Mu gihe u Rwanda n’Isi yose bikomeje ibikorwa by’ iminsi 100 yo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umuryango Fruits of Love (Imbuto z’urukundo) n’inshuti zawo bakoze ibikorwa byo kwifatanya n’Abanyarwanda muri ibi bihe byo kwibuka, banakora ibikorwa by’urukundo no gufasha abarokotse Jenoside. Fruits of Love ni Umuryango w’iyobokamana ariko udashingiye […]
Abanyeshuri babiri b’abakobwa bigaga mu ishuri rya EAV Gitwe riherereye mu Karere ka Ngoma, batawe muri yombi n’inzego z’umutekano nyuma yo gukubita umukoropesho mu mutwe, ushinzwe imyitwarire y’abakobwa, bamuziza ko yabareze ku babyeyi babo ko bitwara nabi ku ishuri. Ibi byabaye mu ijoro ryo ku wa Gatatu rishyira ku wa Kane tariki 7 Gicurasi 2026, […]
Korari Jyanumucyo isanzwe ikorera umurimo w’Imana Muri EAR Diyosezi ya Butare yasohoye indirimbo yayo ya 2 yiswe Umusaraba wa Yesu mu buryo bw’amajwi isaba Bakunzi bayo gukurikira urubuga rwayo rwa YouTube inateguza iyi ndirimbo mu uburyo bw’amashusho. Indirimbo “Umusaraba wa Yesu” yasohotse ku munsi w’ejo tariki ya 05/05/2026. ni indirimbo yiganjemo Ubutumwa bubwira abantu iby’umusaraba […]
Uwari umuyobozi w’ishuri ribanza rya Rubira II mu Murenge wa Rwimiyaga mu karere ka Nyagatare yirukanwe mu kazi azira kwiba ibiryo bigenewe abanyeshuri akabigurisha mu gihe yiteguraga kwakira ibindi bizakoreshwa mu gihembwe cya gatatu. Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buvuga ko uyu muyobozi w’ishuri yari yarasigaranye ibiro 460 by’ibiribwa bitakoreshejwe mu gihembwe cya Kabiri. Mu gihe […]
Mu Karere ka Karongi haravugwa inkuru y’umugabo watawe muri yombi, akekwaho icyaha cyo kwica mukuru we, nyuma yo kutumvikana k’uzahabwa inkuracyobo yo gushyingura nyina umunsi azaba yapfuye. Uwatawe muri yombi ni Niyomugabo Pacifique wo muri aka karere, mu Mudugudu wa Gakomeye, Akagari ka Bubazi, Umurenge wa Rubengera akurikiranyweho kwica Ntirenganya Callixte w’imyaka 46 bavukana Inkuracyobo […]
RIB yemeje ko dosiye ya Semuhungu Eric uherutse gutabwa muri yombi, yagejejwe mu Bushinjacyaha ku wa 14 Mata 2026, aho akurikiranyweho ibyaha bitatu birimo icyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato. Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr. Murangira B. Thierry niwe waduhamirije amakuru ko dosiye ya Semuhungu yamaze kugezwa mu Bushinjacyaha. Amakuru atugeraho ku Imbaga […]
Ikipe ya APR Cycling Club y’abasiganwa ku magare yatangiye gushaka abakinnyi b’abahungu bakiri bato bafite impano yo gusiganwa ku magare, bari hagati y’imyaka 14 na 16. Ni gahunda yatangiriye i Musanze kuri uyu wa Kabiri, aho izakorwa kugeza ku wa Mbere, tariki ya 20 Mata 2026, Izajya inyura mubice bitandukanye by’igihugu buri munsi kuva Saa […]
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora muri Bénin yatangaje ko umukandida watanzwe n’Ishyaka riri ku Butegetsi, Romuald Wadagni, ari we watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu n’amajwi 94%. Ni amajwi y’agateganyo yatangajwe na Komisiyo y’Amatora, yerekanye ko Romuald Wadagni yatsinze ku majwi 94% mu gihe uwo bari bahanganye Paul Hounkpè yabonye amajwi 6%. Amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Bénin yabaye ku […]
Abapolisi Perezida Paul Kagame yazamuye mu ntera 5746, barimo batanu bakuwe ku ipeti rya ACP bahabwa irya CP, mu gihe 10 bari bafite irya CSP bagizwe ba ACP. Icyemezo cya Perezida Kagame cyo kuzamura mu ntera aba bapolisi cyatangajwe mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane tariki 9 Mata 2026, na Polisi y’u Rwanda. Mu […]
Mu rukerera rwo ku wa Gatatu tariki 8 Mata 2026 ni bwo Perezida Trump wa Amerika yatangaje ko bemeranyije na Iran ku bijyanye no guhagarika imirwano mu gihe cy’ibyumweru bibiri. Hadaciye kabiri ako gahenge Leta Zunze Ubumwe za Amerika zari zemeranyijeho na Iran kajemo kidobya, bitewe n’ibitero Israel yagabye muri Liban, bikagwamo abarenga 250, abndi […]
