Umuraperi Bebe Cool yatangaje ko yafashe umwanzuro wo guhagarika intambara y’amagambo yari amaze iminsi ahanganyemo na Miss Jolly Mutesi, nyuma y’ubuhuza bw’umugaba w’ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, Bebe Cool yemeje ko yagiranye ibiganiro kuri telefone na Gen. Muhoozi, akaba ari na we wamugiriye inama yo kureka guterana […]
Umwuka si mwiza hagati ya Miss Jolly Mutesi n’umuhanzi w’Umunya Uganda Bebe Cool, nyuma y’aho uyu mukobwa atangarije ko agiye kwiyambaza amategeko kubera ibirego uyu muhanzi amushinja, avuga ko ari ibinyoma byambaye ubusa bigamije kumwangiriza izina. Abanyamategeko ba Jolly Mutesi bamenyesheje Bebe Cool ko ibyo yatangaje byose nta shingiro bifite. Bagaragaje ko nta sano iyari […]
Nyampinga w’u Rwanda w’amateka, Jolly Mutesi, yaciye amarenga ko umuhanzi w’icyamamare wo muri Uganda, Bebe Cool, yaba yaguye mu mutego w’abamwiyitirira ku mbuga nkoranyambaga, nyuma y’aho uyu muhanzi amushinje kumutuburira yitwaje izina ry’u Rwanda n’ikipe ya Arsenal. Intambara y’amagambo yavutse ubwo Bebe Cool yandikaga kuri X (yahoze ari Twitter), ashinja Jolly Mutesi ko yamutekeye imitwe […]
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’abahanzi Vestine na Dorcas, aba bakobwa bamenyesheje abakunzi b’umuziki ko basezeye ku masezerano y’imikoranire bari bafitanye n’inzu ifasha abahanzi ya MIE. Nk’uko byasobanuwe muri iyi baruwa, uyu mwanzuro uje nyuma yo kubitekerezaho neza no kubyigaho. Aba bahanzi bashimangiye ko uyu mwanzuro wo guhagarika imikoranire uhita utangira gukurikizwa guhera uyu munsi.Mu magambo […]
Mu gihe sinema y’u Rwanda ikomeje kwagura imbibi, hari amazina yagiye aba inkingi za mwamba mu kugaragaza ubushobozi bw’abanyarwanda ku ruhando mpuzamahanga. Eliane Umuhire, umukinnyi w’amafilime wigaragaje kuva kera mu bikorwa bifite uburemere bw’ubuhanzi, yateye indi ntambwe ikomeye yinjira mu muryango w’Abanyabugeni b’i Burayi (European Film Academy). Iyi ntabwo ari intambwe isanzwe, ahubwo ni igihamya […]
Inkuru ya Isaac Wright Jr. ni kimwe mu bimenyetso bikomeye byerekana ko kwihangana, ubwenge, no gushaka ubutabera bishobora guhindura ubuzima, ndetse n’igihe umuntu afunzwe arengana. Igifungo cy’akarengane mu mwaka wa 1991, Isaac Wright Jr. yari umuproducer w’umuziki utuye muri New Jersey, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ubuzima bwe bwahindutse akaga ubwo yafatwaga agashinjwa kuba […]
Umuhanzi Florien Uworizagwira, uzwi cyane mu muziki Nyarwanda nka Yampano, yitabye Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kugira ngo yisobanure ku byaha bitandukanye akurikiranyweho n’Ubushinjacyaha. Mu iburanisha ryagarutse ku buzima bwe n’imibanire ye, uyu muhanzi yafashe umwanya wo kwisobanura ku byaha bikomeye ashinjwa.Mu buryo bw’iyemeracyaha, Yampano yemeye imbere y’urukiko ko yakoresheje urumogi mu bihe bitandukanye. Yavuze ko […]
Umunyezamu w’Ikipe y’Igihugu Amavubi ndetse n’ikipe ya Rayon Sports, Kwizera Olivier, akomeje kubera umugisha ukomeye abahanzi bakiri bato bo mu gihugu cya Nigeria, binyuze mu buryo bwihariye akoresha mu kumenyekanisha n’ugukundisha abanyarwanda indirimbo zabo. Mu minsi ishize, uyu munyezamu yagaragaye mu mashusho atandukanye aryoshye ari kuririmba indirimbo z’abahanzi bataramamara cyane, bituma zikurikirwa n’abantu benshi mu […]
Gutandukana gutunguranye kwa Iranzi The Rapper n’umuryango Sherrie Silver Foundation byabanje guteza urujijo n’impaka zikomeye. Uyu muryango wavugaga ko guhagarika imikoranire byatewe n’uko umwana atarangwaga n’indangagaciro zabo nko kwiga, imyitwarire myiza n’ubunyangamugayo. Ku rundi ruhande, Iranzi we yashinjaga umuryango kumubuzamo ubwisanzure, kumunaniza no gushaka kuzimya impano ye binyuze mu kumwohereza ku kigo gicumbikira abanyeshuri i […]
Rango Teng Teng, umwana w’Umugande yamenyekanye cyane ku isi kubera amashusho ye n’utubyiniriro dushimishije, kuri ubu ari mu gahinda n’umuryango we nyuma yo gushwana bikomeye na Michael Kabonge wahoze areberera inyungu ze (Manager) mu bya muzika n’ikoranabuhanga. Ikibazo nyamukuru cyavutse igihe umuryango wa Teng Teng umenyeye ko Kabonge (manager wa Teng) yahinduye ama-password (ijambo ry’ibanga) […]
