Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwemeje igihano cy’igifungo cy’umwaka n’amezi atandatu kuri DJ Toxxyk, amazina ye nyakuri akaba ari Shema Arnaud de Bosscher, nyuma yo kumuhamya ibyaha bifitanye isano n’impanuka yahitanye ubuzima bw’umupolisi. Icyemezo cyasomwe ku wa 22 Gicurasi 2026, nyuma y’uko urukiko rumusanze afite uruhare mu byaha birimo ubwicanyi budaturutse ku bushake, guhunga nyuma yo […]
Ubushakashatsi bushya bwakozwe n’Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda (ARJ) bwagaragaje ko nubwo abanyamakuru benshi bafite amashuri makuru, imibereho yabo ikomeje kuba ikibazo gikomeye kubera imishahara mike n’akazi kadahoraho. Raporo ya 2026 Rwanda Media Sector Mapping yerekanye ko abarenga 78% by’abakora umwuga w’itangazamakuru bafite nibura impamyabumenyi ya kaminuza, mu gihe hafi kimwe cya kabiri cyabo bize amasomo […]
Banki Nkuru y’Igihugu yatangaje ko yazamuye urwunguko rwayo ruva kuri 7,25% rugera kuri 8,25%, mu rwego rwo kugabanya umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro ku masoko ukomeje kwiyongera. Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’uko imibare yagaragaje ko ibiciro ku masoko byakomeje kuzamuka birenze imbago zisanzwe zigenwa na BNR hagati ya 2% na 8%. Mu kwezi kwa Mata 2026, izamuka […]
Hari umwuka mubi wabaye mu gace ka Rwampara hafi y’Umujyi wa Bunia mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho abaturage barakariye cyane nyuma yo kutemererwa gutwara umurambo w’umwe mu bo mu muryango wabo witabye Imana azize Ebola. Amakuru avuga ko abo baturage bashatse kujyana uwo murambo ngo bawushyingure mu buryo busanzwe, ariko inzego […]
Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), zifatanyije n’inyeshyamba za Wazalendo, zafashe agace ka Kinigi gaherereye mu Murenge wa Katoy, muri Teritwari ya Masisi ho mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, nyuma y’imirwano ikaze yabahuje n’inyeshyamba za AFC/M23. Amakuru aturuka muri ako gace avuga ko imirwano yatangiye ku mugoroba wo ku wa Gatatu, […]
Ingabo za AFC/M23 zagabye igitero gikomeye cya drone mu gace ka Mikenke, muri Teritwari ya Mwenga ho mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, ahavugwa ko cyahitanye abasirikare benshi bo ku ruhande rw’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’abo bafatanyije. Amakuru akomeje kuvugwa ku mbuga nkoranyambaga agaragaza amashusho yafashwe nyuma y’icyo gitero, […]
Urujya n’uruza hagati y’Imijyi ya Bukavu na Uvira rwongeye guhungabana kuva ku wa Gatanu tariki ya 15 Gicurasi 2026, nyuma y’ifungwa ry’agace kamwe k’umuhanda munini wa RN5. Amakuru atangwa n’abatwara abagenzi bakorera muri ako gace avuga ko imodoka zahagaritswe kugera ahitwa Nganganiro muri Luvungi, ibintu byagize ingaruka ku ngendo zihuza ibi bice bibiri bikomeye byo […]
Umupaka uhuza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Rwanda, hagati y’Imijyi ya Goma na Gisenyi, wafunzwe kuva mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki ya 17 Gicurasi 2026, nk’uko amakuru aturuka muri aka gace abyemeza. Kugeza ubu, nta tangazo rasmi riratangazwa n’ubuyobozi bw’u Rwanda cyangwa umutwe wa M23 ugenzura Umujyi wa Goma ku mpamvu nyamukuru y’ifungwa […]
Kabuga Félicien wakurikiranyweho uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yapfiriye mu bitaro by’i La Haye mu Buholandi, igihugu yari afungiwemo by’agateganyo mu gihe yari ategereje ikindi gihugu kimwakira. Aya makuru yemejwe n’Urwego Mpuzamahanga rushinzwe imirimo yasizwe n’inkiko mpanabyaha mpuzamahanga (IRMCT), ari na rwo rwari rumufunze kuva yatangira gukurikiranwaho ibyaha bifitanye isano na Jenoside […]
Muri Kuwait habaye inkuru idasanzwe yakuruye impaka ku mbuga nkoranyambaga, nyuma y’uko ubukwe bw’umugabo n’umugore bumaze iminota itatu gusa mbere yo guseswa n’urukiko. Amakuru avuga ko aba bombi bari bamaze gusinya impapuro zemeza ubukwe bwabo, basohoka mu rukiko bishimye nk’abari batangiye ubuzima bushya. Icyakora ibintu byahindutse mu kanya gato ubwo umugeni yatsikaga imbere y’abantu. Mu […]
