Igipolisi cya Afurika y’Epfo cyatangaje ko cyongereye ingamba zo gucunga umutekano mu gihugu hose mbere y’imyigaragambyo iteganyijwe ku wa 30 Kamena 2026, igamije kwamagana ikibazo cy’abimukira bavuga ko bari mu gihugu mu buryo butemewe n’amategeko. Abapolisi benshi boherejwe mu bice bitandukanye by’igihugu, cyane cyane mu mijyi ishobora kwakira imyigaragambyo, kugira ngo harindwe umutekano w’abaturage n’ibyabo […]
Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran zongeye kwinjira mu nzira y’ibiganiro nyuma y’igihe gito cyaranzwe n’ubushyamirane bwa gisirikare hagati y’impande zombi. Iyi ntambwe ije nyuma y’ubwumvikane bwo guhagarika imirwano mu rwego rwo guha umwanya ibiganiro bigamije gukemura ibibazo bimaze igihe bireba umutekano n’ubwisanzure bw’ubwikorezi mu Muhora wa Hormuz. Amakuru aturuka ku bayobozi ba Amerika […]
U Bufaransa bukomeje guhangana n’ingaruka z’ubushyuhe bukabije bumaze icyumweru bwibasira ibice bitandukanye by’igihugu, aho abantu barenga 1.000 bamaze kwitaba Imana kubera ubushyuhe budasanzwe. Amakuru yatangajwe n’inzego z’ubuzima agaragaza ko impfu zabaye hagati ya tariki ya 24 Kamena n’ubu, mu gihe ubushyuhe bwarenze dogere Celsius 40 mu turere twinshi tw’igihugu. Ni imwe mu mpeshyi zikomeye igihugu […]
Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ihuriro ry’ingabo zishyigikiye ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryagabye igitero gikomeye mu gace ka Lumbishi, kari muri Teritwari ya Kalehe, kigahitana abaturage ndetse kigasenya inzu zabo. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yavuze ko icyo gitero cyabaye mu rukerera rwo ku wa 28 Kamena 2026, aho […]
Mu Karere ka Burera hafatiwe abanyeshuri icyenda bakekwaho kugira uruhare mu bikorwa byo gukubita abarimu mu bihe bitandukanye, ibintu byatumye inzego z’umutekano zitangira iperereza kuri ibyo byaha. Mu Rwunge rw’Amashuri rwa Runaba, ruherereye mu Murenge wa Butaro, abanyeshuri barindwi bari hagati y’imyaka 15 na 18 batawe muri yombi nyuma yo gukekwaho gukubita abarimu batatu. Abo […]
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Kurengera Ibidukikije (REMA) cyatangaje ko u Rwanda rushobora guhura n’izamuka rikomeye ry’imyuka ihumanya ikirere mu myaka iri imbere, mu gihe ingamba zo kuyigabanya zitashyirwa mu bikorwa uko bikwiye. Raporo nshya igaragaza uko igihugu gihagaze mu guhangana n’ihindagurika ry’ibihe, yerekana ko imyuka ihumanya ikirere yagiye yiyongera uko imyaka ishira. Mu mwaka wa 2006, […]
Amasezerano y’ibanze aherutse gusinywa hagati ya Iran na Leta Zunze Ubumwe za Amerika akomeje gutanga icyizere cyo kugabanya umwuka mubi wari umaze amezi hafi ane uterwa n’intambara yahuje Iran, Amerika na Israel. Nubwo impande zombi zikiri imbere y’ibiganiro byinshi bikomeye bya politiki n’ubukungu, abaturage ba Iran batangiye kubona impinduka zimwe na zimwe, nubwo benshi bagikomeza […]
Iran yatangaje ko iteganya gutangira gusoresha ubwato bukoresha Umuhora wa Hormuz nyuma y’igihe cy’amezi abiri, nyuma y’amasezerano y’agateganyo y’amahoro yagiranye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Aya masezerano yatangiye gushyirwa mu bikorwa muri Kamena 2026, agamije kugabanya umwuka mubi wari umaze igihe hagati y’ibihugu byombi. Mu byemeranyijwe harimo koroshya urujya n’uruza rw’ubwato muri Hormuz no […]
Icyorezo cya Ebola gikomeje guteza ibibazo bikomeye mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho inzego z’ubuzima zigaragaza ko ikibazo cy’ibura ry’ibiribwa kiri gutuma abarwayi bamwe bava mu bitaro cyangwa bakava aho bashyizwe mu kato bakajya gushaka ibyo kurya. Imibare iheruka yerekana ko abantu amagana bamaze kwandura Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo, mu […]
Aya makuru avuga ko izi ngabo zari zegereye Centre ya Minembwe ku ntera ntoya cyane mbere y’uko zongera guhangana n’abarwanyi ba Twirwaneho na AFC/M23. Biravugwa ko nyuma y’ukunganirwa n’ingabo zaturutse mu gace ka Goma, Twirwaneho na AFC/M23 bagabye ibitero byatumye abasirikare ba Leta n’abo bafatanyije ku rugamba basubira inyuma. Imirwano yabereye mu duce dutandukanye two […]
