Umunyamakuru mu myidagaduro mu Rwanda, Irene Murindahabi uzwi cyane nka M. Irene yateye ikirenge mu cy’ibindi byamamare mu buzima bwe aho yasezeranye mu mategeko n’umukunzi we Nishimwe Liliane. Uyu muhango wabereye mu Murenge wa Gishari, mu Karere ka Rwamagana. Mu mashusho yakwirakwiriye ku mbuga nkoranyambaga, hagaragaramo ibyishimo hagati y’abageni, yagaragazaga uburyo M. Irene n’umukunzi we […]
Umuhanzi w’icyamamare Akon yatangaje ko yigeze kwishyurwa amafaranga agera kuri miliyoni z’amadolari kugira ngo aririmbe mu birori by’umuryango w’abaherwe, ariko agezeyo asanga abari mu birori ari abantu batatu gusa. Akon yavuze ko yari yiteze gukora igitaramo kinini cyitabiriwe n’abantu benshi. Icyamutangaje kurushaho ni uko umukobwa wo muri uwo muryango yamusabye kumuririmbira indirimbo ye yamamaye, “Lonely”, […]
Umunyarwenya Kazungu Emmanuel, uzwi cyane nka Mitsutsu, yamenyesheje abamukurikira inkuru y’incamugongo y’urupfu rwa murumuna we witabye Imana mu ijoro ryo ku wa 6 rishyira ku wa 7 Kanama 2026. Uyu musore yari amaze imyaka ibiri avurirwa mu bitaro bitandukanye, aho yabanje kwitabwaho muri CHUK nyuma akimurirwa mu Bitaro bya Gisirikare bya Kanombe, ari na ho […]
Emilie Vansteenkiste wabaye Nyampinga w’u Bubiligi mu 2023 ari hamwe n’umukunzi we, Jonas, bari mu rugo bakomeje kwitabwaho nyuma yo kurokoka impanuka ikomeye y’imodoka yabasigiye ibikomere bikomeye. Iyi mpanuka yabaye ku wa 31 Nyakanga 2026 hafi y’Umujyi wa Marche-en-Famenne mu Bubiligi, ubwo bari bagiye mu Budage bitabiriye urugendo rwahuriyemo abakunzi b’imodoka za kera, nyuma yo […]
Pamella yahaye amasaha 24 abakwirakwiza ibihuha ku buzima bwe mbere yo kubarega. Pamella yahaye amasaha 24 abantu bose bakomeje gukwirakwiza ibihuha bimwerekeyeho ku mbuga nkoranyambaga, abasaba kubisiba bitaba ibyo akitabaza inzego z’ubutabera. Ibi abitangaje nyuma y’iminsi myinshi hacicikana amakuru avuga ko we n’umugabo we, The Ben, batakibanye neza, hakaba n’andi makuru atandukanye yakomeje gushingira kuri […]
Umunyarwenya ukomeye ukomoka mu gihugu cya Uganda, Saad Ssozi wamamaye cyane ku izina rya Rango Tenge Tenge, yageze i Kigali kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 29 Nyakanga 2026, aho azanye n’itsinda rimuherekeje harimo n’umuryango we. Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ubwo yasesekaraga i Kigali, yabajijwe uko yiyumva bitewe nuko ari ubwa mbere yari ahageze, agira […]
Ubusanzwe, iyo uri umustar ukomeye nka Tom Holland (uzwi cyane nka Spider-Man), uba uzi ko ushobora kwandikira uwo ari we wese agahita agusubiza yanyuzwe. Gusa, ibi siko byagendekeye uyu mukinnyi wa filime w’Umunyamerika ubwo yageragezaga kwegera rutahizamu w’ikirangirire wa Manchester City, Erling Haaland. Tom Holland yavuze ko iyi myitwarire ya Haaland yamucishije bugufi. Yabivugiye mu […]
Burna Boy, umuhanzi w’Umunya-Nigeria, Damini Oguluyanditse yanditse amateka yo kuba umunyamuziki w’Umunyafurika wa mbere ugize indirimbo ije ku mwanya wa mbere ku rutonde rw’indirimbo 200 zikunzwe ku rubuga rwa Billboard cyane kurusha izindi ku Isi (Billboard Global 200 Songs). Indirimbo ye Dai Dai niyo yamugejeje kuri uru rwego akaba yarayikoranye n’umuhanzi w’Umunya-Colombia, Shakira,Iyi ndirimbo yabo […]
Mu rwego rwo gushyigikira n’gushimira abahanzi basize amateka mu muziki w’u Rwanda, itsinda ry’abanyabigwi mu myidagaduro n’ababyeyi bazwi muri Cinema nyarwanda bishyize hamwe bagenera umuhanzi The Ben impano idasanzwe y’ishimwe n’impundu za kibyeyi. Mu kiganiro cyashyizwe ku murongo wa YouTube kuri uyu wa Kane, tariki ya 9 Nyakanga 2026, umunyamuziki w’icyatwa Makanyaga Abdul yagarutse ku […]
Ku isaha ya saa munani z’igicuku cyo kuri uyu wa Gatanu, ni bwo ku kibuga cy’indege cya Kigali i Kanombe hageze abashyitsi b’imena barimo Umunyamerika Ashton Hall, Indian Ashton Hall, hamwe n’umunyarwanda Ashton Small uzwi nka Kagarara. Aba bageze mu Rwanda bava mu gihugu cya Bénin, aho bari bamaze iminsi bazenguruka ibuhugu bya Afurika.Nubwo bari […]
