Kimenyi Yves mu rukundo n’umugore uba muri Australia; bavuga ko bafitanye abana b’impanga

author
1 minute, 22 seconds Read

Kimenyi Yves wahoze ari umunyezamu wa Amavubi ndetse wanakiniye amakipe atandukanye mu Rwanda, yongeye kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo gutangaza ko ari mu rukundo n’umugore uzwi nka Nana uba muri Australia.

Ibi byagarutsweho mu kiganiro banyujije kuri TikTok bari kumwe n’uwitwa GodFather, aho bombi bagiye bavuga ku mubano wabo ndetse n’ibimaze igihe bivugwa ku rukundo rwabo. Mu gusubiza ikibazo niba Nana yaba ari uwo bahoze bakundana, Kimenyi yavuze ko atari uwo bahoze bakundana gusa, ahubwo ko ari umukunzi we by’ukuri.

Nana nawe ntiyahishe amarangamutima ye, avuga ko akunda Kimenyi Yves kandi ko yumva bazakomezanya igihe kirekire. Yagize ati ni umuntu akunda kandi yubaha cyane, amagambo yahise akwirakwira ku mbuga nkoranyambaga.

Muri icyo kiganiro kandi, Nana yavuze ko abana b’impanga afite ari aba Kimenyi Yves, ibintu byahise bikurura impaka nyinshi mu bakoresha imbuga nkoranyambaga. Hari bamwe batunguwe n’aya makuru, abandi bavuga ko yari amaze igihe avugwa mu ibanga.

Aya makuru aje nyuma y’igihe havugwa ikibazo mu mubano wa Kimenyi Yves n’umugore we Muyango Claudine, bakoze ubukwe mu 2024 nyuma y’imyaka myinshi bakundana. Bombi bari batangiye urugendo rw’urukundo mu 2019 ndetse babyarana umwana wa mbere mu 2021.

Nubwo nta ruhande ruratangaza mu buryo burambuye uko umubano wa Kimenyi na Muyango uhagaze ubu, amagambo yavuzwe muri iki kiganiro cya TikTok yakomeje gutera abantu kwibaza byinshi ku buzima bwite bw’uyu mukinnyi uri gukinira hanze y’u Rwanda.

Kimenyi Yves azwi cyane muri ruhago nyarwanda aho yakiniye amakipe arimo APR FC, Rayon Sports, Kiyovu Sports ndetse na AS Kigali, mbere yo kujya gukina hanze y’igihugu.

Nana usanzwe yibera muri Australia, yavuze ko atitaye ku kuba Kimenyi yarigeze akora ubukwe.

About The Author

Inkuru bihuye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *