author

Nyagatare: Diregiteri yirukanywe azira kwiba ibiryo by’abanyeshuri akabigurisha

Uwari umuyobozi w’ishuri ribanza rya Rubira II mu Murenge wa Rwimiyaga mu karere ka Nyagatare yirukanwe mu kazi azira kwiba ibiryo bigenewe abanyeshuri akabigurisha mu gihe yiteguraga kwakira ibindi bizakoreshwa mu gihembwe cya gatatu. Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buvuga ko uyu muyobozi w’ishuri yari yarasigaranye ibiro 460 by’ibiribwa bitakoreshejwe mu gihembwe cya Kabiri. Mu gihe […]

Yatawe muri yombi ashinjwa kwica umuvandimwe we amuziza inkuracyobo

Mu Karere ka Karongi haravugwa inkuru y’umugabo watawe muri yombi, akekwaho icyaha cyo kwica mukuru we, nyuma yo kutumvikana k’uzahabwa inkuracyobo yo gushyingura nyina umunsi azaba yapfuye. Uwatawe muri yombi ni Niyomugabo Pacifique wo muri aka karere, mu Mudugudu wa Gakomeye, Akagari ka Bubazi, Umurenge wa Rubengera akurikiranyweho kwica Ntirenganya Callixte w’imyaka 46 bavukana Inkuracyobo […]

Semuhungu afunze azira Gukoresha undi imibonano mpuzabitsina kugahato n’ibindi

RIB yemeje ko dosiye ya Semuhungu Eric uherutse gutabwa muri yombi, yagejejwe mu Bushinjacyaha ku wa 14 Mata 2026, aho akurikiranyweho ibyaha bitatu birimo icyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato. Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr. Murangira B. Thierry niwe waduhamirije amakuru ko dosiye ya Semuhungu yamaze kugezwa mu Bushinjacyaha. Amakuru atugeraho ku Imbaga […]

Romuald Wadagni yatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Bénin

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora muri Bénin yatangaje ko umukandida watanzwe n’Ishyaka riri ku Butegetsi, Romuald Wadagni, ari we watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu n’amajwi 94%. Ni amajwi y’agateganyo yatangajwe na Komisiyo y’Amatora, yerekanye ko Romuald Wadagni yatsinze ku majwi 94% mu gihe uwo bari bahanganye Paul Hounkpè yabonye amajwi 6%. Amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Bénin yabaye ku […]

Arashinjwa ibyaha 5 Dosiye ya DC Clement yashyikirijwe Ubushinjacyaha

Dosiye ya Niyigaba Clement wamamaye nka DC Clement yashyikirijwe Ubushinjacyaha, ku ikubitiro akaba yarezwe ibyaha bitanu nubwo hari ibindi bigikorwaho iperereza nk’uko byemejwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha. Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr. Murangira B.Thierry yemereye Itangazamakuru ko dosiye ya DC Clement yagejejwe mu Bushinjacyaha kuri uyu wa 8 Mata 2026. Ati: “Nibyo koko dosiye ye […]

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bigiye guhita bigabanuka

Nyuma y’amasezerano y’ibyumweru bibiri yo guhagarika intambara hagati ya Iran na Leta Zunze Ubumwe za America, ibiciro by’ibikomoka peteroli ku isi byagabanutse cyane mu bihugu bimwe nabimwe kuri uyu wa Gatatu. Ni mu gihe abahanga mu by’ubukungu bemeza ko kugira ngo icyizere cy’igabanuka ry’ibi biciro byumvikanyweho ku isoko mpuzamahanga, bizafata igihe kugira ngo rigere hose. […]

Nshuti Innocent Rutahizamu w’amavubi yambitse impeta umukunzi we

Nshuti Innocent, rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda “Amavubi” na Wedfaq Ajdabiya yo muri Libya, yambitse impeta umukunzi we, Uwase Nice bamaze igihe bakundana amusaba kumubera umugore. Kuri iki Cyumweru, tariki ya 5 Mata 2026, ni bwo uyu mukinnyi yanyujije ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga ze buhuriyeho na bombi, abukurikiza amagambo yuje urukundo. Yagize ati: “Ndacyishimiye ko […]