Yampano imbere y’urukiko: Ibyo yiyemereye n’ibyo ahakana ku byaha aregwa

Umuhanzi Florien Uworizagwira, uzwi cyane mu muziki Nyarwanda nka Yampano, yitabye Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kugira ngo yisobanure ku byaha bitandukanye akurikiranyweho n’Ubushinjacyaha. Mu iburanisha ryagarutse ku buzima bwe n’imibanire ye, uyu muhanzi yafashe umwanya wo kwisobanura ku byaha bikomeye ashinjwa.Mu buryo bw’iyemeracyaha, Yampano yemeye imbere y’urukiko ko yakoresheje urumogi mu bihe bitandukanye. Yavuze ko […]

King James yamaze kwemeza umunsi wa 2 w’igitaramo nyuma yo kubisabwa n’abakunzi be

Umuhanzi King James n’itsinda bari gufatanya gutegura igitaramo cye cyiswe “20 Years of King James”, batangaje ko hiyongereyeho umunsi wa kabiri w’iki gitaramo nyuma y’uko amatike y’umunsi wa mbere ashize ku isoko mu gihe cy’iminsi itatu gusa. Ibi byatangajwe na King James afatanyije na Bruce Intore uhagarariye Intore Entertainment, sosiyete iri gufasha uyu muhanzi mu […]

​Kwizera Olivier Umunyezamu wahindutse Ikiraro cy’umuziki wa Nigeria mu Rwanda

Umunyezamu w’Ikipe y’Igihugu Amavubi ndetse n’ikipe ya Rayon Sports, Kwizera Olivier, akomeje kubera umugisha ukomeye abahanzi bakiri bato bo mu gihugu cya Nigeria, binyuze mu buryo bwihariye akoresha mu kumenyekanisha n’ugukundisha abanyarwanda indirimbo zabo.​ Mu minsi ishize, uyu munyezamu yagaragaye mu mashusho atandukanye aryoshye ari kuririmba indirimbo z’abahanzi bataramamara cyane, bituma zikurikirwa n’abantu benshi mu […]

Kuva ku Bushyamirane kugeza ku Marira n’Imbabazi: Isura Nshya y’Ikibazo cya Iranzi The Rapper n’Umuryango wa Sherrie Silver.

Gutandukana gutunguranye kwa Iranzi The Rapper n’umuryango Sherrie Silver Foundation byabanje guteza urujijo n’impaka zikomeye. Uyu muryango wavugaga ko guhagarika imikoranire byatewe n’uko umwana atarangwaga n’indangagaciro zabo nko kwiga, imyitwarire myiza n’ubunyangamugayo. Ku rundi ruhande, Iranzi we yashinjaga umuryango kumubuzamo ubwisanzure, kumunaniza no gushaka kuzimya impano ye binyuze mu kumwohereza ku kigo gicumbikira abanyeshuri i […]

Intandaro y’Ikibazo: Imbuga zarigaruriwe, umwana ahembwa intica ntikize!

Rango Teng Teng, umwana w’Umugande yamenyekanye cyane ku isi kubera amashusho ye n’utubyiniriro dushimishije, kuri ubu ari mu gahinda n’umuryango we nyuma yo gushwana bikomeye na Michael Kabonge wahoze areberera inyungu ze (Manager) mu bya muzika n’ikoranabuhanga.​ Ikibazo nyamukuru cyavutse igihe umuryango wa Teng Teng umenyeye ko Kabonge (manager wa Teng) yahinduye ama-password (ijambo ry’ibanga) […]

Intandaro y’izima rya muzika: Iseswa ry’amasezerano rya Iranzi The Rapper na Sherrie Silver Foundation

Inkuru ikomeje kugarukwaho cyane mu myidagaduro mu Rwanda ni iy’itandukana ritunguranye rya Iranzi The Rapper n’umuryango Sherrie Silver Foundation wari umaze gushinga imizi mu gufasha uyu mwana ukiri muto ufite impano mu rurimi rw’ikiraperi no mu kubyina. Iri seswa ry’imikoranire ryateje urujijo rushingiye ku kuba impande zombi zitavuga rumwe ku cyiciro cy’amakosa cyabyaye uyu mwanzuro.​Ku […]

​Urwobo rwakomeje kumumira: Semuhungu agumishijwe mu gihome nyuma y’urubanza rwaburanishijwe mu muhezo!

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwashimangiye icyemezo cyari cyarafashwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, gitegeka ko Semuhungu Eric akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo. Mu cyemezo cyasomwe ku wa 26 Gicurasi 2026, urukiko rwagaragaje ko ubujurire bwa Semuhungu nta shingiro bufite, bityo n’ingwate yari yatanze yizeye gufungurwa irangirwa.​Iki cyemezo gishimangira urugendo rw’uyu mugabo rwatangiye ku wa 9 Mata […]

DJ Toxxyk yakatiwe gufungwa umwaka n’amezi atandatu

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwemeje igihano cy’igifungo cy’umwaka n’amezi atandatu kuri DJ Toxxyk, amazina ye nyakuri akaba ari Shema Arnaud de Bosscher, nyuma yo kumuhamya ibyaha bifitanye isano n’impanuka yahitanye ubuzima bw’umupolisi. Icyemezo cyasomwe ku wa 22 Gicurasi 2026, nyuma y’uko urukiko rumusanze afite uruhare mu byaha birimo ubwicanyi budaturutse ku bushake, guhunga nyuma yo […]

​Isesengura n’Igaruka ry’itsinda Urban Boyz mu muziki nyuma y’imyaka 9

Mu gihe cy’ubwami bwa Urban Boyz mu muziki w’u Rwanda, indirimbo yabo yitwa “Agafaranga” yabaye ikimenyabose, aho baririmbaga bashimangira ukuntu ifaranga rigira uruhare rukomeye mu buzima, ndetse n’ukuntu ryongerera imbaraga n’icyubahiro uyafite. Nyuma y’imyaka icyenda iri tsinda risenyutse, ayo magambo yongeye kugaruka mu bitekerezo bya benshi, nyuma y’uko hagaragaye ibimenyetso by’uko Humble Jizzo, Safi Madiba, […]

Yampano yitabye RIB : intambara hagati ya Yampano na Vava wahoze ari umukunzi we

Ikibazo cy’amakimbirane n’ihohoterwa bikomeje kuvugwa hagati y’umuhanzi n’utunganya umuziki, Yampano, n’umukunzi we, Vava, cyashegeshe abantu benshi ku mbuga nkoranyambaga. Mbere y’uko yitaba Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) i Kanombe. Yampano yabanje gufata amashusho asobanura intandaro y’ubwumvikane buke buri hagati yabo, agerageza gutanga uruhande rwe mbere y’uko ashyikirizwa inzego z’umutekano. Mu kwiregura kwe, Yampano yashinje Vava kuba intandaro […]