Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yashyizeho Guverinoma nshya igizwe n’abaminisitiri n’abanyamabanga ba Leta bashya, hagaragaramo impinduka zikomeye ku bayobozi bari basanzwe mu nshingano zitandukanye.
Muri iyi Guverinoma nshya, abaminisitiri 29 ntabwo bongeye guhabwa imyanya bari basanzwe barimo. Mu basimbuwe harimo Matia Kasaija wari ushinzwe Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, aho yasimbuwe na Henry Musasizi. Uwahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Gen. (Rtd) Jeje Odongo, na we yasimbuwe na Ambasaderi Dr. Adonia Ayebare.
Hari kandi Betty Amongi wayoboraga Minisiteri y’Uburinganire, Umurimo n’Iterambere ry’Abaturage, wasimbuwe na Lt. Gen. Henry Tumukunde Kakurugu. Dr. Crispus Walter Kiyonga yagizwe Minisitiri w’Intebe Wungirije wa kabiri, asimbuye Gen. (Rtd) Moses Ali wari umaze igihe kuri uwo mwanya.
Mu buyobozi bukuru bw’Igihugu, Maj. Rtd. Jessica Rose Epel Alupo yagumye ku mwanya wa Visi Perezida, mu gihe Robinah Nabbanja yakomeje kuba Minisitiri w’Intebe ndetse n’Umuyobozi wa Guverinoma mu Nteko Ishinga Amategeko.
Minisitiri w’Uburezi na Siporo yakomeje kuba Janet Kataaha Museveni, naho Dr. Chris Baryomunsi akomeza kuyobora Minisiteri y’Ubuzima. Hon. Frank Tumwebaze yagumye muri Minisiteri y’Ubuhinzi, Ubworozi n’Uburobyi.
Mu zindi mpinduka zakozwe, Gen. Katumba Wamala yagizwe Minisitiri w’Abakozi ba Leta, Maj. Gen. Kahinda Otafiire ahabwa Minisiteri y’Amazi n’Ibidukikije, naho Balaam Barugahara agirwa Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Inzego z’Ibanze.
Iyi Guverinoma nshya igizwe kandi n’abanyamabanga ba Leta 51, mu gihe Uganda ikomeje kwitegura ibikorwa bya politiki n’amatora ateganyijwe mu bihe biri imbere.

