FARDC na Wazalendo bafashe agace ka Kinigi muri Masisi

author
1 minute, 10 seconds Read

Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), zifatanyije n’inyeshyamba za Wazalendo, zafashe agace ka Kinigi gaherereye mu Murenge wa Katoy, muri Teritwari ya Masisi ho mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, nyuma y’imirwano ikaze yabahuje n’inyeshyamba za AFC/M23.

Amakuru aturuka muri ako gace avuga ko imirwano yatangiye ku mugoroba wo ku wa Gatatu, ubwo FARDC na Wazalendo bagabaga ibitero ku birindiro bya AFC/M23 biherereye muri Kinigi.

Kuri uyu wa Kane tariki ya 21 Gicurasi, ni bwo amakuru yatangiye kuvuga ko ingabo za leta n’abafatanyabikorwa bazo zinjiye muri uwo mujyi muto nyuma yo gusatira ibice byari bifitwe na AFC/M23.

Nubwo umubare nyakuri w’ababa baraguye muri iyo mirwano utaratangazwa, amakuru ava mu gisirikare avuga ko ibikorwa byo gushakisha no gucunga umutekano muri ako gace bikomeje.

Hari kandi andi makuru ava mu baturage bo muri ako karere avuga ko abarwanyi ba AFC/M23 bashobora kuba basubiye inyuma berekeza mu gace ka Rubaya nyuma y’iyo mirwano, nubwo ayo makuru ataremezwa ku mugaragaro n’impande bireba.

Imirwano yakomeje guteza ikibazo cy’ubuhunzi, aho abaturage benshi bahungiye mu bice bibonwa nk’itekanye kurushaho. Bamwe bavuga ko babayeho mu buzima bugoye, harimo kubura ibiribwa, amazi meza n’ubuvuzi.

Uburasirazuba bwa RDC bukomeje kuba indiri y’imirwano hagati y’impande zitandukanye zifite intwaro, ibintu bikomeje kugira ingaruka ku mutekano n’imibereho y’abaturage.

FARDC na Wazalendo bafashe agace ka Kinigi muri Masisi

About The Author

Inkuru bihuye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *