Amasasu i White House: Trump ntiyatewe ubwoba ku ntambara ya Iran

Igitero cyakozwe n’umugabo witwaje imbunda n’ibindi byuma cyabereye mu White House mu ijoro ryo ku wa 25 Mata 2026, mu gihe Perezida wa Amerika, Donald Trump, yari mu musangiro n’abanyamakuru ndetse n’abayobozi bakuru b’igihugu. Uyu mugabo w’imyaka 31, wamenyekanye ku izina rya Cole Tomas Allen ukomoka muri Torrance muri Leta ya California, yafunguye umuriro arasa […]

Nyagatare: Diregiteri yirukanywe azira kwiba ibiryo by’abanyeshuri akabigurisha

Uwari umuyobozi w’ishuri ribanza rya Rubira II mu Murenge wa Rwimiyaga mu karere ka Nyagatare yirukanwe mu kazi azira kwiba ibiryo bigenewe abanyeshuri akabigurisha mu gihe yiteguraga kwakira ibindi bizakoreshwa mu gihembwe cya gatatu. Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buvuga ko uyu muyobozi w’ishuri yari yarasigaranye ibiro 460 by’ibiribwa bitakoreshejwe mu gihembwe cya Kabiri. Mu gihe […]

Semuhungu afunze azira Gukoresha undi imibonano mpuzabitsina kugahato n’ibindi

RIB yemeje ko dosiye ya Semuhungu Eric uherutse gutabwa muri yombi, yagejejwe mu Bushinjacyaha ku wa 14 Mata 2026, aho akurikiranyweho ibyaha bitatu birimo icyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato. Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr. Murangira B. Thierry niwe waduhamirije amakuru ko dosiye ya Semuhungu yamaze kugezwa mu Bushinjacyaha. Amakuru atugeraho ku Imbaga […]

Umuti w’intambara yo mu Burasirazuba bwo Hagati

Uwahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Mohammad Javad Zarif, yashyize ahagaragara umugambi ugaragaza inzira yo guhagarika intambara iri hagati ya Iran, Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel, mu gihe amakimbirane akomeje gukaza umurego mu Burasirazuba bwo Hagati. Uyu mugambi watangajwe mu kinyamakuru Foreign Affairs, ukaba ugamije kugera ku mahoro arambye, atari uguhagarika imirwano […]

Ibiciro bishya by’ingendo byavuguruwe ubu kigali – Kamembe ni 11,445Frw

Urwego Ngenzuramikorere, RURA, rwatangaje ibiciro bishya by’ingendo bisimbura ibyari bimaze imyaka ibiri bikoreshwa. Izi mpinduka zije zikurikiye izamuka rikomeye mu mateka y’u Rwanda y’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli kuko bwa mbere, Lisansi na Mazutu byarenze 2000 Frw, kimwe kikagera kuri 2.303 Frw ikindi aba 2.205 Frw. Mu Mujyi wa Kigali, umugenzi azajya yishyura 59.28 Frw kuri […]

Abajura11 bakekwaho ubujura bakoreraga kwa Mutangana Nyabugogo bafashwe

Mu gace ka Nyabugogo hamaze igihe havugwa ubujura bukabije, ariko nyuma yuko abahakorera bagaragaje cyuko hari abajura babatega mu masaha ya nijoro bakabambura ibyo bafite cyane cyane amatelefone, Polisi yaje kubikurikirana kuri uyu wa Mbere tariki 1 Mata 2026, Polisi ikaba yafashe abantu 11 bakekwaho ubwo bujura. ubu bujura bwakorerwaga abacururiza mu isoko ry’ahazwi nko […]

Amerika ishobora kwibasira Cuba

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje amagambo akomeje guteza impaka avuga ko Cuba ishobora kuba igihugu gikurikiraho mu bikorwa bya gisirikare bya Amerika. Ibi yabivugiye mu nama mpuzamahanga y’ishoramari izwi nka Saudi Investment Conference, aho yagaragaje ko Amerika ifite igisirikare gikomeye kandi ishobora kugikoresha igihe bibaye ngombwa. Trump yagize ati: “Nubatse […]

Ibyo wamenya Ku gitaramo Alicia na Germaine batumiwemo muri BK Arena

Ni igitaramo cyateguwe n’itsinda ry’abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana basanzwe bafite izina rikomeye hano mu Rwanda, Ben na Chance, kizaba kuwa 05 Mata 2026. Iki gitaramo kiswe Easter Jubilee, ni kimwe mubitaramo Ben & Chance bateguye gukorera mu Rwanda ariko bakazanakorera ibindi hanze y’u Rwanda nk’uko babitangaje ubwo bari mu Kiganiro n’ IGIHE […]

Imodoka ya Howo yaguye muri Nyabarongo

Nkuko byatangajwe n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyarusange Byicaza Jean Claude wo mu karere ka Muhanga, imodoka yari itwawe n’umushoferi witwa Mugwaneza Idrissa wakoreraga campany y’abashinwa yaguye mu mugezi wa nyabarongo uwo mushoferi ahasiga ubuzima. Iyi mpanuka yabereye mu Mudugudu wa Murambi, Akagari ka Musongati, Umurenge wa Nyarusange, mu Karere ka Muhanga Byicaza Jean Claude Avuga […]