Uruhererekane rwa filime Fast & Furious, rumaze imyaka irenga 20 ruri mu zikunzwe cyane ku Isi no mu Rwanda by’umwihariko, rugiye gutangira icyiciro gishya nyuma y’uko icyamamare Vin Diesel atangaje ko uyu mushinga ugiye kwagurirwa kuri televiziyo. Uku kwaguka kuje nk’igisubizo ku byifuzo by’abafana bamaze igihe kirekire bifuza kumenya birambuye inkuru z’abakinnyi b’imena b’iyi filime […]
Mu mateka y’imyidagaduro yo mu Rwanda, gake cyane ni bwo hagaragara ubutwari bwo gutanga imbabazi mu bihe bikomeye biba byatanyije imitima n’imbaga y’abantu. Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 12 Gicurasi 2026, umuhanzi Uworizagwira Florien, uzwi nka Yampano, yanditse amapaji mashya mu buzima bwe, atangaza ko yahisemo inzira y’imbabazi n’ubwiyunge ku bantu bose bagize uruhare […]
Umuhanzikazi Ishimwe Vestine, umwe mu bagize itsinda ry’abanyarwanda ryamamaye mu ndirimbo zo guhimbaza Imana rya ‘Vestine & Dorcas’, yibarutse umwana we w’imfura w’umukobwa mu Mujyi wa Vancouver muri Canada. Amakuru yizewe ashimangira ko uyu mwana yavutse muri Werurwe 2026, bityo akaba yenda kuzuza amezi abiri y’amavuko. Uyu mubyeyi yabyariye muri uyu mujyi aho atuye kuva […]
Mu gihe benshi bari bazi ko umushinga wa filime y’amateka “La Casa de Papel” (Money Heist) washyiriweho akadomo mu mwaka wa 2021, urubuga rwa Netflix rwatunguranye rwemeza ko iyi nkuru ikomeje mu cyiswe “Money Heist Universe”. Nyuma y’imyaka itanu y’izihirwa n’ibice byabanje, ubu ubutumwa bushya bwagaruye amatsiko n’imyiteguro idasanzwe mu bakunzi ba sinema hirya no […]
Umuhanzi Kevin Kade, umwe mu bagezweho mu muziki w’u Rwanda, yongeye kugarukwaho nyuma yo gushyira hanze amashusho y’indirimbo ye nshya yise “Ndi Ready”. Iyi ndirimbo imaze iminsi ivugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga, ntivugwaho gusa ubuhanga buyigize, ahubwo n’ingengo y’imari ikomeye yayigendeyeho n’impaka z’uwaba warayiteye inkunga(miliyoni 30Frw). Mu gihugu cya Namibia mu kiganiro Kevin Kade yagiranye […]
Imyigaragambyo yo kwamagana abanyamahanga batuye muri Afurika y’Epfo mu buryo bunyuranyije n’amategeko ikomeje gufata indi ntera, aho abenegihugu mu mijyi itandukanye berekeje mu mihanda bavuga ko uburyo abimukira bakomeje kwinjiramo buteje akajagari n’umutekano muke. Iyi nkubiri yatangiye mu ntangiriro za Mata 2026, igenda ikura kugeza ubwo ihinduye ishusho y’ubuzima mu mijyi minini nka Pretoria na […]
Mu mujyi wa Kigali, umuhanzi nyarwanda King James yongeye kwerekana urwego umuziki we ugezeho, nyuma yo kugurisha amatike yose y’igitaramo cye cyari giteganyijwe muri BK Arena. Nk’uko byatangajwe n’abateguye iki gitaramo, amatike yatangiye kugurwa iminsi mike mbere y’itariki y’igitaramo, ariko ku muvuduko wihuse cyane. Mu byiciro byose harimo VIP, ndetse na Regular (ahasanzwe) amatike yose […]
Urugero rw’umuziki nyarwanda rugeze ku rundi rwego mu ruhando mpuzamahanga, nyuma y’aho umuhanzi Elvin Cena yanditse amateka adasanzwe. Indirimbo ye yise ‘Let Me Be’ ubu ni yo iyoboye izindi 10 zo mu njyana ya Afrobeat zumvwa cyane ku rubuga rwa Billboard muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, umuhigo utari usanzwe ugerwaho n’abahanzi bakiri bato mu […]
Umunyenga w’urukundo ruri hagati y’icyamamare cyo muri Nigeria Moctar n’umuhanzikazi France Mpundu ukomeje gufata indi ntera, nyuma y’aho uyu musore wegukanye irushanwa rya The Secret Story 2025 yongeye gusesekara mu Rwanda. Kuri uyu wa Kane, tariki ya 2 Mata 2026, Moctar yemeje amakuru y’uko ari i Kigali binyuze ku mafoto yasangije abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga, […]
Iperereza rikorerwa Niyigaba Clement, uzwi nka DC Clement, ryahawe indi nshuro ikomeye nyuma y’aho Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rugaragarije ko uyu mugabo ubu noneho atangiye gukurikiranwaho n’icyaha cya ruswa. Ibi bije byiyongera ku byaha by’ibanze yari yafatiweho birimo kwangiza ibintu by’undi no kurwanya ububasha bw’amategeko. Iki kibazo cyatangiye mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Mata 2026, […]
