buyobozi bwa Iran bwahakanye amakuru avuga ko bwaba bwarateguye umugambi wo kwica Barron Trump, umuhungu muto wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump. Umujyanama mu bya gisirikare w’Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Mohsen Rezaei, yavuze ko nta kuri kuri mu makuru avuga ko Iran yaba yarateguye igikorwa kigamije kwivugana Barron Trump. Rezaei yabivugiye […]
Abantu nibura 50, benshi muri bo bakaba ari abana, bapfiriye mu mpanuka y’ubwato bwarohamye mu majyaruguru y’uburengerazuba bwa Nigeria, muri Leta ya Sokoto. Ubwo bwato bwari butwaye abahinzi n’abandi bakozi bari bagiye mu mirimo yo gusarura umuceri. Abatangabuhamya batandukanye batanze imibare itandukanye y’abari muri ubwo bwato, aho bamwe bavuga ko bari barenga 70, mu gihe […]
Ubushakashatsi bushya bwagaragaje ko icyorezo cya Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo cyibasiye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) gishobora kuba cyaratangiriye ku nyamaswa, aho kuba cyarakomotse ku bwandu bwari busanzwe bukwirakwira mu bantu. Ubwo bushakashatsi bwatangajwe mu kinyamakuru Nature Medicine ku wa 10 Kanama 2026, bukaba bwarakozwe n’abahanga bo muri RDC, Uganda, u Bubiligi […]
Ingabo z’u Burusiya zagabye igitero ku bikorwa remezo by’icyambu cya Izmail, mu majyepfo ya Ukraine, bituma umuriro ufata, nk’uko abayobozi bo muri ako gace babitangaje. Ubuyobozi bw’Akarere ka Izmail bwabitangaje mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, ko igitero cy’Uburusiya cyibasiye ibikorwa remezo by’icyambu, bikangiza bimwe mu bikorwa ndetse hagatangira inkongi y’umuriro. Abatabazi n’abashinzwe kuzimya […]
Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yatangaje ko itazemera abayobozi bashya b’ibigo by’amashuri makuru na za kaminuza bashyizweho n’ubuyobozi bwa AFC/M23 mu mijyi ya Goma na Bukavu. Minisiteri y’Amashuri Makuru, Kaminuza, Ubushakashatsi n’Ubuhanga (ESU-RSI) yavuze ko izo mpinduka nta gaciro zifite mu mategeko, kuko ububasha bwo gushyiraho abayobozi b’ibigo bya Leta buri mu […]
Argentine yongeye kugera ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 nyuma yo gutsinda u Bwongereza ibitego 2-1. Ni ibitego byatsinzwe na Enzo Fernandez na Lautaro Martinez mu minota ya nyuma Ubwo Anthony Gordon yari yafunguye amazamu mu minota ya mbere y’igice cya kabiri. Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 15 Nyakanga 2026, ni bwo […]
Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Félix Tshisekedi, yashyizeho Dr Steve Ahuka kugira ngo ayobore ibikorwa byo guhangana n’icyorezo cya Ebola ku rwego rw’igihugu, mu rwego rwo kongera imbaraga mu gukumira ikwirakwira ry’iki cyorezo. Icyemezo cyatangajwe nyuma y’inama y’itsinda rishinzwe gukurikirana no guhangana na Ebola yabaye ku wa 13 Nyakanga 2026 i Kinshasa, […]
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, ntiyashyigikiye ubusabe bwa Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, wasabaga ko Turikiya itemererwa kongera kubona indege z’intambara zo mu bwoko bwa F-35. Netanyahu yari yagaragaje impungenge ko guha Turikiya izi ndege zigezweho byahindura uburinganire bw’imbaraga za gisirikare mu Burasirazuba bwo Hagati, akavuga ko bishobora kugira ingaruka […]
Ihuriro rya AFC/M23 rifatanyije n’umutwe wa Twirwaneho rikomeje kwigarurira uduce two muri Teritwari ya Fizi, aho ku wa Mbere, tariki ya 6 Nyakanga, ryafashe agace ka kwa Mulima nyuma y’imirwano yahuje izi mpande n’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’abazifasha. Amakuru ava muri ako gace avuga ko nyuma y’iyo mirwano, ingabo […]
Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yafashe ingamba zikomeye zo gukumira ikwirakwira rya Ebola, ihagarika ibikorwa byose bihuza abantu benshi mu bice bitandukanye by’igihugu, harimo n’umurwa mukuru Kinshasa. Iki cyemezo cyatangajwe na Minisitiri ushinzwe Umutekano, Jacquemain Shabani, mu gihe icyorezo cya Ebola gikomeje kwiyongera cyane mu ntara zo mu burasirazuba bw’igihugu zirimo Ituri, Kivu […]
