Umushoramari Coach Gael (Karomba Gael), washinze inzu ifasha abahanzi ya 1:55AM, yatangaje ku mugaragaro ko amasezerano y’imyaka itanu yari afitanye n’umuhanzi Bruce Melodie arimo kugana ku musozo, gusa ashimangira ko impande zombi ziri mu ibiganiro byo kureba niba yarusheho kongerwa. Ibi Coach Gael yabigarutseho mu kiganiro n’abanyamakuru, aho yakuyeho urujijo ku bihuha bimaze iminsi bijyanye […]
Inseko nziza ntabwo iza umuntu akuze. Itangirira ku myitwarire n’uburere umwana ahabwa kuva akiri muto, ndetse mbere y’uko iryinyo rye rya mbere rimera mu kanwa. Ubuzima bwo mu kanwa ni igice cy’ingenzi mu buzima bw’umuntu, kandi ibibazo by’amenyo ni bimwe mu bibazo by’ubuzima bikunze kugaragara ku isi. Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) rivuga […]
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri uyu wa Kane, itariki 13 Kanama 2026, rweretse itangazamakuru abantu 18 barimo Prof. Emile Bienvenu, wari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw’Imiti n’Ibiribwa (Rwanda FDA), bakurikiranweho ibyaha bitandukanye bifitanye isano n’uburangare n’amakosa mu micungire y’ubuziranenge cyane cyane bw’ibinyobwa. Mu berekanywe na RIB, harimo abakozi 10 bakorera mu kigo cya […]
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Telesphore Ndabamenye yagaragaje ko igihugu cyafashe ingamba zo gukingira amatungo indwara y’uburenge bityo bizatuma inyama zongera kuboneka ku isoko ndetse n’ibiciro byazo bikagabanyuka. Mu gihe gito gishize, amasoko y’inyama mu Rwanda yaguye mu mazi abira kuko igiciro cy’ikiro cy’inyama cyane cyane iz’inka aho cyatumbagiye mu buryo butandukanye n’ubusanzwe. Ibi bikaba biterwa […]
Abofisiye 146 ndetse n’abasirikari bato mu ishami rishinzwe imyitwarire no kurinda abayobozi (Military Police) muri RDF, basoje amahugurwa y’ibyumweru birindwi yari amaze iminsi abera mu Rwanda, asiga ahaye aba bose ubushobozi n’ubunyamwuga buhanitse. Ibirori byo gusoza aya mahugurwa byabaye ku wa 11 Kanama 2026, bikaba byayobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga. Iki […]
Bralirwa Plc yatangaje ko mu mezi atandatu ya mbere ya 2026 yungutse miliyari 25.3 Frw nyuma yo kwishyura imisoro, inyungu yazamutseho 37.6% ugereranyije na miliyari 18.4 Frw yari yabonye mu gihe nk’icyo cya 2025. Raporo y’imari yarangiye ku wa 30 Kamena 2026 igaragaza ko uru ruganda rwinjije miliyari 149.8 Frw, zivuye kuri miliyari 124.9 Frw, […]
kigo cy’Igihugu Gishinzwe Kugenzura Ibiribwa n’Imiti (Rwanda FDA) cyasobanuye impamvu zashingiweho hafatwa icyemezo cyo guhagarika ibikorwa by’inganda 109 zakoraga ibinyobwa bisindisha, birimo n’inzoga zizwi cyane ku izina ry’ “Ibyuma”, ndetse gitegeka ko ibinyobwa byose byakorewe muri izo nganda bikurwa ku isoko. Iki cyemezo cyatangajwe n’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Kugenzura Ibiribwa n’Imiti (Rwanda FDA), cyafashwe mu rwego […]
Abantu barenga ibihumbi 65 bamaze kuva mu byabo nyuma y’inkongi y’umuriro ikomeye yibasiye Umujyi wa Spokane, uherereye muri Leta ya Washington, mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Iyi nkongi imaze gutwika inyubako amagana ndetse hari nibindi byangiritse bikomeye. Iyi nkongi yiswe Old Trails Fire yatangiye ku wa Gatandatu, tariki ya 1 […]
Umunyarwenya ukomeye ukomoka mu gihugu cya Uganda, Saad Ssozi wamamaye cyane ku izina rya Rango Tenge Tenge, yageze i Kigali kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 29 Nyakanga 2026, aho azanye n’itsinda rimuherekeje harimo n’umuryango we. Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ubwo yasesekaraga i Kigali, yabajijwe uko yiyumva bitewe nuko ari ubwa mbere yari ahageze, agira […]
Minisitiri w’Ubutabera Dr. Ugirashebuja Emmanuel yatangaje ko mu mwaka wa 2025 u Rwanda rwagaruye abantu 289 bari bagiye gucuruzwa mu bihugu bitandukanye byo ku Isi. Yabitangaje kuri uyu wa Kane, mu kiganiro yagiranye n’Abasenateri bagize Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Umutekano ku ngamba zo guhangana n’ibyaha by’icuruzwa ry’abantu. Muri iki kiganiro kigamije kurebera hamwe ingamba […]
