Ibitero bikomeje kugabwa na Israel mu majyepfo ya Liban byahitanye abantu nibura 10 ku munsi wo ku wa Gatandatu, nubwo hashize ibyumweru bibiri hatangajwe agahenge k’intambara. Ibiro by’amakuru bya Liban (NNA) byatangaje ko abantu batatu bishwe n’igitero cyagabwe mu gace ka Shoukine, mu karere ka Nabatieh. Hari kandi abandi babiri bishwe n’igitero cyagabwe ku modoka […]
Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zifatanyije n’abazifasha ku rugamba, zagabye ibitero bikomeye mu duce dutuwe cyane tugenzurwa n’umutwe wa AFC/M23, birimo Minembwe na Kalehe mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko ibyo bitero byatangiye mu ijoro ryo ku wa 1 rishyira ku wa 2 Gicurasi 2026, hagati […]
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko igihugu cye cyamaze gutsinda intambara cyari gihanganyemo na Iran, avuga ko yangijwe bikomeye ku buryo kuyisubiza ku murongo byasaba imyaka igera kuri 20. Ibi yabivugiye mu kiganiro yagiranye na Newsmax, aho yavuze ko ibikorwa by’ingabo zirwanira mu kirere n’izirwanira mu mazi za Iran, hamwe […]
Mu minsi ishize, ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye amashusho agaragaza itsinda ry’abantu biyita “Abatowe” ryimitse umuntu ryise Papa mushya mu Rwanda, ibintu byateje impaka n’urujijo mu bakirisitu no muri sosiyete nyarwanda. Uwo witwa Harerimana Faustin ni we wahawe izina rya Papa muri uwo muhango, aho yambitswe inkoni y’ubushumba, ahabwa umusaraba ndetse na Bibiliya, nk’ibimenyetso by’ubuyobozi bw’iyobokamana. […]
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane, tariki ya 30 Mata 2026, Komite Mpuzamahanga ya Croix-Rouge (CICR) yageze mu gace ka Minembwe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, izanye ubufasha bw’ubuvuzi bugamije gutabara abaturage bamaze igihe kinini bahanganye n’ingaruka z’intambara z’urudaca. Abaturage batuye muri aka gace k’imisozi miremire bagaragaje ibyishimo, bavuga ko uku […]
Umugaba Mukuru w’abarwanyi b’ihuriro rya AFC/M23, Gen Maj Sultani Makenga, yatangaje ko nta gahunda bafite yo gusubira inyuma mu rugamba bavuga ko rugamije kubohora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ibi yabitangaje ku wa 30 Mata 2026, mu kigo cy’amahugurwa cya Kanombe giherereye muri Teritwari ya Rutshuru, aho iri huriro ryari risoje icyiciro cya kabiri cy’amahugurwa […]
Kuwa Gatandatu, tariki ya 25 Mata 2026, hagati ya saa tatu n’iminota 15 za mu gitondo (9h15) na saa sita (12h00), haravugwa ibitero bikomeye byagabwe mu bice bituwe cyane bya Gakenke, muri Minembwe, mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umutwe wa AFC/M23, rivuga ko ibyo bitero byakozwe n’ingabo z’ihuriro […]
Igitero cyakozwe n’umugabo witwaje imbunda n’ibindi byuma cyabereye mu White House mu ijoro ryo ku wa 25 Mata 2026, mu gihe Perezida wa Amerika, Donald Trump, yari mu musangiro n’abanyamakuru ndetse n’abayobozi bakuru b’igihugu. Uyu mugabo w’imyaka 31, wamenyekanye ku izina rya Cole Tomas Allen ukomoka muri Torrance muri Leta ya California, yafunguye umuriro arasa […]
Ikigo Maritime Trade Operations Centre (UKMTO) cyo mu Bwongereza cyatangaje ko kuri uyu wa Gatatu habaye ibindi bitero ku mato abiri anyura mu Muhora wa Strait of Hormuz, bikurikiye ikindi cyari cyabaye mbere kuri uwo munsi. Nk’uko byatangajwe na BBC, ubwato bwa kabiri bwarasiwe hafi y’ibilometero 14 uvuye ku nkombe za Iran, kandi buracyari aho […]
Amakuru aturuka mu nzego zitandukanye aravuga ko hari umugambi bivugwa ko uhuza u Bubiligi n’u Burundi ugamije guhungabanya ubutegetsi bw’u Rwanda, aho bivugwa ko impande zombi zimaze igihe ziganira kuri uwo mushinga. Amakuru atangazwa n’ibinyamakuru bitandukanye avuga ko i Bruxelles ngo habaye ibiganiro n’ubuyobozi bw’u Burundi buyobowe na Evariste Ndayishimiye, hagamijwe gushaka uburyo bwo gukorana […]
