author

Akon yahamagajwe nk’umuhanzi w’akataraboneka, agezeyo asanga aririmbira abantu batatu

Umuhanzi w’icyamamare Akon yatangaje ko yigeze kwishyurwa amafaranga agera kuri miliyoni z’amadolari kugira ngo aririmbe mu birori by’umuryango w’abaherwe, ariko agezeyo asanga abari mu birori ari abantu batatu gusa. Akon yavuze ko yari yiteze gukora igitaramo kinini cyitabiriwe n’abantu benshi. Icyamutangaje kurushaho ni uko umukobwa wo muri uwo muryango yamusabye kumuririmbira indirimbo ye yamamaye, “Lonely”, […]

Agahinda kari kose mu muryango wa Mitsutsu nyuma y’urupfu rwa murumuna we wari umaze imyaka ibiri arwaye

Umunyarwenya Kazungu Emmanuel, uzwi cyane nka Mitsutsu, yamenyesheje abamukurikira inkuru y’incamugongo y’urupfu rwa murumuna we witabye Imana mu ijoro ryo ku wa 6 rishyira ku wa 7 Kanama 2026. Uyu musore yari amaze imyaka ibiri avurirwa mu bitaro bitandukanye, aho yabanje kwitabwaho muri CHUK nyuma akimurirwa mu Bitaro bya Gisirikare bya Kanombe, ari na ho […]

Amashusho y’ibyishimo yahindutse amarira: Miss Belgique 2023 ntiyorohewe

Emilie Vansteenkiste wabaye Nyampinga w’u Bubiligi mu 2023 ari hamwe n’umukunzi we, Jonas, bari mu rugo bakomeje kwitabwaho nyuma yo kurokoka impanuka ikomeye y’imodoka yabasigiye ibikomere bikomeye. Iyi mpanuka yabaye ku wa 31 Nyakanga 2026 hafi y’Umujyi wa Marche-en-Famenne mu Bubiligi, ubwo bari bagiye mu Budage bitabiriye urugendo rwahuriyemo abakunzi b’imodoka za kera, nyuma yo […]

Nyuma yo guceceka igihe kirekire, Pamella yahaye abamuvuzeho ibinyoma amasaha 24

Pamella yahaye amasaha 24 abakwirakwiza ibihuha ku buzima bwe mbere yo kubarega. Pamella yahaye amasaha 24 abantu bose bakomeje gukwirakwiza ibihuha bimwerekeyeho ku mbuga nkoranyambaga, abasaba kubisiba bitaba ibyo akitabaza inzego z’ubutabera. Ibi abitangaje nyuma y’iminsi myinshi hacicikana amakuru avuga ko we n’umugabo we, The Ben, batakibanye neza, hakaba n’andi makuru atandukanye yakomeje gushingira kuri […]

Kylian Mbappé yashyize ahagaragara Itangazo rikomeye ryo kwamagana Ivanguraruhu rya Senateri Celeste Amarilla

Umukinnyi w’icyamamare mu mupira w’amaguru, Kylian Mbappé, yashyize ahagaragara itangazo rikomeye asubiza Senateri wo muri Paraguay, Celeste Amarilla, nyuma y’amagambo y’ivanguraruhu uyu mugore yamwanditseho nyuma y’umukino w’ikiciro cya 1/8 cy’irangiza mu Gikombe cy’Isi cya 2026, aho u Bufaransa bwatsinze Paraguay igitego 1-0.​ Nyuma y’uwo mukino, Senateri Amarilla yanditse ku rubuga rwa X amagambo yibasira Mbappé, […]

Ivanguraruhu ryakorewe IShowSpeed ryagarutsweho na FIFA

Imyidagaduro n’umupira w’amaguru byahujwe n’ikibazo gikomeye nyuma y’aho umunyamerika w’icyamamare ku mbuga nkoranyambaga, IShowSpeed, avuze ko yakorewe ivanguraruhu n’umufana w’ikipe ya Argentine. Ibi byabereye kuri Hard Rock Stadium ku wa 3 Nyakanga 2026, ubwo uyu musore yari yitabiriye umukino w’Igikombe cy’Isi wahuzaga Argentine na Cabo Verde.​ Ubwo IShowSpeed yari yambaye umwambaro w’ikipe ya Cabo Verde […]

The Ben yiteguye kwishyura Bruce Melodie muri The Nu Year Groove 2027

Mu gihe imbuga nkoranyambaga n’ibiganiro by’abakunzi b’umuziki byiganjemo impaka zishingiye ku kumenya uwarushije undi mu bitaramo bya Summer Country Tour, abahanzi ubwabo, The Ben na Bruce Melodie, bo bagaragaje ikinyabupfura n’ubunyamwuga bidasanzwe. Aba bahanzi bombi baciye bugufi, bemera ku mugaragaro imbaraga za mugenzi wabo, ibintu bitandukanye cyane n’uko abafana babo babyakira.​ Mu kiganiro aherutse kugirana […]

Umwuka mubi hagati ya Bwiza na Kitoko Bibarwa watumye igitaramo gihindura isura.

Igitaramo cya Summer Country Tour cyabereye i Bugesera ku wa Gatandatu tariki ya 27 Kamena 2026, cyasize urwikekwe n’ibibazo byinshi ku bafana, nyuma y’uko umuhanzikazi Bwiza atagaragaye ku rubyiniro nk’uko byari byitezwe. Nubwo impamvu y’impanuka yari itangajwe, ukuri kw’ibyabaye inyuma y’inyegamo (backstage) kugaragaza amakimbirane y’imyitwarire hagati y’uyu muhanzikazi na mugenzi we Kitoko Bibarwa.​ Imizi y’impaka […]