Umuhanzi w’icyamamare Akon yatangaje ko yigeze kwishyurwa amafaranga agera kuri miliyoni z’amadolari kugira ngo aririmbe mu birori by’umuryango w’abaherwe, ariko agezeyo asanga abari mu birori ari abantu batatu gusa. Akon yavuze ko yari yiteze gukora igitaramo kinini cyitabiriwe n’abantu benshi. Icyamutangaje kurushaho ni uko umukobwa wo muri uwo muryango yamusabye kumuririmbira indirimbo ye yamamaye, “Lonely”, […]
Bralirwa Plc yatangaje ko mu mezi atandatu ya mbere ya 2026 yungutse miliyari 25.3 Frw nyuma yo kwishyura imisoro, inyungu yazamutseho 37.6% ugereranyije na miliyari 18.4 Frw yari yabonye mu gihe nk’icyo cya 2025. Raporo y’imari yarangiye ku wa 30 Kamena 2026 igaragaza ko uru ruganda rwinjije miliyari 149.8 Frw, zivuye kuri miliyari 124.9 Frw, […]
Umunyarwenya Kazungu Emmanuel, uzwi cyane nka Mitsutsu, yamenyesheje abamukurikira inkuru y’incamugongo y’urupfu rwa murumuna we witabye Imana mu ijoro ryo ku wa 6 rishyira ku wa 7 Kanama 2026. Uyu musore yari amaze imyaka ibiri avurirwa mu bitaro bitandukanye, aho yabanje kwitabwaho muri CHUK nyuma akimurirwa mu Bitaro bya Gisirikare bya Kanombe, ari na ho […]
Emilie Vansteenkiste wabaye Nyampinga w’u Bubiligi mu 2023 ari hamwe n’umukunzi we, Jonas, bari mu rugo bakomeje kwitabwaho nyuma yo kurokoka impanuka ikomeye y’imodoka yabasigiye ibikomere bikomeye. Iyi mpanuka yabaye ku wa 31 Nyakanga 2026 hafi y’Umujyi wa Marche-en-Famenne mu Bubiligi, ubwo bari bagiye mu Budage bitabiriye urugendo rwahuriyemo abakunzi b’imodoka za kera, nyuma yo […]
Pamella yahaye amasaha 24 abakwirakwiza ibihuha ku buzima bwe mbere yo kubarega. Pamella yahaye amasaha 24 abantu bose bakomeje gukwirakwiza ibihuha bimwerekeyeho ku mbuga nkoranyambaga, abasaba kubisiba bitaba ibyo akitabaza inzego z’ubutabera. Ibi abitangaje nyuma y’iminsi myinshi hacicikana amakuru avuga ko we n’umugabo we, The Ben, batakibanye neza, hakaba n’andi makuru atandukanye yakomeje gushingira kuri […]
Ku isaha ya saa munani z’igicuku cyo kuri uyu wa Gatanu, ni bwo ku kibuga cy’indege cya Kigali i Kanombe hageze abashyitsi b’imena barimo Umunyamerika Ashton Hall, Indian Ashton Hall, hamwe n’umunyarwanda Ashton Small uzwi nka Kagarara. Aba bageze mu Rwanda bava mu gihugu cya Bénin, aho bari bamaze iminsi bazenguruka ibuhugu bya Afurika.Nubwo bari […]
Umukinnyi w’icyamamare mu mupira w’amaguru, Kylian Mbappé, yashyize ahagaragara itangazo rikomeye asubiza Senateri wo muri Paraguay, Celeste Amarilla, nyuma y’amagambo y’ivanguraruhu uyu mugore yamwanditseho nyuma y’umukino w’ikiciro cya 1/8 cy’irangiza mu Gikombe cy’Isi cya 2026, aho u Bufaransa bwatsinze Paraguay igitego 1-0. Nyuma y’uwo mukino, Senateri Amarilla yanditse ku rubuga rwa X amagambo yibasira Mbappé, […]
Imyidagaduro n’umupira w’amaguru byahujwe n’ikibazo gikomeye nyuma y’aho umunyamerika w’icyamamare ku mbuga nkoranyambaga, IShowSpeed, avuze ko yakorewe ivanguraruhu n’umufana w’ikipe ya Argentine. Ibi byabereye kuri Hard Rock Stadium ku wa 3 Nyakanga 2026, ubwo uyu musore yari yitabiriye umukino w’Igikombe cy’Isi wahuzaga Argentine na Cabo Verde. Ubwo IShowSpeed yari yambaye umwambaro w’ikipe ya Cabo Verde […]
Mu gihe imbuga nkoranyambaga n’ibiganiro by’abakunzi b’umuziki byiganjemo impaka zishingiye ku kumenya uwarushije undi mu bitaramo bya Summer Country Tour, abahanzi ubwabo, The Ben na Bruce Melodie, bo bagaragaje ikinyabupfura n’ubunyamwuga bidasanzwe. Aba bahanzi bombi baciye bugufi, bemera ku mugaragaro imbaraga za mugenzi wabo, ibintu bitandukanye cyane n’uko abafana babo babyakira. Mu kiganiro aherutse kugirana […]
Igitaramo cya Summer Country Tour cyabereye i Bugesera ku wa Gatandatu tariki ya 27 Kamena 2026, cyasize urwikekwe n’ibibazo byinshi ku bafana, nyuma y’uko umuhanzikazi Bwiza atagaragaye ku rubyiniro nk’uko byari byitezwe. Nubwo impamvu y’impanuka yari itangajwe, ukuri kw’ibyabaye inyuma y’inyegamo (backstage) kugaragaza amakimbirane y’imyitwarire hagati y’uyu muhanzikazi na mugenzi we Kitoko Bibarwa. Imizi y’impaka […]
