Abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 bivugwa ko batangiye kuva mu bice bitandukanye byo mu kibaya cya Rusizi, berekeza mu mujyi wa Kamanyola uri muri teritwari ya Walungu, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Amakuru aturuka muri ako gace avuga ko kuva mu mpera z’icyumweru gishize, abarwanyi ba M23 bavuye mu duce […]
Kimenyi Yves wahoze ari umunyezamu wa Amavubi ndetse wanakiniye amakipe atandukanye mu Rwanda, yongeye kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo gutangaza ko ari mu rukundo n’umugore uzwi nka Nana uba muri Australia. Ibi byagarutsweho mu kiganiro banyujije kuri TikTok bari kumwe n’uwitwa GodFather, aho bombi bagiye bavuga ku mubano wabo ndetse n’ibimaze igihe bivugwa […]
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora (RCS) rwatangaje ko Karasira Aimable Uzaramba, wari uzwi nka “Prof Nigga”, yapfuye mu ijoro ryo ku wa 6 Gicurasi 2026, mbere y’amasaha make ngo afungurwe nyuma yo kurangiza igihano yari yarakatiwe. Nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi wa RCS, Sengabo Hillary, yagize ati ”Karasira yafashe imiti yari asanzwe anywa mu rwego rwo kuvura uburwayi […]
Mu myaka ya vuba, mu mijyi ikura cyane nka Kigali na Kampala, hagaragaye umuco mushya w’imibereho wigaruriye cyane urubyiruko: “Soft Life.” Ni ubuzima bugaragara nk’ubwiza, bwuzuyemo kwinezeza, ibirori bidashira, amafoto meza n’ubuzima bw’icyubahiro ku mbuga nkoranyambaga. Ariko se inyuma y’iyo shusho nziza, haba hari iki? Ubuzima bugaragara vs ubuzima nyakuri Ujya winjira mu tubari dukunzwe […]
Itsinda riririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Tehillah Worship Team, rikorera muri RASA UR Huye no muri EAR Butare (Saint Paul Cathedral), ryanditse amateka rikora igitaramo rikomeye ku nshuro ya mbere kuva ryashingwa mu 2008. Tehillah Worship Team yashinzwe ku wa 28 Gashyantare 2008, itangijwe mu rwego rwo gushyigikira gahunda nshya yo gusenga mu […]
Umwuka mubi ukomeje kwiyongera mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho imiryango ya sosiyete sivili igaragaza impungenge ku bikorwa by’urugomo bikomeje kugaragara muri politiki y’iki gihugu. Ibi bije nyuma y’aho inyubako ikoreramo icyicaro cy’ishyaka rya Parti du Peuple pour la Reconstruction et la Démocratie (PPRD), rifitanye isano n’uwahoze ari perezida Joseph Kabila, itwikiwe […]
Nibura abasirikare 23 b’Igihugu cya Chad bishwe, mu gihe abandi 26 bakomeretse, mu gitero cyagabwe n’umutwe w’iterabwoba wa Boko Haram ku kigo cya gisirikare kiri mu karere k’Ikiyaga cya Chad. Igisirikare cya Chad cyatangaje ko iki gitero cyabaye mu ijoro ryo ku wa Mbere, kigabwa ku kirwa cya Barka Tolorom kiri mu Kiyaga cya Chad, […]
Ku wa 3 Gicurasi 2026, inkuba yakubise abantu babiri bo mu Karere ka Burera, ibahitana mu mirenge ya Rwerere na Cyeru. Umwe wari ufite imyaka 39, utuye mu Murenge wa Rwerere, yakubiswe n’inkuba ari mu nzu hamwe n’umuryango we, asiga umugore n’abana bane. Undi wari ufite imyaka 56 wo mu Murenge wa Cyeru, inkuba yamukubise […]
Ibitero bikomeje kugabwa na Israel mu majyepfo ya Liban byahitanye abantu nibura 10 ku munsi wo ku wa Gatandatu, nubwo hashize ibyumweru bibiri hatangajwe agahenge k’intambara. Ibiro by’amakuru bya Liban (NNA) byatangaje ko abantu batatu bishwe n’igitero cyagabwe mu gace ka Shoukine, mu karere ka Nabatieh. Hari kandi abandi babiri bishwe n’igitero cyagabwe ku modoka […]
Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zifatanyije n’abazifasha ku rugamba, zagabye ibitero bikomeye mu duce dutuwe cyane tugenzurwa n’umutwe wa AFC/M23, birimo Minembwe na Kalehe mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko ibyo bitero byatangiye mu ijoro ryo ku wa 1 rishyira ku wa 2 Gicurasi 2026, hagati […]
