Cristiano Ronaldo yatengushye abafana be nyuma yuko Portugal inganyije na DR Congo 1-1

author
1 minute, 46 seconds Read

Ku myaka 41 n’iminsi 132, Cristiano Ronaldo yanditse amateka yo kuba umukinnyi wo mu kibuga ukuze kurusha abandi watangiye umukino w’Igikombe cy’Isi cya FIFA mumukino wabereye Houston muri Texas Tariki ya 17 Kamena 2026. Yayoboye ikipe y’igihugu ya Portugal mu mukino wa mbere wo mu Itsinda K yakinnye na Democratic Republic of the Congo kuri Stade ya NRG Stadium.

Umukino benshi bari biteze ko Portugal itsinda bitagoranye wahindutse ikigeragezo gikomeye kubera uburyo DR Congo yihagararaho mu bwugarizi, bituma amakipe yombi anganya igitego 1-1, ibintu byasize Ronaldo na Portugal bafite byinshi byo kwibazwaho.

Ronaldo, uri gukina Igikombe cy’Isi cye cya gatandatu kandi bishobora kuba ari n’icya nyuma, yakinnye iminota yose 90. Uyu mukinnyi wegukanye Ballon d’Or inshuro eshanu yakomeje kwerekana ko imyaka atari yo imubuza gukomeza guhatana ku rwego rwo hejuru.

Portugal yafunguye amazamu ku munota wa 6, ubwo João Neves yateraga umutwe mwiza wavuyemo igitego, ibintu byahise bishimisha abafana ba Portugal.

Ariko DR Congo, yagarutse mu Gikombe cy’Isi bwa mbere kuva mu 1974, ntiyacitse intege. Mu minota y’inyongera y’igice cya mbere, Yoane Wissa yatsinze igitego cyiza cy’umutwe, ahita yandika amateka yo gutsindira DR Congo igitego cya mbere ndetse no kuyihesha inota rya mbere mu mateka yayo mu Gikombe cy’Isi.

Nubwo Portugal yihariraga umupira hafi ya 75%, ntiyabashije kubyaza umusaruro amahirwe yabonye. Ronaldo yagerageje amashoti atatu yose ntiyajya mu izamu, kandi ntiyabonye amahirwe menshi imbere y’izamu.

Abasesenguzi, barimo Thierry Henry, bavuze ko hari ibihe Ronaldo yashoboraga guha umwanya abandi bakinnyi bari bahagaze neza kurushaho. Gusa umutoza Roberto Martínez yakomeje gushimangira ko Ronaldo agomba gusuzumwa hashingiwe ku musaruro atanga ubu, aho kureba imyaka afite.

Nyuma y’uku kunganya: Colombia iri ku mwanya wa mbere mu itsinda nyuma yo gutsinda umukino wayo wa mbere, Portugal ifite inota rimwe, DR Congo nayo ifite inota rimwe.

Portugal izahura na: Uzbekistan ku wa 23 Kamena i Houston. Colombia ku wa 27 Kamena i Miami.

Kuri Ronaldo, uyu mukino wongereye indi paji ku rugendo rwe rudasanzwe mu mupira w’amaguru. N’ibitego birenga 140 yatsindiye Portugal ndetse n’intego yo kugera ku bitego 1,000 mu mwuga we, aracyafite inyota yo gutsinda.

Nk’uko umwe mu bafana yabivuze nyuma y’umukino: “Ku myaka 41, kuba akiri hano yandika amateka ni igitangaza. Ariko GOAT aracyafite inyota yo kwegukana Igikombe cy’Isi.”

About The Author

Inkuru bihuye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *