Namenye Patrick wahoze mu buyobozi bwa Rayon yagizwe Umuyobozi Mukuru wa SK FM

Namenye Patrick wahoze ari Umunyamabanga Mukuru w’Ikipe ya Rayon Sports, yagizwe Umuyobozi Mukuru wa radiyo SK FM, asimbura Uwera Jean Maurice uherutse kugirwa Umuvugizi wa Guverinoma Wungirije. Ibi byatangajwe na SK FM mu ijoro ryo ku wa Kane tariki ya 5 Gashyantare 2026, aho yamwakiriye imwifuriza imirimo myiza muri izi nshingano nshya mu rwego rw’itangazamakuru. […]

Arashyize Ararongora! Tuko Wote yambitse impeta umukobwa bitegura kurushinga ku myaka ye 53

Umukinnyi wa filime nyarwanda Ilunga Longin wamamaye nka Tuko Wote yambitse impeta umukunzi we bitegura kurushinga nyuma yo kumara imyaka 53 nta mugore mu buzima bwe Kuri uyu wa 6 Gashyantare 2026 nibwo Tuko wote yashyize hanze amafoto yambika impeta uyu mukobwa, ariko amazina y’uwo mukobwa ntaramenyekana kuko Tuko wote yavuze ko atahita ayatangaza. Tuko […]

“Umuziki ni nk’Ingagi” Bruce Melodie yasabye ko ubuhanzi bwakongerwa mu bukerarugendo bw’u Rwanda

Umuhanzi uri mu bafite izina rikomeye mu Rwanda no hanze yarwo, Bruce Melodie, yagaragaje ko umuziki ufite uruhare rukomeye mu bukungu bw’igihugu, awugereranya n’Ingagi zikurura ba mukerarugendo, asaba ko warushaho gushyirwa mu nkingi ziteza imbere ubukerarugendo bw’u Rwanda. Ibi yabivuze kuri uyu wa Gatanu tariki ya 06 Gashyantare 2026, mu kiganiro cyatambutse mu Nama y’Igihugu […]

“Ubundi se bibarebaho iki”? Kimenyi kubifuza ko avuga ku mibanire ye na Muyango

Kimenyi Yves wahoze ari umukinnyi w’umupira w’amaguru wabigize umwuga, yatangaje ko atifuza kugira icyo atangaza ku mibanire ye n’umugore we Muyango Claudine, ashimangira ko ubuzima bwabo bwite butareba rubanda. Ibi yabivuze nyuma y’uko ku mbuga nkoranyambaga hakomeje gukwirakwira ibitekerezo n’amakuru atandukanye agaruka ku mubano wabo, bamwe bakeka ko haba hari ibibazo hagati yabo. Ibyo byakurikiye […]

KillaMan na Mitsutsu ntibazongera gukorana kubera umukobwa

“Ugende ukore ibyawe natwe dukore ibyacu, ntahantu tuzongera guhurira.” Ayo ni amagambo Killaman yabwiye Mitsutsu nyuma y’uko amwise indyarya, mu gihe aba bombi bari inshuti ndetse banakoranye. Emmanuel Kazungu uzwi nka Mitsutsu na Niyonshuti Yannick wamamaye nka Killaman bashwanye nyuma y’uko Mitsutsu atangaje ko Killaman ari we wagize uruhare mu itandukana rye na Nana. Umwuka […]

Juno Kizigenza yasabwe na Minisitiri Dr.Bizimana gukura Rutwitsi mu mazina akoresha

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Jean Damascène Bizimana, yasabye umuhanzi Juno Kizigenza gukura izina “Rutwitsi” mu mazina akoresha, nyuma y’impaka zikomeje kuvuka ku mbuga nkoranyambaga ku ijambo “gutwika” rikunze gukoreshwa mu birori. Ibi byatangiye ubwo umwe mu bamukurikira ku mbuga nkoranyambaga yamubazaga ati: “Nyakubahwa Minisitiri, ubwo wa muhanzi wiyita Rutwitsi ahindure izina?”Dr. Bizimana amusubiza […]

Bruce Melodie yagiranye ibiganiro na  Amb-Gen-Patrick Nyamvumba

Ambasaderi w’u Rwanda muri Tanzania, Gen. Patrick Nyamvumba, yakiriye umuhanzi w’icyamamare Bruce Melodie ari kumwe n’abo bakorana, bagirana ibiganiro byagarutse ku ruhare rukomeye umuziki mu guhuza Abanyarwanda n’Abanya Tanzaniya, ndetse no guteza imbere ubufatanye bw’akarere binyuze mu buhanzi. Aya makuru yemejwe na Ambasade y’u Rwanda muri Tanzania kuri uyu wa Gatatu tariki ya 4 Gashyantare […]

Umuhanzi Davido agiye kubaka inzu yo kuruhukiramo mu Rwanda

Umuhanzi w’icyamamare ku rwego mpuzamahanga, Davido wo muri Nigeria, yatangaje ko ateganya kugura ubutaka mu Rwanda akahubaka inzu yo kujya aruhukiramo, by’umwihariko mu Mujyi wa Kigali. Ibi yabitangaje nyuma y’igihe amakuru yakwirakwiriye mu itangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga avuga ko yaba afite umugambi wo kugura inzu mu Rwanda, amakuru yari yaratangiye guhwihwiswa nyuma y’igitaramo aheruka […]

Abahanzi batwaye Grammy awards muri 2026

Mu ijoro ryo ku wa 01 Gashyantare 2026, habaye ibirori bikomeye byo gutanga ibihembo bya Grammy Awards, byahuriyemo abahanzi bakomeye mu muziki ku rwego mpuzamahanga. Ibi bihembo byatangwaga ku nshuro ya 68, bikaba ari ibihembo bihabwa abahanzi bitwaye neza kurusha abandi mu muziki, ndetse akaba ari ibihembo bifatwa nk’ibyicyubahiro ku buryo buri muhanzi aba abifata […]

Masamba, Kitoko na Bwiza bahaye ibyishimo abitabiriye igitaramo cyo kwizihiza umunsi w’Intwari (amafoto)

Mu ijoro ryo ku wa 31 Mutarama 2026, Camp Kigali yari yuzuye akanyamuneza n’amarangamutima, ubwo abahanzi batandukanye barimo Kitoko, Bwiza, Massamba Intore, Army Jazz Band ndetse n’Itorero ry’Umujyi wa Kigali “Indatirwabahizi” bataramiraga Abanyarwanda mu gitaramo cyo kwizihiza Intwari z’u Rwanda. Iki gitaramo cyitabiriwe n’abantu benshi, by’umwihariko urubyiruko rwaturutse hirya no hino mu Mujyi wa Kigali, […]