Perezida Ruto Yahakanye Ibivugwa ku Kwakira Abarwayi ba Ebola b’Abanyamerika muri Kenya

Perezida wa Kenya, William Ruto, yatanze ibisobanuro ku mpaka zimaze iminsi zivugwa ku mushinga wo gushyiraho ikigo cyihariye cyo kwitegura guhangana n’icyorezo cya Ebola, nyuma y’impaka n’imyigaragambyo byagaragajwe n’abaturage bamwe. Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Perezida Ruto yavuze ko gahunda iri gukorwa igamije kongerera igihugu ubushobozi bwo gukumira no guhangana n’indwara z’ibyorezo, aho yashimangiye ko ubuzima […]

Abanyamakuru benshi mu Rwanda bafite amashuri menshi ariko bahembwa make

Ubushakashatsi bushya bwakozwe n’Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda (ARJ) bwagaragaje ko nubwo abanyamakuru benshi bafite amashuri makuru, imibereho yabo ikomeje kuba ikibazo gikomeye kubera imishahara mike n’akazi kadahoraho. Raporo ya 2026 Rwanda Media Sector Mapping yerekanye ko abarenga 78% by’abakora umwuga w’itangazamakuru bafite nibura impamyabumenyi ya kaminuza, mu gihe hafi kimwe cya kabiri cyabo bize amasomo […]

Emma Claudine yibasiwe na BTN TV isaba ko yibutswa inshingano ze ku mwanya ari ho

Ikinyamakuru BTN TV cyatangaje ko kimaze igihe gihura n’imbogamizi mu kubona amakuru atangwa n’Umujyi wa Kigali, gisaba inzego zitandukanye kwibutsa Umuvugizi w’uyu mujyi, Emma Claudine, inshingano zo gutanga amakuru ku bitangazamakuru. Mu butumwa cyashyize ku rubuga nkoranyambaga X, BTN TV yavuze ko hari inkuru nyinshi cyagiye gishaka gutangaho ibisobanuro biturutse ku buyobozi bw’Umujyi wa Kigali, […]

Arashyize ararongora M.Irene yatangaje igihe ubukwe bwe buzabera

Umunyamakuru akaba n’umujyanama w’abahanzi, Murindahabi Irene wamamaye nka M Irene, yatangaje ko agiye gukora ubukwe n’umukunzi we Nishimwe Liliane bari bamaze igihe kinini bakundana, nyuma yo kumwambika impeta y’urukundo mu gihugu cy’u Bubiligi. Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 16 Gicurasi 2026, M Irene washinze inzu ifasha abahanzi ya MIE Empire, yifashishije amafoto atandukanye agaragaza […]

Ubushyamirane bukomeje kwiyongera muri RDC nyuma y’itwikwa ry’icyicaro cya PPRD i Kinshasa

Umwuka mubi ukomeje kwiyongera mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho imiryango ya sosiyete sivili igaragaza impungenge ku bikorwa by’urugomo bikomeje kugaragara muri politiki y’iki gihugu. Ibi bije nyuma y’aho inyubako ikoreramo icyicaro cy’ishyaka rya Parti du Peuple pour la Reconstruction et la Démocratie (PPRD), rifitanye isano n’uwahoze ari perezida Joseph Kabila, itwikiwe […]

Amasasu i White House: Trump ntiyatewe ubwoba ku ntambara ya Iran

Igitero cyakozwe n’umugabo witwaje imbunda n’ibindi byuma cyabereye mu White House mu ijoro ryo ku wa 25 Mata 2026, mu gihe Perezida wa Amerika, Donald Trump, yari mu musangiro n’abanyamakuru ndetse n’abayobozi bakuru b’igihugu. Uyu mugabo w’imyaka 31, wamenyekanye ku izina rya Cole Tomas Allen ukomoka muri Torrance muri Leta ya California, yafunguye umuriro arasa […]

Nyagatare: Diregiteri yirukanywe azira kwiba ibiryo by’abanyeshuri akabigurisha

Uwari umuyobozi w’ishuri ribanza rya Rubira II mu Murenge wa Rwimiyaga mu karere ka Nyagatare yirukanwe mu kazi azira kwiba ibiryo bigenewe abanyeshuri akabigurisha mu gihe yiteguraga kwakira ibindi bizakoreshwa mu gihembwe cya gatatu. Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buvuga ko uyu muyobozi w’ishuri yari yarasigaranye ibiro 460 by’ibiribwa bitakoreshejwe mu gihembwe cya Kabiri. Mu gihe […]