Mupende Ramadhan, wamenyekanye cyane nka Bad Rama akaba n’uwahoze ayobora inzu ifasha abahanzi ya The Mane, akomeje gutungura benshi kubera amagambo y’ibihuha n’ukwibasira ubutegetsi bw’u Rwanda yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze 22 Gashyantare 2026. Iyi myitwarire yatunguye inshuti n’abavandimwe be bavuga ko atigeze arangwa n’ishyaka rya politiki, ahubwo ikaba ishobora kuba ari ingaruka z’ibibazo by’ubukungu […]
Mu gihe bitegura gukora ubukwe, Clapton Kibonke yasabye umugore we ko bakomeza kwibanira iteka ryose hanyuma undi nawe arabyemera. Clapton Kibonge n’umugore we Ntambara Jacky bagiye gukora ubukwe nyuma y’imyaka umunani babana nk’umugabo n’umugore nyuma yo gusezerana imbere y’amategeko. Clapton yemeje ko we n’umugore we bagiye gukora indi mihango y’ubukwe yari isigaye harimo uwo gusaba […]
Guverinoma ya Uganda yatangaje ko abahanzi n’abakora ibihangano bitandukanye bagiye kujya bemererwa gukoresha uburenganzira ku bihangano byabo (copyright) nk’ingwate mu kwaka inguzanyo muri banki. Ibi byatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburinganire n’Umuco, Peace Mutuuzo, wavuze ko iyi gahunda izatangira gushyirwa mu bikorwa neza ubwo itegeko rivuguruye rigenga uburenganzira ku bihangano (Copyright Amendment Bill) rizaba […]
Umuhanzi Kivumbi King yatangaje ko yemeranya n’ibitekerezo bya Bull Dogg uherutse kuvuga ko igihembo cy’Umuraperi w’Umwaka cyahawe Kivumbi King kitari kimukwiriye, ashingiye ku kuba adasanzwe akora injyana ya Hip Hop gusa. Kivumbi King aherutse guhabwa iki gihembo muri Isango na Muzika Awards, aho kugeza ubu afatwa nk’umwe mu baraperi baje ku isonga hashingiwe kuri ibyo […]
Abakinnyi b’ibyamamare mu mukino w’iteramakofe, Mike Tyson na Floyd Mayweather, batangajwe ko bagiye guhurira mu mukino w’imurika (exhibition fight) uzabera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru The Ring Magazine, uyu mukino uteganyijwe ku itariki ya 25 Mata 2026. Uyu mukino uzaba ugamije kugaragaza impano n’amateka y’aba bakinnyi babiri bubatse izina rikomeye mu […]
Mu minsi ishize, Irunga Longin wamamaye nka Tukowote, yemeje ko yamaze kwambika impeta umukunzi we bitegura kurushinga. Uyu mukinnyi wa filime yirinze kumugaragaza mu maso mu mafoto yasangije abakunzi be ku mbuga nkoranyambaga. Tukowote ntiyigeze yifuza gutangaza amazina y’umukunzi we, avuga ko igihe kizagera abantu bakamumenya. Yongeraho ko ubukwe buzaba mu gihe kitarambiranye, nubwo mbere […]
Ibitaramo bya ‘MTN Iwacu Muzika Festival’ bigiye kongera kuba ku nshuro ya karindwi, aho kuri iyi nshuro biteganyijwe kuzenguruka imijyi 7 yo mu Rwanda. Mu mijyi mishya izasurirwa harimo n’Akarere ka Karongi, kagiye kwakira ibi bitaramo ku nshuro ya mbere kuva byatangira. Mu kiganiro n’abanyamakuru, Ubuyobozi bwa EAP bwavuze ko gahunda y’uyu mwaka igizwe n’ibitaramo […]
Umuhanzi Mad Ice, umwe mu banyabigwi b’umuziki muri Tanzania, yashize amanga avuga ku rukundo rwakunze kumubamo imbere rwerekeye umuhanzikazi w’Umunyauganda, Cindy Sanyu. Nubwo isi yose yabonaga ari ubushuti busanzwe, kuri Mad Ice ngo hari harimo akantu k’inyatane. Mad Ice avuga ko atatwarwaga n’izina rya Cindy nk’icyamamare, ahubwo yakururwaga n’uburyo uyu mugore yitwaraga n’umutima we wa […]
Umukinnyi wa filime w’icyamamare ku rwego mpuzamahanga, Umukinnyi wa filime w’icyamamare ku rwego mpuzamahanga, Michelle Yeoh, uherutse gutumirwa mu Rwanda mu gikorwa cyo Kwita Izina Ingagi mu 2025, agiye guhabwa inyenyeri y’icyubahiro ahazwi nka Hollywood Walk of Fame ku wa 18 Gashyantare 2026. Iyi nyenyeri izaba ari iya 2836 itanzwe kuri uru rutambiro rw’icyubahiro, aho […]
DJ Neptune yateguje igitaramo gikomeye azakorera i Kigali, agaragaza ko kizaba gitandukanye n’ibyo aheruka kuhakorera, hashingiwe ku byo yatangaje mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze. Iki gitaramo cyiswe “Soundz of Neptune” giteganyijwe ku wa 21 Werurwe 2026, kikazabera muri Atelier du Vin i Kigali. Abategura iki gikorwa bavuga ko kiri mu murongo w’ibitaramo uyu […]
