemeje guteza imbere impinduka mu […]

Ruhango: basubiye ku ishuri kubera ibyo kurya bahafatira

Inzego zitandukanye zifite aho zihuriye n’uburezi mu Karere ka Ruhango ziravuga ko gahunda yo gufatira amafunguro ku ishuri izwi nka School Feeding yafashije cyane abanyeshuri, by’umwihariko abaturuka mu miryango itishoboye, kuko ituma biga batuje badahangayikishijwe n’inzara. Iyi gahunda yo kugaburira abanyeshuri ku mashuri yatangijwe mu mwaka wa 2020 hagamijwe kuzamura ireme ry’uburezi mu gihugu. Yashyizweho […]

Uruhare rw’ababyeyi mu bizamini bya Leta uyu mwaka wa 2025-2026

Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibizamini n’ubugenzuzi bw’amashuri NESA cyatangaje ko kwiyandikisha gukora Ibizamini bya leta bisoza amashuri abanza, ikiciro ruzasange n’ayisumbuye bizatangira guhera 25 Gashyantare kugeza 27 Werurwe 2026. Mu itangazo NESA yashyize ahagaragara binyuze ku rukuta rwayo rwa X rwahoze ari Twiter, yatanze inyandiko 2 zirimo iy’urutonde rw’ibigo bicumbikira abana Boarding School ndetse n’indi igaragaza […]

Ibirori bya White Coat 2026 birarimbanyije muri UR Huye

Kuri uyu wa 13 muri kaminuza y’u Rwanda Ishami rya Huye hari kubera ibirori byo gutangira icyerekezo gishya cyafunguriwe abanyeshuri ba Kaminuza y’u Rwanda mu ishami ry’ubuzima CMHS birori bya White Coat Ceremony 2026. Ibi birori byitabiriwe n’abayobozi batandukanye, ababyeyi, abanyamakuru, ndetse n’abanyeshuri ba nyir’ukubitegurirwa. Mubayobozi bitabiriye ibi birori harimo n’uhagarariye ibitaro bikuru bya kaminuza […]

Ibigo bibuza Abana kuvuga ikinyarwanda byahagurukiwe na MINUBUMWE

Kuvuga no kwandika Ikinyarwanda neza ni imwe mu nkingi z’umuco n’ubumwe bw’Abanyarwanda. Gusa muri iki gihe, hari bamwe mu Banyarwanda babibona nk’ibitagendana n’iterambere, bakakivuga bakigoreka, abandi bakakivanga n’indimi z’amahanga bagamije kwiyemera. Ikibabaje kurushaho ni uko hari n’amwe mu mashuri bivugwa ko ahanira abana kuvuga ururimi rwabo kavukire. Hari ababyeyi n’abana bafata kutamenya Ikinyarwanda nk’icyerekana “iterambere” […]

MINEDUC yirukanye Abayobozi b’Ibigo by’Amashuli bagera kuri 890 hirya no hino mu Gihugu!

Nyuma y’igenzura ryahawe abari abayobozi b’ibigo by’amashuri ryasize abataragize amanota 70% kuzamura bahagarikwa mu kazi ko kuyobora ibigo, harimo 349 bo mu mashuri abanza na 541 bo mu mashuri yisumbuye, bazaba abarimu. Birukanywe hashingiwe ku manota bagize mu isuzuma ryakozwe n’Uturere ku mikorere yabo irimo kuboneka mu kazi, imyitwarire n’imitsindishirize ku bigo bayoboye ndetse n’ikizami […]