author

Iran yaturikije ibigo 20 by’Amerika

Amakimbirane ya gisirikare hagati ya Iran na Amerika akomeje gufata indi ntera, nyuma y’amakuru agaragaza ko ibitero Iran imaze igihe igaba byangije ibikorwa remezo n’ibikoresho bya gisirikare bya Amerika biri mu bihugu bitandukanye byo mu Burasirazuba bwo Hagati. Raporo zitandukanye zigaragaza ko ibigo byinshi bya gisirikare bya Amerika byahuye n’ibyangiritse biturutse ku bitero bya misile […]

Ebola Yongeye Kwiyongera muri RDC, Abanduye Bemejwe Bageze kuri 282

Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yatangaje ko umubare w’abamaze kwemezwa ko banduye icyorezo cya Ebola wageze kuri 282, nyuma y’uko hagaragaye abantu 19 bashya basanzwemo iki cyorezo mu bipimo biherutse gukorwa. Imibare yatangajwe n’inzego za leta igaragaza ko Intara ya Ituri ari yo yibasiwe cyane n’iki cyorezo, aho habarurwa abantu 264 bamaze […]

Abacuruzi b’i Bukavu barataka igihombo nyuma y’ingamba zo ku mipaka zafashwe kubera Ebola

Abacuruzi bo mu mujyi wa Bukavu, umurwa mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bavuga ko bamaze guhura n’igihombo gikomeye nyuma y’ingamba zikomeye zashyizweho ku mipaka hagati ya RDC n’u Rwanda hagamijwe gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Ebola. Kwamamaza ibikorwa by’ubucuruzi hagati y’impande zombi byari bisanzwe bifasha abaturage kubona ibicuruzwa n’amafaranga, ariko […]

Amerika Yabujije abaturage bayo kujya muri Uganda

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko abaturage bayo bakwiriye kwitwararika cyane mu ngendo zijya muri Uganda, bitewe n’ubwiyongere bw’impungenge z’icyorezo cya Ebola gikomeje kugaragara muri iki gihugu. Iki cyemezo cyatangajwe ku wa 28 Gicurasi 2026, nyuma y’uko Ikigo cya Amerika gishinzwe gukumira no kurwanya indwara (CDC) gishyize Uganda ku rwego […]

Museveni yashyizeho Guverinoma nshya irimo impinduka zikomeye

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yashyizeho Guverinoma nshya igizwe n’abaminisitiri n’abanyamabanga ba Leta bashya, hagaragaramo impinduka zikomeye ku bayobozi bari basanzwe mu nshingano zitandukanye. Muri iyi Guverinoma nshya, abaminisitiri 29 ntabwo bongeye guhabwa imyanya bari basanzwe barimo. Mu basimbuwe harimo Matia Kasaija wari ushinzwe Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, aho yasimbuwe na Henry Musasizi. Uwahoze ari Minisitiri […]

Iran yavuze ko igitero cya Amerika cyarenze ku gahenge bemeranyije

Guverinoma ya Iran yatangaje ko igitero Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika zagabye mu Ntara ya Hormozgan, mu majyepfo y’icyo gihugu, cyarenze ku gahenge kari karumvikanyweho hagati y’impande zombi mu gihe ibiganiro by’amahoro byari bikomeje. Icyo gitero cyabaye ku wa 26 Gicurasi 2026, aho Amerika yavuze ko yari igamije gukumira ubwato bushinjwa gutegura gushyira […]

Ayamahirwe ntagucike :Blackbuck Coffee, iri gutanga amahirwe yo kwimenyereza umwuga(Internship)

Leta y’u Rwanda ishyize imbere gahunda yo guteza imbere iyigishwa ry’ubumenyingiro, ku babwiga bakenera kwimenyereza umwuga. Abize ubumenyingiro babura aho bakorera bimenyereza ibyo bize, aho bagorwa no gusabwa amafaranga, kubura aho bimenyerereza umwuga ndetse no kutizerwa n’abakoresha baho bagiye kwimeneyerereza uwo mwuga. BLACKBUCK COFFEE Ltd  ije ari igisubizo ku bashaka kwimenyereza  umwuga mu gusana no […]

Ibiciro bya peteroli byagabanyutseho 6%

Ibiciro bya peteroli ku masoko mpuzamahanga byagabanutse ku kigero kiri hafi ya 6%, nyuma y’uko hagaragaye ibimenyetso byerekana ko ibiganiro hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran bishobora kuganisha ku masezerano yo kugabanya amakimbirane amaze igihe hagati y’impande zombi. Amakuru y’ubucuruzi agaragaza ko igiciro cya peteroli yo mu bwoko bwa Brent cyamanutseho hafi […]