Diamond Platnmuz yazimirijweho ibyuma mu gitaramo cye

Diamond Platnumz umuhanzi w’Umunya-Tanzania yatanze ibyishimo byinshi ku bakunzi b’umuziki we bitabiriye igitaramo cye yakoreye i Kigali. Diamond Platnumz Experience ni igitaramo cyabaye mu ijoro ry’itariki 29 Kanama 2026, muri BK Arena ahasanzwe haparikwa imodoka. Uyu muhanzi waherukaga i Kigali mu Ukwakira 2023, yeretswe urukundo rudasanzwe n’abatari bake bitabiriye iki gitaramo, biganjemo urubyiruko, na we […]

Selena Gomez yasabye urukiko gutesha agaciro ikirego cy’abashoramari bamushinja uburiganya

Selena Gomez, umuhanzikazi akaba n’umukinnyi wa filime w’Umunyamerika, yasabye urukiko gutesha agaciro ikirego cy’abashoramari bamushinja uburiganya mu kigo Wondermind, afitemo imigabane, avuga ko ibyo bamurega bidafite ishingiro. Iyi sosiyete Wondermind ikora ibikorwa bijyanye n’ubuzima bwo mu mutwe, yashinzwe na Selena Gomez, Mandy Teefey na Daniella Pierson. Selena Gomez yagize iki cyifuzo , kizwi mu mategeko […]

“Sinzabana n’umugabo ndusha ubukire” Ayra Starr

Umunya-Nigeria, Ayra Starr, umuhanzi ukunzwe cyane yavuze ko aramutse ashatse umugabo arusha ubukire ashobora kumugira inganzwa mu rugo. Ayra uri mu bakomeye muri Afurika mu njyana ya Afrobeats, yabigarutseho ubwo yavugaga ku mibanire ndetse n’uburyo ubukire bushobora kugira uruhare mu mibanire y’abantu. Yaavuze kandi ko afite ubushobozi bw’amafaranga burenze ubw’umugabo bazabana, ashobora kugira uruhare runini […]

Kuki Kate Bashabe yavuye mu gitaramo cya Gen-Z Comedy kitarangiye?

Gen-Z Comedy Show yasobanuye impamvu umunyamideli Kate Bashabe yavuye muri iki gitaramo kitararangira, ivuga ko nta ho byari bihuriye n’urwenya rw’abanyarwenya benshi bakekaga ko abarukora bamuvuzeho amagambo mabi, ahubwo ko yari afite izindi gahunda. Iki ni igitaramo cy’urwenya gisanzwe kiba kabiri mu kwezi. Ku wa 27 Kanama 2026, cyabereye muri Camp Kigali, aho Kate Bashabe […]

Umuhanzi Juma Jux arateganya kongera kubyarana n’umugore we Priscilla

Juma Jux n’umugore we Priscilla Ajoke Ojo bizihije isabukuru y’umuhungu wabo Juma yibutsa umugore we ko ari igihe cyo kubyara undi mwana uzamara irungu imfura. Aba bizihije isabukuru y’umwaka bibarutse imfura yabo bise Prince Rakeem Ayomide Mkambala, mu birori bakoze ku mugoroba w’itariki 24 Kanama 2026, byitabirwa n’inshuti n’abavandimwe babo. Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga kuri […]

Whatsapp yasohoye amavugurura mashya kubayikoresha

Amavugurura mashya yatangajwe na Whatsapp azafasha kurushaho kurinda konti z’abayikoresha, ba rushimusi bo kuri interineti [hackers]. Mbere na mbere, iyi porogaramu irimo kunoza uburyo bwayo bw’umutekano busaba kubanza kwemezamo uburyo bubiri mbere yo kwinjira muri konti [two-step verification]. Usibye gukoresha gusa umubare w’ibanga w’imibare itandatu, ubu abantu bashobora gukora amagambobanga akomeye bakoresheje inyuguti, imibare, n’ibimenyetso […]

Element Eleeh ari mu bakoze kuri album nshya ya Harmonize

Urutonde rw’indirimbo zigize album nshya ya Harmonize rwagiye hanze aho yitegura gusohora iziganjemo izo yakoranye n’abahanzi bakomeye muri Afurika, iyi ikaba yarakozweho n’abarimo Element EleéeH. Element EleéeH umaze iminsi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho ari gutunganyiriza iye na we ateganya gusohora mu minsi iri imbere yagaragaye kuri iyi album. Mu gitondo cyo kuri […]