author

Hari ibitero byari byaratangiye kugabwa bitewe n’inzoga z’ibyuma Minisitiri w’ubuzima mu kiganiro Live

Mu kiganiro inyumva nkumve cyangwa imbonankubone Live cyabaye ku ikoranabuhanga kuri uyu wa 12 kanama 2026, urubyiruko rwiganjemo abakoresha imbuga nkoranyambaga bakunze kwita (influencers) baganiriye biratinda cyane cyane ku bijyanye n’inzoga zitujuje ubuziranenge zimaze kuba umwanzi w’abanyrwanda muri iki gihe. Iki kiganiro cyari cyateguwe na Burikanu na Buringuni ndetse kitabirwa, kinakurikirwa n’abandi bamenyerewe cyane muri […]

Perezida wa FERWAFA Shema Fabrice yatawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB rwatangaje ko perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA Shema Fabrice yatawe muri yombi kuri uyu wa 11 kanama 2026. Amakuru y’ifungwa rya Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA, yatangajwe n’umuvugizi wa RIB Dr Murangira B. Thierry kuri uyu wa kabiri. Dr Murangira B. Thierry yavuze ko Shema Fabrice akurikiranyweho […]

FERWAFA yemeje ko APR FC itazitabira super cup 2026

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA ryemeje amakuru avuga ko APR FC itazitabira irushanwa rya super cup 2026, nyuma y’uko iyi kipe y’ingabo z’igihugu yanditse imeneyesha FERWAFA ko itazitabira iri rushwanwa kubera ryahinduriwe uburyo ryakinagwamo itamenyeshejwe. Igikombe cya super cup cyari gisanzwe gihuza ikipe yabaye iya mbere muri shampiyona n’ikipe yatwaye igikombe cy’amahoro, nkuko bigaragazwa […]

Ese Argentine yaba igiye kongera gutwara igikombe cy’isi iri kumwe na Messi? ntibishoboka

Argentine yongeye kugera ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 nyuma yo gutsinda u Bwongereza ibitego 2-1. Ni ibitego byatsinzwe na Enzo Fernandez na Lautaro Martinez mu minota ya nyuma Ubwo Anthony Gordon yari yafunguye amazamu mu minota ya mbere y’igice cya kabiri. Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 15 Nyakanga 2026, ni bwo […]

Umuryango Fruits of Love washimiwe igikorwa cyo gusanira inzu n’igikoni umukecuru utuye i Nyamirambo

Kuri uyu wa 5 Nyakanga 2026, Umuryango fruits of Love wasubukuye igikorwa cy’urukundo cyo gusanira inzu umukecuru w’imyaka 74 usanzwe utuye mu karere ka nyarugenge umurenge wa Nyamirambo akagali ka Rugarama umudugudu wa Kiberinka mu isibo ya Ubutwari. Byatangiye ari ikifuzo cyo gufasha umwe mu barokotse Genoside yakoretwe abatutsi mu 1994, ariko birangira kivuyemo ubuhamya […]

Vestine na Dorcas ntibemerewe gukoresha indirimbo zabo keretse babanje kwishyura 60M

Ku wa 13 Kamena 2026, itsinda ry’abahanzikazi baririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas, ryatangaje ko rihagaritse imikoranire ryagiranaga na Sosiyete ya MIE Entertainment Ltd yari iyobowe na Irene Murindahabi uzwi nka M Irene, nyuma y’imyaka itanu bakorana. Babinyujije ku mbuga nkoranyambaga zabo, aba bahanzikazi bagize itsinda Vestine na Dorcas bagaragaje ko […]

Langwida wo mu runana ukina ari nyina wa Shyaka na Agnes yitabye Imana

Nyirabagande Drocelle Fridaus ’Langwida’ wamenyekanye cyane binyuze mu ikinamico Urunana yo kuri Radiyo Rwanda yakinagamo, yitabye Imana azize uburwayi. Amakuru y’urupfu rwe yamenyekanye mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, tariki ya 7 Kamena 2026. Yemejwe na Urunana Development Communication bakoranaga ndetse n’ubuyobozi bw’Umudugudu wa Itetero mu Murenge wa Nyamirambo aho yari atuye. Umwe mu bantu […]

Abanyeshuri bagera ku 74,085 bagiye gutangira ibizamini bya Leta muri practice 2025/2026

Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) ibinyujije mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA), yatangaje ko ibizamini ngiro bya Leta by’umwaka w’amashuri wa 2025/2026 bitangizwa ku mugaragaro kuri uyu wa 3 Kamena 2026, bikazarangira ku wa 22 Kamena 2026. Ni ibizamini bifatwa nk’inkingi ikomeye mu guteza imbere ireme ry’uburezi bushingiye ku bushobozi n’ubumenyi ngiro, aho abanyeshuri basabwa […]

Dutemberane ikigo kiri gufasha abashaka kwiga umwuga w’ubu barista mu karere ka Huye

Mu gihe urubyiruko rukomeje gushaka ubumenyi bubafasha kubona akazi no kwihangira imirimo, Isaac Barista Training Center ikomeje gufasha benshi binyuze mu mahugurwa y’umwuga ajyanye no gutegura ikawa, ibinyobwa ndetse n’ibiribwa bigezweho. Iki kigo kimaze imyaka itatu gitanga amahugurwa mu bigo bitandukanye n’amahoteli, cyimuriye ibikorwa byacyo mu gace korohereza buri wese kukigeraho, mu Karere ka Huye […]

MINEDUC yashyizeho gahunda izafasha urubyiruko rutasoje ayisumbuye kubona impamyabumenyi ya A2

Minisiteri y’Uburezi yatangije gahunda nshya yiswe Resilience in Secondary Education (RISE Rwanda), igamije guha amahirwe ya kabiri urubyiruko rwacikirije amashuri yisumbuye kugira ngo rubashe kubona impamyabumenyi ihwanye n’iy’icyiciro cya kabiri cy’amashuri yisumbuye (A2 Equivalent Certificate). Iyi gahunda igenewe urubyiruko ruri hagati y’imyaka 18 na 35 rwacikirije amashuri yisumbuye, aho ruzahabwa amahirwe yo kongera kwiga hakoreshejwe […]