Umupaka uhuza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Rwanda, hagati y’Imijyi ya Goma na Gisenyi, wafunzwe kuva mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki ya 17 Gicurasi 2026, nk’uko amakuru aturuka muri aka gace abyemeza.
Kugeza ubu, nta tangazo rasmi riratangazwa n’ubuyobozi bw’u Rwanda cyangwa umutwe wa M23 ugenzura Umujyi wa Goma ku mpamvu nyamukuru y’ifungwa ry’uyu mupaka.
Icyakora, iri funga rije rikurikira impungenge z’ubuzima nyuma y’uko Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO) ryemeje ko icyorezo cya Ebola cyongeye kugaragara muri DRC no muri Uganda.
Bamwe mu bakurikiranira hafi ibibera muri aka karere bavuga ko gufunga umupaka bishobora kuba ari ingamba zo gukumira ikwirakwira rya virusi ya Ebola, cyane cyane ko umupaka wa Goma na Gisenyi ukoreshwa cyane n’abaturage bambukiranya buri munsi.
Amakuru agezweho agaragaza ko kugeza ku wa 16 Gicurasi 2026, abantu 246 bamaze kwandura Ebola mu Ntara ya Ituri muri DRC, mu gihe abarenga 80 bamaze guhitanwa n’iki cyorezo.
Abaturage bakoresha uyu mupaka basabwe gukomeza gukurikiza amabwiriza y’isuku no kwirinda ingendo zitari ngombwa mu gihe hagitegerejwe itangazo ry’inzego zibishinzwe.

