Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) ibinyujije mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA), yatangaje ko ibizamini ngiro bya Leta by’umwaka w’amashuri wa 2025/2026 bitangizwa ku mugaragaro kuri uyu wa 3 Kamena 2026, bikazarangira ku wa 22 Kamena 2026. Ni ibizamini bifatwa nk’inkingi ikomeye mu guteza imbere ireme ry’uburezi bushingiye ku bushobozi n’ubumenyi ngiro, aho abanyeshuri basabwa […]
Minisiteri y’Uburezi yatangije gahunda nshya yiswe Resilience in Secondary Education (RISE Rwanda), igamije guha amahirwe ya kabiri urubyiruko rwacikirije amashuri yisumbuye kugira ngo rubashe kubona impamyabumenyi ihwanye n’iy’icyiciro cya kabiri cy’amashuri yisumbuye (A2 Equivalent Certificate). Iyi gahunda igenewe urubyiruko ruri hagati y’imyaka 18 na 35 rwacikirije amashuri yisumbuye, aho ruzahabwa amahirwe yo kongera kwiga hakoreshejwe […]
Nyuma y’amasaha make imipaka ihuza u Rwanda na Repebulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) mu Karere ka Rubavu ifunzwe kubera icyorezo cya Ebola, kuri uyu wa Mbere tariki ya 18 Gicurasi 2026 indi mipaka ibiri yo mu Karere ka Rusizi nayo yafunzwe. Aya makuru yahamijwe n’ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi aho bwemeje ko imipaka ya Rusizi ya […]
Kuri uyu wa Kane tariki 14 Gicurasi 2026 muri BK arena i Kigali mu Rwanda habereye umuhango wo gutanga impamyabumenyi kubanyeshuri basoje muri Rwanda Polytechnic aho umushyitsi mukuru yari Dr. Sylvie Mucyo, Umuyobozi Mukuru wungirije wa Rwanda Polytechnic (RP). Muri uwo muhango Dr. Sylvie Mucyo yongeye gushimangira ko iki kigo cyiyemeje guteza imbere impinduka mu […]
Inzego zitandukanye zifite aho zihuriye n’uburezi mu Karere ka Ruhango ziravuga ko gahunda yo gufatira amafunguro ku ishuri izwi nka School Feeding yafashije cyane abanyeshuri, by’umwihariko abaturuka mu miryango itishoboye, kuko ituma biga batuje badahangayikishijwe n’inzara. Iyi gahunda yo kugaburira abanyeshuri ku mashuri yatangijwe mu mwaka wa 2020 hagamijwe kuzamura ireme ry’uburezi mu gihugu. Yashyizweho […]
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibizamini n’ubugenzuzi bw’amashuri NESA cyatangaje ko kwiyandikisha gukora Ibizamini bya leta bisoza amashuri abanza, ikiciro ruzasange n’ayisumbuye bizatangira guhera 25 Gashyantare kugeza 27 Werurwe 2026. Mu itangazo NESA yashyize ahagaragara binyuze ku rukuta rwayo rwa X rwahoze ari Twiter, yatanze inyandiko 2 zirimo iy’urutonde rw’ibigo bicumbikira abana Boarding School ndetse n’indi igaragaza […]
Inkuba yakubise mu busitani bw’ishuri rya GS Gahisi riherereye mu Murenge wa Rangiro, Akarere ka Nyamasheke, bituma abana barindwi bagira ikibazo cy’ihungabana, bamwe bajyanwa kwa muganga kugira ngo bitabweho. Ibi byabaye ku wa Kane tariki ya 12 Gashyantare 2026, mu mvura yaguye mu masaha ya nyuma ya saa sita. Inkuba yakubise hafi y’inyubako z’amashuri, aho […]
Kuri uyu wa 13 muri kaminuza y’u Rwanda Ishami rya Huye hari kubera ibirori byo gutangira icyerekezo gishya cyafunguriwe abanyeshuri ba Kaminuza y’u Rwanda mu ishami ry’ubuzima CMHS birori bya White Coat Ceremony 2026. Ibi birori byitabiriwe n’abayobozi batandukanye, ababyeyi, abanyamakuru, ndetse n’abanyeshuri ba nyir’ukubitegurirwa. Mubayobozi bitabiriye ibi birori harimo n’uhagarariye ibitaro bikuru bya kaminuza […]
Kuvuga no kwandika Ikinyarwanda neza ni imwe mu nkingi z’umuco n’ubumwe bw’Abanyarwanda. Gusa muri iki gihe, hari bamwe mu Banyarwanda babibona nk’ibitagendana n’iterambere, bakakivuga bakigoreka, abandi bakakivanga n’indimi z’amahanga bagamije kwiyemera. Ikibabaje kurushaho ni uko hari n’amwe mu mashuri bivugwa ko ahanira abana kuvuga ururimi rwabo kavukire. Hari ababyeyi n’abana bafata kutamenya Ikinyarwanda nk’icyerekana “iterambere” […]
Nyuma y’igenzura ryahawe abari abayobozi b’ibigo by’amashuri ryasize abataragize amanota 70% kuzamura bahagarikwa mu kazi ko kuyobora ibigo, harimo 349 bo mu mashuri abanza na 541 bo mu mashuri yisumbuye, bazaba abarimu. Birukanywe hashingiwe ku manota bagize mu isuzuma ryakozwe n’Uturere ku mikorere yabo irimo kuboneka mu kazi, imyitwarire n’imitsindishirize ku bigo bayoboye ndetse n’ikizami […]
