Ku itariki ya 7 Mata 1994, ni bwo Interahamwe n’umutwe w’abasirikare barindaga Perezida Habyarimana Juvénal batangiye gushyiraho amabariyeri mu duce twinshi tw’Umujyi wa Kigali, banatangira ibikorwa byo kwica Abatutsi. Uwari Minisitiri w’Intebe, Uwilingiyimana Agathe, hamwe n’abasirikare icumi b’Ababiligi bo mu ngabo z’Umuryango w’Abibumbye bari bashinzwe umutekano we, bishwe n’abasirikare ba Leta y’u Rwanda, mbere bakorewe […]
Umurenge wa Nkotsi wo mu Karere ka Musanze wamuritse umushinga munini wo kuvugurura agace ndangamateka ka Buhanga kwa Gihanga, kazwi cyane mu mateka y’u Rwanda. Biteganyijwe ko uyu mushinga uzatwara arenga miliyari 109 z’amafaranga y’u Rwanda, angana na miliyoni 75 z’amadolari ya Amerika. Buhanga kwa Gihanga giherereye mu Mudugudu wa Barizo, Akagari ka Bikara mu […]
Urwego Ngenzuramikorere mu Rwanda (RURA) rwatangaje ibiciro bishya by’ingendo mu modoka zitwara abagenzi, mu buryo bwa rusange nyuma yuko Intambara iri kubera muburasurazuba bwo hagati yakomye mu nkora kuboneka kw’ibikomoka kuri peteroli. Iri hinduka rije rikurikira izamuka rikomeye ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli, aho ku nshuro ya mbere mu mateka y’u Rwanda, lisansi na mazutu byarenze […]
Urwego Ngenzuramikorere, RURA, rwatangaje ibiciro bishya by’ingendo bisimbura ibyari bimaze imyaka ibiri bikoreshwa. Izi mpinduka zije zikurikiye izamuka rikomeye mu mateka y’u Rwanda y’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli kuko bwa mbere, Lisansi na Mazutu byarenze 2000 Frw, kimwe kikagera kuri 2.303 Frw ikindi aba 2.205 Frw. Mu Mujyi wa Kigali, umugenzi azajya yishyura 59.28 Frw kuri […]
Mu gitondo cyo ku wa Kane, tariki ya 2 Mata 2026, mu Karere ka Rusizi, Umurenge wa Nyakabuye, habereye amahano aho umugabo yagejeje umugore n’abana ku munsi w’imperuka, ashaka kubatwikira mu nzu nyuma yo gushyamirana n’umugore we bapfuye amafaranga y’itsinda. Uyu mugabo witwa Kwizera Eric, w’imyaka 29, yatawe muri yombi n’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) nyuma y’aho […]
Mu mpera z’iki cyumweru kuwa 2 Mata 2026, Inama y’Abaminisitiri yateranye yize ku ngingo zitandukanye zireba ubuzima bw’igihugu, guhera ku mateka, ubukungu, kugeza ku mavugurura mu buyobozi bukuru bw’igihugu. Ingingo yabanje kwitabwaho cyane ni imyiteguro yo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Guverinoma yatangaje ko icyumweru cy’icyunamo kizatangira ku itariki ya […]
Iperereza rikorerwa Niyigaba Clement, uzwi nka DC Clement, ryahawe indi nshuro ikomeye nyuma y’aho Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rugaragarije ko uyu mugabo ubu noneho atangiye gukurikiranwaho n’icyaha cya ruswa. Ibi bije byiyongera ku byaha by’ibanze yari yafatiweho birimo kwangiza ibintu by’undi no kurwanya ububasha bw’amategeko. Iki kibazo cyatangiye mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Mata 2026, […]
Mu gace ka Nyabugogo hamaze igihe havugwa ubujura bukabije, ariko nyuma yuko abahakorera bagaragaje cyuko hari abajura babatega mu masaha ya nijoro bakabambura ibyo bafite cyane cyane amatelefone, Polisi yaje kubikurikirana kuri uyu wa Mbere tariki 1 Mata 2026, Polisi ikaba yafashe abantu 11 bakekwaho ubwo bujura. ubu bujura bwakorerwaga abacururiza mu isoko ry’ahazwi nko […]
Mu kagali ka Bujyujyu mu murenge wa muyumbo wo mu karere ka Rwamagana Haburanishijwe imanza 2 zose zifitanye isano n’ubwicanyi, aho muri zo harimo urubanza rw’ubwicanyi ndengakamere rw’umugabo wishe umugore we n’umwana we abakubise isuka mu mutwe. Uru rubanza hamwe n’urundi zaburanishijwe mu ntangiriro z’iki cyumweru tariki ya 24 werurwe 2026 Rubera kubiro by’akagari, aho […]
Nkuko byatangajwe n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyarusange Byicaza Jean Claude wo mu karere ka Muhanga, imodoka yari itwawe n’umushoferi witwa Mugwaneza Idrissa wakoreraga campany y’abashinwa yaguye mu mugezi wa nyabarongo uwo mushoferi ahasiga ubuzima. Iyi mpanuka yabereye mu Mudugudu wa Murambi, Akagari ka Musongati, Umurenge wa Nyarusange, mu Karere ka Muhanga Byicaza Jean Claude Avuga […]
