author

Itandukaniro ry’ibizamini bya leta uyu mwaka ugereranyije n’umwaka ushize

Abanyeshuri 258,255 biteguye gukora ibizamini bya Leta by’amashuri yisumbuye by’umwaka w’amashuri wa 2025/2026, bizatangira ku wa 15 Nyakanga 2026 bikazarangira ku wa 24 Nyakanga 2026. Ibi bizamini bizakorerwa mu bigo 1,746 byateganyijwe hirya no hino mu gihugu, bikazitabirwa n’abanyeshuri bo mu cyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye (O-Level) ndetse n’abo mu cyiciro cya kabiri (A-Level). Mu mibare […]

Amerika yongeye gukaza ibitero kuri Iran mu gihe amakimbirane akomeje kwiyongera

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko igihugu cye cyatangiye icyiciro gishya cy’ibitero bya gisirikare kuri Iran, avuga ko bigamije kugabanya ubushobozi bw’iki gihugu bwo guhungabanya umutekano mu Burasirazuba bwo Hagati. Trump yavuze ko ibikorwa bya gisirikare bizakorwa mu buryo bukomeye kandi bishobora gukomeza no mu minsi ikurikiraho. Ubuyobozi bw’Ingabo za […]

RDC yashyizeho umuyobozi mushya wo kuyobora ibikorwa byo kurwanya Ebola

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Félix Tshisekedi, yashyizeho Dr Steve Ahuka kugira ngo ayobore ibikorwa byo guhangana n’icyorezo cya Ebola ku rwego rw’igihugu, mu rwego rwo kongera imbaraga mu gukumira ikwirakwira ry’iki cyorezo. Icyemezo cyatangajwe nyuma y’inama y’itsinda rishinzwe gukurikirana no guhangana na Ebola yabaye ku wa 13 Nyakanga 2026 i Kinshasa, […]

RBC: Umubare w’abagabo baryamana n’abo bahuje igitsina wiyongereye

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) cyatangaje ko umubare w’abagabo baryamana n’abo bahuje igitsina mu Rwanda wakomeje kwiyongera, kikagaragaza ko ari kimwe mu byiciro bifite ibyago byo kwandura Virusi itera SIDA kurusha abaturage muri rusange. Ubushakashatsi bwa RBC bwakozwe mu mwaka wa 2024/2025 bwerekana ko umubare w’iki cyiciro wageze ku bantu ibihumbi 29, uvuye ku bihumbi […]

Ubwato rutura bwa FDNB bwaburiwe irengero

Amakuru akomeje kuvugwa mu nzego za gisirikare z’u Burundi agaragaza ko ubwato bwa gisirikare bwakoreshwaga mu gucunga umutekano no kurinda imipaka yo mu Kiyaga cya Tanganyika bumaze iminsi ibiri butaboneka. Ubwo bwato bwo mu bwoko bwa patrouilleur bwari busanzwe bukora ibikorwa byo kurinda umutekano mu kiyaga, ndetse bukanafasha guherekeza ubundi bwato butwara abasirikare n’ibikoresho bya […]

Trump ntiyemeye ubusabe bwa Netanyahu bwo kubuza Turikiya kugura indege za F-35

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, ntiyashyigikiye ubusabe bwa Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, wasabaga ko Turikiya itemererwa kongera kubona indege z’intambara zo mu bwoko bwa F-35. Netanyahu yari yagaragaje impungenge ko guha Turikiya izi ndege zigezweho byahindura uburinganire bw’imbaraga za gisirikare mu Burasirazuba bwo Hagati, akavuga ko bishobora kugira ingaruka […]

AFC/M23 na Twirwaneho bikomeje kwagura ibice bigenzura muri Fizi nyuma yo gufata kwa Mulima

Ihuriro rya AFC/M23 rifatanyije n’umutwe wa Twirwaneho rikomeje kwigarurira uduce two muri Teritwari ya Fizi, aho ku wa Mbere, tariki ya 6 Nyakanga, ryafashe agace ka kwa Mulima nyuma y’imirwano yahuje izi mpande n’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’abazifasha. Amakuru ava muri ako gace avuga ko nyuma y’iyo mirwano, ingabo […]

Meteo Rwanda yateguje ubushyuhe bugera kuri 32°C muri Nyakanga 2026

Kigali – Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe (Meteo Rwanda) cyatangaje ko ukwezi kwa Nyakanga 2026 kuzaba kwiganjemo izuba risanzwe ryo mu gihe cy’impeshyi, aho ubushyuhe buzazamuka mu bice byinshi by’u Rwanda, mu gihe imvura izagwa izaba iri munsi y’impuzandengo isanzwe igwa muri uku kwezi. Nk’uko iteganyagihe ribigaragaza, ubushyuhe bwo ku manywa buzaba buri hagati ya 20°C na […]

RDC Yahagaritse Amahuriro y’Abantu Benshi Kubera Icyorezo cya Ebola

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yafashe ingamba zikomeye zo gukumira ikwirakwira rya Ebola, ihagarika ibikorwa byose bihuza abantu benshi mu bice bitandukanye by’igihugu, harimo n’umurwa mukuru Kinshasa. Iki cyemezo cyatangajwe na Minisitiri ushinzwe Umutekano, Jacquemain Shabani, mu gihe icyorezo cya Ebola gikomeje kwiyongera cyane mu ntara zo mu burasirazuba bw’igihugu zirimo Ituri, Kivu […]