Mu Karere ka Burera hafatiwe abanyeshuri icyenda bakekwaho kugira uruhare mu bikorwa byo gukubita abarimu mu bihe bitandukanye, ibintu byatumye inzego z’umutekano zitangira iperereza kuri ibyo byaha. Mu Rwunge rw’Amashuri rwa Runaba, ruherereye mu Murenge wa Butaro, abanyeshuri barindwi bari hagati y’imyaka 15 na 18 batawe muri yombi nyuma yo gukekwaho gukubita abarimu batatu. Abo […]
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Kurengera Ibidukikije (REMA) cyatangaje ko u Rwanda rushobora guhura n’izamuka rikomeye ry’imyuka ihumanya ikirere mu myaka iri imbere, mu gihe ingamba zo kuyigabanya zitashyirwa mu bikorwa uko bikwiye. Raporo nshya igaragaza uko igihugu gihagaze mu guhangana n’ihindagurika ry’ibihe, yerekana ko imyuka ihumanya ikirere yagiye yiyongera uko imyaka ishira. Mu mwaka wa 2006, […]
Kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Kamena 2026, Umugaba mukuru w’ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF) Paul Kagame yagize Brigadier General Patrick Karuretwa Umuvugizi wa RDF, kumwanya asimbuyeho Brig, Gen. Ronald RWIVANGA Brig. Gen. Karuretwa, umaze imyaka 30 mu Ngabo z’u Rwanda kandi usanzwe ari Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Ubutwererane bwa Gisirikare n’Ibindi Bihugu, azakora inshingano z’Umuvugizi […]
Abanyeshuri umunani bakomoka muri Sudani y’Epfo bari basanzwe biga muri INES Ruhengeri birukanywe ku butaka bw’u Rwanda nyuma y’uko iperereza ryakozwe n’inzego zibishinzwe ribahuza n’ibikorwa bihungabanya umutekano. Amakuru aturuka mu nzego z’umutekano agaragaza ko aba banyeshuri bakekwagaho ibikorwa birimo gukorera urugomo abatwara moto, gutera ubwoba abaturage ndetse no gutwara intwaro mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Nyuma […]
Inkuru ya Isaac Wright Jr. ni kimwe mu bimenyetso bikomeye byerekana ko kwihangana, ubwenge, no gushaka ubutabera bishobora guhindura ubuzima, ndetse n’igihe umuntu afunzwe arengana. Igifungo cy’akarengane mu mwaka wa 1991, Isaac Wright Jr. yari umuproducer w’umuziki utuye muri New Jersey, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ubuzima bwe bwahindutse akaga ubwo yafatwaga agashinjwa kuba […]
Umushinga Green Gicumbi wita ku bidukikije wasoje imirimo yawo ku mugaragaro ku wa Gatanu, tariki 29 Gicurasi 2026, nyuma y’imyaka 6 wari umaze ukorera ibikorwa binyuranye mu Karere ka Gicumbi. Uyu mushinga ushamikiye kuri Minisiteri y’Ibidukikije wageze mu mirenge 9 kuri 21, mu bikorwa byo kubungabunga icyogogo cy’Umuvumba cyari cyarangiritse kandi ari cyo gifatiye runini […]
Ibiciro bya peteroli ku masoko mpuzamahanga byagabanutse ku kigero kiri hafi ya 6%, nyuma y’uko hagaragaye ibimenyetso byerekana ko ibiganiro hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran bishobora kuganisha ku masezerano yo kugabanya amakimbirane amaze igihe hagati y’impande zombi. Amakuru y’ubucuruzi agaragaza ko igiciro cya peteroli yo mu bwoko bwa Brent cyamanutseho hafi […]
Ubushakashatsi bushya bwakozwe n’Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda (ARJ) bwagaragaje ko nubwo abanyamakuru benshi bafite amashuri makuru, imibereho yabo ikomeje kuba ikibazo gikomeye kubera imishahara mike n’akazi kadahoraho. Raporo ya 2026 Rwanda Media Sector Mapping yerekanye ko abarenga 78% by’abakora umwuga w’itangazamakuru bafite nibura impamyabumenyi ya kaminuza, mu gihe hafi kimwe cya kabiri cyabo bize amasomo […]
Mu Ishuri ry’Amahugurwa ry’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora riri i Rwamagana [RCS Training School] kuri uyu wa Gatanu tariki 22 Gicurasi 2022 habereye umuhango wo gusoza amahugurwa y’abofisiye bato 146 binjiye muri uru rwego. Ni abanyamwuga bamaze igihe bahugurwa, bahabwa amasomo azabafasha kuzakora neza inshingano zitandukanye bazahabwa na RCS. Ni umuhango witabiriwe na Minisitiri w’Umutekano […]
Ikinyamakuru BTN TV cyatangaje ko kimaze igihe gihura n’imbogamizi mu kubona amakuru atangwa n’Umujyi wa Kigali, gisaba inzego zitandukanye kwibutsa Umuvugizi w’uyu mujyi, Emma Claudine, inshingano zo gutanga amakuru ku bitangazamakuru. Mu butumwa cyashyize ku rubuga nkoranyambaga X, BTN TV yavuze ko hari inkuru nyinshi cyagiye gishaka gutangaho ibisobanuro biturutse ku buyobozi bw’Umujyi wa Kigali, […]
