author

Trump yanze kongera igihe cy’agahenge na Iran mu gihe ibiganiro bikomeje gushidikanywaho

Perezida wa America, Donald Trump, yatangaje ko adashyigikiye kongera igihe cy’agahenge hagati y’Amerika na Iran giteganyijwe kurangira ku wa Gatatu, kugira ngo habeho andi mahirwe y’ibiganiro. Trump yabivuze mu kiganiro yagiranye na CNBC uy’umunsi kuwa Kabiri, aho yagaragaje ko igihe gisigaye ari gito kandi ko hatabayeho amasezerano, imirwano ishobora kongera kubura. Ibiganiro bishya biteganyijwe kubera […]

Abantu 11 b’Abanyapalestine bishwe i Gaza no muri West Bank nubwo hari agahenge

Abasirikare ba Israel hamwe n’abimukira bayo batujwe mu butaka bwigaruriwe, bishe nibura Abanyapalestine 11 mu bice bya Gaza no muri West Bank, nk’uko byatangajwe n’inzego za Palestine n’ibitangazamakuru byaho. Ibi bibaye mu gihe hari agahenge kari karatangajwe kuva mu Ukwakira. Mu gace ka Gaza Strip, abantu barindwi bishwe mu bitero bitandukanye. Harimo umwana wapfuye nyuma […]

Manda ya Gatatu ya Félix Tshisekedi Ikomeje Kuvugisha Benshi

Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangiye gahunda yo kwakira ibitekerezo by’abaturage, imitwe ya politiki n’imiryango itandukanye ku mushinga wo kuvugurura Itegeko Nshinga ryo mu 2006, mu gihe impaka ku hazaza h’ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi zikomeje gufata intera. Iyi gahunda ije nyuma y’igihe kinini Ishyaka UDPS rikangurira abaturage gushyigikira impinduka mu mategeko, rivuga […]

AFC/M23 na Kinshasa Bongeye Gushinjanya Ibitero bya Drone Nyuma y’Ibiganiro by’amahoro

Ubushyamirane hagati y’umutwe wa AFC/M23 na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwongeye gufata indi ntera, aho buri ruhande rwashinje urundi kugaba ibitero bya drone mu bice bya Masisi na Minembwe, nyuma y’amasaha make gusa impande zombi zivuye mu biganiro by’iminsi itanu byabereye i Montreux mu Switzerland. Ku ruhande rwa AFC/M23, umuvugizi wayo Lawrence […]

Yagenze Kilometero 320 n’Amaguru mu Kwibuka Abishwe muri Jenoside

Mbabazi Norbert w’imyaka 46, ukomoka mu Karere ka Huye, yasoreje urugendo rw’iminsi 10 n’amaguru rw’ibilometero 320, aho yazengurukaga uturere umunani tw’Intara y’Amajyepfo, mu rwego rwo kwibuka inzira ndende Abatutsi benshi banyujijwemo bajyanwa kwicwa muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Uru rugendo rwabaye mu gihe u Rwanda ruri mu minsi 100 yo Kwibuka ku nshuro ya […]

Israel yashyizeho umurongo w’umuhondo mushya mu majyepfo ya Liban

Ingabo za Israel zatangaje ko zashyizeho icyo zise umurongo w’umuhondo mu majyepfo ya Liban, bavuga ko usa n’undi zisanzwe zikoresha muri Gaza. Mu itangazo ryashyizwe hanze ku wa Gatandatu, Igisirikare cya Israel cyavuze ko mu masaha 24 yari ashize, abasirikare bacyo bakorera mu majyepfo y’uyu murongo babonye abantu cyise abarwanyi barenze ku masezerano y’agahenge, bakegera […]

Iran yafunguye umuhora wa Hormuz mu minsi 10

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Seyed Abbas Araghchi, yatangaje ko ubwato bw’ubucuruzi buzongera kunyura mu muhora wa Strait of Hormuz mu gihe cyose agahenge gaherutse kwemezwa hagati ya Israel na Lebanon kazaba kagikurikizwa. Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga, yavuze ko inzira z’amazi zizaba zifunguye ku bwato bukoresha uwo muhora, hashingiwe ku mabwiriza y’inzego za […]

Ibitero bya Drones biri koherezwa mu basivile ubutitsa muri RDC

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 7 Mata 2026, mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), haravugwa ibitero bikomeye byibasiye uduce dutuwe n’abaturage mu turere twa Minembwe na Kalehe, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Umuvugizi w’ihuriro rya AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko ingabo zifasha ubutegetsi bwa Kinshasa zagabye ibitero zikoresheje drones z’intambara mu […]

Iran yiteguye kwihorera nyuma y’ultimatum ya Trump

Intambara ikomeje gukaza umurego mu karere k’Uburasirazuba bwo Hagati, aho ibitero byagabwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ifatanyije na Israel byahitanye abantu batari munsi ya 34 muri Iran, barimo abana batandatu. Guverinoma ya Iran yatangaje ko itazihanganira ibyo bitero, ishimangira ko igiye kwihorera mu buryo bukomeye, nyuma y’aho Perezida wa Amerika, Donald Trump, ayihaye […]