Netflix yashyize hanze Season 3 ya Tyler Perry’s Beauty in Black, ku wa 27 Kanama 2026, filime y’uruhererekane yagaragaje ko ikomeje kuba imwe mu nkuru zikomeye za Tyler Perry kuri Netflix Iyi Beauty in Black yakozwe na Tyler Perry, akaba ari umwanditsi, umukinnyi wa filime, director na producer w’Umunyamerika. Ni we wayanditse, akayiyobora ndetse akayitunganya […]
Kapiteni wa Manchester United, Bruno Fernandes, yegukanye igihembo cya PFA Players’ Player of the Year cy’umwaka w’imikino wa 2025/26, nyuma yo gutorwa na bagenzi be bakina umupira w’amaguru. Igihembo gisoza umwaka udasanzwe kuri Fernandes, kuko mbere yari yanegukanye Premier League Player of the Season ndetse na FWA Footballer of the Year. Uyu mukinnyi w’Umunya-Portugal, wari […]
Nsengimana Joseph, Minisitiri w’Uburezi, yatumiwe mu gitaramo cy’urwenya ‘Gen-Z Comedy’ cyahariwe gusezera abanyeshuri bagiye kuva mu biruhuko, basubira ku masomo. Igitaramo giteganyijwe kubera muri Camp Kigali ku wa 27 Kanama 2026, aho byitezwe ko Minisitiri Nsengimana azaganiriza urubyiruko ruzacyitabira ku ngingo zitandukanye zijyanye na gahunda z’uburezi bw’u Rwanda. Minisitiri w’Uburezi azanatanga ubutumwa bw’impamba ku banyeshuri […]
Ikipe y’abagore ya Rayon Sports WFC yitwaye neza ku Cyumweru, tariki ya 23 Kanama 2026, itsinda Denden WFC yo muri Eritrea ibitego 3-0, mu mukino wa CECAFA wo gushaka itike ya CAF Women’s Champions League wabereye kuri Kigali Pelé Stadium. Rayon Sports, ari yo ihagarariye u Rwanda muri iri rushanwa, yabonye intsinzi yayo ya mbere […]
Igitaramo cya Usher na Chris Brown cyabaye mu ijoro ryo ku wa 17 Kanama 2026, cyitabiriwe n’umuhanzi Platin P aho yatashye ahamya ko nubwo Amerika yateye imbere, ibyishimo by’abakunzi b’umuziki ntaho bitaniye n’ibyo yabonye mu bitaramo King James aherutse gukorera i Kigali. Platini ubwo yabazwaga umwihariko yabonye mu gitaramo cya Usher na Chris Brown yitabiriye, […]
Shizzo umuraperi uherutse kurushinga n’umunyamakuru Kayitesi Yvonne uzwi nka Tessy yateye utwatsi amakuru yo gutabwa muri yombi, avuga ko ari mu rugo kandi ari mu mudendezo. Aya makuru y’itabwa muri yombi rya Shizzo yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga ku mugoroba w’itariki 17 Kanama 2026, aho byavugwaga ko yitabye Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) ngo yisobanure ku magambo amaze […]
Ku wa 15 Kanama 2026 mu ijoro, Nel Ngabo ari kumwe na Kivumbi King ndetse n’Umunya-Nigeria C Kay, bataramiye mu iserukiramuco rya ‘AfrOstrava 2026’ ryari rimaze iminsi ribera muri Repubulika ya Tchèque kuva ku wa 14 Kanama 2026. Nel Ngabo muri iki gitaramo yatanze ibyishimo ku bakunzi be mu ndirimbo zirimo ‘Muzadukumbura’, ‘Nywe’ na ‘Zoli’, […]
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwasabye mu buryo bukomeye ibyamamare n’abahanzi mu Rwanda kugaragara mu rugamba rwo guca burundu ibinyobwa bitujuje ubuziranenge bizwi nk’ ‘Ibyuma’, rugasaba ko bakoresha ubwamamare bwabo mu kwerekana ko bari baribeshye no gukangurira abaturage kuzirinda. Ubu ubutumwa bwatanzwe na Dr. Murangira B. Thierry, Umuvugizi wa RIB, kuri uyu wa Kane tariki ya 13 […]
Umuhanzi w’icyamamare umaze imyaka 18 yose mu muziki, Mugisha Benjamin (The Ben), yagiriye inama zikomeye urubyiruko rushaka kwinjira mu buhanzi n’imyidagaduro, abasaba gushishoza no kumenya gutandukanya icyo kubona abantu benshi bakureba (gushungerwa) bivuze n’ukuri kw’abakunda ibyo ukora (gukundwa). Ibyo The Ben yabivuze ku wa 13 Kanama 2026, mu kiganiro ‘Meet me tonight’ gishingiye ku gitaramo […]
Mu kiganiro inyumva nkumve cyangwa imbonankubone Live cyabaye ku ikoranabuhanga kuri uyu wa 12 kanama 2026, urubyiruko rwiganjemo abakoresha imbuga nkoranyambaga bakunze kwita (influencers) baganiriye biratinda cyane cyane ku bijyanye n’inzoga zitujuje ubuziranenge zimaze kuba umwanzi w’abanyrwanda muri iki gihe. Iki kiganiro cyari cyateguwe na Burikanu na Buringuni ndetse kitabirwa, kinakurikirwa n’abandi bamenyerewe cyane muri […]
