Iran yongeye ibikorwa byo gufata no kurasa amato mu Muhora wa Hormuz

1 minute, 9 seconds Read

Ikigo Maritime Trade Operations Centre (UKMTO) cyo mu Bwongereza cyatangaje ko kuri uyu wa Gatatu habaye ibindi bitero ku mato abiri anyura mu Muhora wa Strait of Hormuz, bikurikiye ikindi cyari cyabaye mbere kuri uwo munsi.

Nk’uko byatangajwe na BBC, ubwato bwa kabiri bwarasiwe hafi y’ibilometero 14 uvuye ku nkombe za Iran, kandi buracyari aho bwagabweho igitero. Bivugwa ko bwari bwanditse muri Panama ariko bukaba ubwa sosiyete ikorera muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.

Iki gitero cyabaye nyuma y’icyari cyagabwe n’ingabo za Islamic Revolutionary Guard Corps (IRGC) ku bwato bw’u Bugereki bwitwa Epaminondas, bwarasiwe ku ntera ya kilometero 27 uvuye ku mwaro wa Oman.

Amakuru atangwa n’ikigo cy’ubutasi mu by’umutekano wo mu nyanja, Vanguard, agaragaza ko hari n’ubundi bwato bwa gatatu bwitwa MSC Francesca nabwo bwarashweho mu gihe bwageragezaga gusohoka muri uwo muhora. Bwo bwarasiwe ku ntera ya kilometero 11 uvuye ku nkombe za Iran.

Vanguard ivuga ko ingabo za IRGC zanategetse ubu bwato guhita buhagarara aho bwari bugeze nyuma yo kuburasa.

Ku rundi ruhande, Iran yatangaje ko yafashe amato abiri nyuma yo kurasa atatu, ivuga ko hari amakosa ajyanye n’imikoreshereze y’inyanja yakozwe n’ayo mato.

Ibi bikorwa bikomeje kongera impungenge ku mutekano w’ubwikorezi bwo mu nyanja muri uyu muhora w’ingenzi ku bucuruzi mpuzamahanga, cyane cyane mu gutwara peteroli.

Iran yongera ibikorwa byo gufata no kurasa amato mu Muhora wa Hormuz

About The Author

Inkuru bihuye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *