Umwuka mubi ukomeje kwiyongera mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho imiryango ya sosiyete sivili igaragaza impungenge ku bikorwa by’urugomo bikomeje kugaragara muri politiki y’iki gihugu.
Ibi bije nyuma y’aho inyubako ikoreramo icyicaro cy’ishyaka rya Parti du Peuple pour la Reconstruction et la Démocratie (PPRD), rifitanye isano n’uwahoze ari perezida Joseph Kabila, itwikiwe mu murwa mukuru Kinshasa.
Amakuru yatangajwe n’abanyamakuru ba Radio Okapi avuga ko ku wa Kabiri, tariki ya 5 Gicurasi, basuye aho ibi byabereye basanga inyubako igaragaza ibimenyetso simusiga by’umuriro wangije igice kinini cyayo. Iyo nyubako iherereye kuri Boulevard Sendwe mu karere ka Kalamu.
Abatangabuhamya bavuga ko icyo cyicaro cyari kimaze igihe kidakorerwamo ibikorwa bya politiki, ariko cyatwitswe n’abantu bari mu myigaragambyo yabaye ku wa Mbere.
Iyo myigaragambyo yari yateguwe n’ishyaka riri ku butegetsi rya Union pour la Démocratie et le Progrès Social, mu rwego rwo gushyigikira ibihano byafatiwe Joseph Kabila n’igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Imiryango ya sosiyete sivili ikomeje gusaba inzego z’umutekano gukora iperereza ryimbitse kuri ibi bikorwa, no gufata ingamba zihamye zo gukumira urugomo rushingiye kuri politiki, rishobora guhungabanya umutekano n’ituze by’igihugu.
Hari impungenge ko niba hatagize igikorwa vuba, ibi bishobora gutuma umwuka wa politiki urushaho kuba mubi, cyane cyane mu gihe igihugu gikomeje guhangana n’ibibazo by’umutekano mu bice bitandukanye.

