Abanyeshuri 258,255 biteguye gukora ibizamini bya Leta by’amashuri yisumbuye by’umwaka w’amashuri wa 2025/2026, bizatangira ku wa 15 Nyakanga 2026 bikazarangira ku wa 24 Nyakanga 2026. Ibi bizamini bizakorerwa mu bigo 1,746 byateganyijwe hirya no hino mu gihugu, bikazitabirwa n’abanyeshuri bo mu cyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye (O-Level) ndetse n’abo mu cyiciro cya kabiri (A-Level). Mu mibare […]
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko igihugu cye cyatangiye icyiciro gishya cy’ibitero bya gisirikare kuri Iran, avuga ko bigamije kugabanya ubushobozi bw’iki gihugu bwo guhungabanya umutekano mu Burasirazuba bwo Hagati. Trump yavuze ko ibikorwa bya gisirikare bizakorwa mu buryo bukomeye kandi bishobora gukomeza no mu minsi ikurikiraho. Ubuyobozi bw’Ingabo za […]
Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Félix Tshisekedi, yashyizeho Dr Steve Ahuka kugira ngo ayobore ibikorwa byo guhangana n’icyorezo cya Ebola ku rwego rw’igihugu, mu rwego rwo kongera imbaraga mu gukumira ikwirakwira ry’iki cyorezo. Icyemezo cyatangajwe nyuma y’inama y’itsinda rishinzwe gukurikirana no guhangana na Ebola yabaye ku wa 13 Nyakanga 2026 i Kinshasa, […]
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye kuburira Iran ko igihugu cye cyiteguye gusubiza mu buryo bukomeye mu gihe cyagerageza kugirira nabi we cyangwa inyungu za Amerika. Ibi yabitangaje ku wa 11 Nyakanga 2026 abinyujije ku rubuga rwa Truth Social, nyuma y’uko mu muhango wo gushyingura umwe mu bayobozi bakomeye ba Iran […]
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) cyatangaje ko umubare w’abagabo baryamana n’abo bahuje igitsina mu Rwanda wakomeje kwiyongera, kikagaragaza ko ari kimwe mu byiciro bifite ibyago byo kwandura Virusi itera SIDA kurusha abaturage muri rusange. Ubushakashatsi bwa RBC bwakozwe mu mwaka wa 2024/2025 bwerekana ko umubare w’iki cyiciro wageze ku bantu ibihumbi 29, uvuye ku bihumbi […]
Amakuru akomeje kuvugwa mu nzego za gisirikare z’u Burundi agaragaza ko ubwato bwa gisirikare bwakoreshwaga mu gucunga umutekano no kurinda imipaka yo mu Kiyaga cya Tanganyika bumaze iminsi ibiri butaboneka. Ubwo bwato bwo mu bwoko bwa patrouilleur bwari busanzwe bukora ibikorwa byo kurinda umutekano mu kiyaga, ndetse bukanafasha guherekeza ubundi bwato butwara abasirikare n’ibikoresho bya […]
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, ntiyashyigikiye ubusabe bwa Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, wasabaga ko Turikiya itemererwa kongera kubona indege z’intambara zo mu bwoko bwa F-35. Netanyahu yari yagaragaje impungenge ko guha Turikiya izi ndege zigezweho byahindura uburinganire bw’imbaraga za gisirikare mu Burasirazuba bwo Hagati, akavuga ko bishobora kugira ingaruka […]
Ihuriro rya AFC/M23 rifatanyije n’umutwe wa Twirwaneho rikomeje kwigarurira uduce two muri Teritwari ya Fizi, aho ku wa Mbere, tariki ya 6 Nyakanga, ryafashe agace ka kwa Mulima nyuma y’imirwano yahuje izi mpande n’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’abazifasha. Amakuru ava muri ako gace avuga ko nyuma y’iyo mirwano, ingabo […]
Kigali – Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe (Meteo Rwanda) cyatangaje ko ukwezi kwa Nyakanga 2026 kuzaba kwiganjemo izuba risanzwe ryo mu gihe cy’impeshyi, aho ubushyuhe buzazamuka mu bice byinshi by’u Rwanda, mu gihe imvura izagwa izaba iri munsi y’impuzandengo isanzwe igwa muri uku kwezi. Nk’uko iteganyagihe ribigaragaza, ubushyuhe bwo ku manywa buzaba buri hagati ya 20°C na […]
Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yafashe ingamba zikomeye zo gukumira ikwirakwira rya Ebola, ihagarika ibikorwa byose bihuza abantu benshi mu bice bitandukanye by’igihugu, harimo n’umurwa mukuru Kinshasa. Iki cyemezo cyatangajwe na Minisitiri ushinzwe Umutekano, Jacquemain Shabani, mu gihe icyorezo cya Ebola gikomeje kwiyongera cyane mu ntara zo mu burasirazuba bw’igihugu zirimo Ituri, Kivu […]
