author

Umuhanzi Paddy K yageneye ubutumwa abanyarwanda kubera ko atarabasha kureba 1000 hills derby ngo ashyigikire Kwizera Olivier

Umuhanzi w’umunyanigeria Paddy K yiseguye kubanyarwanda kubera atarabasha kwifatanya nabo mugushyigikira Kwizera Olivier mumukino urahuza Rayon Sports na APR FC muri 1000 Hills derby uyu munsi, ninyuma yaho Kwizera yamukindishije abanyarwanda mundirimbo ye irigukundwa cyane muriyiminsi yitwa anxiety. Mubutumwa uyumuhanzi Paddy K yacishije kurukuta rwe rwa Instagram yagize ati: “Ndababaye kuba ntaribubashe kuba ndi kumwe […]

Umuhanzi w’icyamamare Olivia Rodrigo agiye kugaragara ku mwambaro wa FC Barcelona mu mukino ukomeye wa El Clásico, binyuze mu bufatanye na Spotify.

Umuhanzikazi Olivia Rodrigo akomeje kuvugisha abantu nyuma yo gutungurana agashyirwa ku mwambaro wa FC Barcelona, uyu muhanzikazi wegukanye ibihembo bya Grammy azagaragara ikirango cye ku mwambaro wa Barça ubwo bazahura na Real Madrid ku wa 10 Gicurasi, bityo abe abaye umuhanzi ukiri muto ubikoze binyuze mu bufatanye bw’iyi kipe na Spotify. Mu mukino uzahuza Barcelona […]

Ikipe ya Sabah FC ikinamo Umunyarwanda Joy-Lance Mickels yegukanye igikombe cya shampiyona ya Azerbaijan ya 2025/26

Ikipe ya Sabah FC yegukanye igikombe cya shampiyona ya Azerbaijan (Misli Premyer Liqası) ya 2025/26 ku nshuro ya mbere mu mateka yayo. Ni intsinzi ikomeye cyane kuko bayegukanye hasigaye imikino ine ngo shampiyona irangire. Ku wa 30 Mata 2026, ikipe ya Neftçi PFK yatsinze Qarabağ FK ibitego 2–1 bishimangira ko Sabah FC itwaye igikombe bidasubirwaho. […]

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ku mugaragaro ko rishyigikiye Gianni Infantino kongera kwiyamamariza kuyobora FIFA muri manda ya 2027–2031

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ku mugaragaro ko rishyigikiye Gianni Infantino kongera kwiyamamariza kuyobora FIFA muri manda ya 2027–2031. Ibi byatangajwe binyuze ku mbuga nkoranyambaga n’urubuga rwa FERWAFA, aho bagaragaje ko bishimiye gushyigikira uyu muyobozi usanzwe uyoboye FIFA kuva mu 2016. Iki cyemezo cya FERWAFA kijyanye n’indi myanzuro yafashwe n’ibihugu byo ku mugabane […]

Perezida william Ruto yakiriye Sebastian Sawe nyuma yo gukora amateka muri London marathon anamuhemba bikomeye

Perezida wa Kenya William Ruto yakiriye ku mugaragaro Umunyakenya Sebastian Sawe kuri uyu wa kane tariki 30 Mata 2026, amushimira anamuha ishimwe ryihariye nyuma yo kwandika amateka mashya mu gusiganwa ku maguru, aho yashyizeho agahigo gashya k’isi muri marato yabereye i Londres izwi nka London Marathon. Umukinnyi w’Umunyakenya Sebastian Sawe yanditse amateka mashya muri marato, […]

UEFA na CAF byashyize umukono ku masezerano y’ingenzi agamije guteza imbere umupira w’amaguru ku migabane yombi

Ku wa Gatatu i Vancouver muri Canada perezida wa UEFA Aleksander Čeferin na perezida wa CAF Patrice Motsepe mu rwego rwo kurushaho guteza imbere umupira w’amaguru no kuwugira igikoresho cy’ubumwe n’iterambere rusange, impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’u Burayi (UEFA) n’iy’Afurika (CAF) byashyize umukono ku masezerano y’imikoranire (MoU) azamara kugeza ku wa 30 Kamena 2031. […]

RPL yamaze guhindurirwa izina ubu yitwa BK Pro League

Kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Mata 2026 Bank of Kigali yasinyanye amasezerano na Rwanda Premier League angana na miliyari 3.25 z’amafaranga y’u Rwanda. Aya masezerano azamara imyaka itanu n’igice, atangiza ku mugaragaro izina rishya rya shampiyona BK Pro League agamije kuzamura urwego, ubunyamwuga n’iterambere ry’umupira w’amaguru mu Rwanda. Aya masezerano azamara imyaka itanu n’igice […]

Papa Pope Leo XIV Asoje Urugendo rwe rwa mbere muri Afurika atwaye “Ubutunzi butagereranywa bw’ukwizera, icyizere n’urukundo”

I Malabo, Equatorial Guinea kuri uyu wa Kane tariki 23 Mata 2026, Papa Leo XIV yasezeye ku mugabane wa Afurika, asoje urugendo rwe rwa mbere rw’ivugabutumwa rwamaze iminsi 11, rwamugejeje mu bihugu bine byo ku mugabane wa Afurika. Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku isi yose yasoreje uru rugendo mu Misa ikomeye yabereye kuri Stade ya […]

Kuki abantu bari guhindura Kylian Mbappé umunyagitugu? Ibisobanuro bya meme ya Dictator Mbappé

Murinominsi hari gucicikana amafoto, amavidewo kumbuga nkoranyambaga y’umukinnyi wa Real Madrid n’ubufaransa muburyo bwa memes yambaye imyenda ya gisirikare agaragara nk’umunyagitugu, ujya wibaza aho byaturutse? Iyi meme yatangiye hafi mu 2024, nyuma y’uko Mbappé yashatse gufatira ibyemezo mu mategeko unyamakuru/umuinfluencer w’Umufaransa witwa Mohamed Henni, wari wamwise izina atebya ashyira izina rye ku ifunguro rya kebab.Henni […]

Aliko Dangote agiye kubaka uruganda rutunganya ibikomoka kuri peteroli nyuma y’icyemezo cya Yoweri Museveni cyo guhagarika Kohereza imitungo kamere idatunganyije hanze y’Afurika

Umunyemari ukize kurusha abandi muri Afurika, Aliko Dangote, yashimye icyemezo cya Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, cyo guhagarika kohereza hanze amabuye adatunganije, aniyemeza kubaka uruganda runini rutunganya peteroli (refinery) mu mujyi wa Tanga muri Tanzania. Ibi Dangote yabitangaje mu nama ya Africa We Build Summit 2026 yabereye i Nairobi kuri uyu wa Kane, aho yashimye […]