Tshisekedi yaheje abari ‘mu nyungu z’u Rwanda’ AFC/M23 mu biganiro by’abanye-Congo

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yatangaje ko igihugu kigiye gutangiza ibiganiro bigamije gushimangira amahoro, ubumwe n’ubwiyunge, ariko ashimangira ko abatwara intwaro barwanya Leta batazabyitabira nk’abahagarariye imitwe ya politiki. Mu ijambo yagejeje ku Banye-Congo, Tshisekedi yavuze ko ibiganiro bishya bigomba kuba gahunda y’Abanye-Congo kandi bigakorerwa imbere mu gihugu, hagamijwe gushakira Congo ibisubizo […]

Imirwano yongeye kubura mu misozi ya Uvira, Twirwaneho ivugwaho kwigarurira ibice bishya

Imirwano ikomeye yongeye kubura mu misozi ya Uvira, muri Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri iki Cyumweru tariki ya 23 Kanama 2026, mu gihe impande zitandukanye zikomeje imirwano nubwo ibiganiro by’amahoro bikomeje. Amakuru aturuka mu nzego z’ibanze avuga ko imirwano yabereye cyane cyane mu bice bya Malimba na Rubarati, aho abarwanyi ba […]

“Ntabwo Tuzarebera”: Bisimwa Avuze ku Byo AFC/M23 Ikora muri Minembwe

Umuyobozi wungirije w’ihuriro AFC/M23, Bertrand Bisimwa, yavuze ko ibikorwa bya gisirikare by’iri huriro muri Komini Minembwe, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, bigamije gukumira ko Abanyamulenge bakongera kwibasirwa n’ubwicanyi nk’ubwabereye mu nkambi ya Gatumba mu Burundi mu 2004. Bisimwa yabivuze ubwo AFC/M23 n’abafatanyabikorwa bayo bibukaga imyaka 22 ishize habaye ubwicanyi bwibasiye Abanyamulenge bari mu nkambi ya […]

Igitero cy’u Burusiya cyateje inkongi ku cyambu cya Ukraine, Zelenskyy asaba America misile

Ingabo z’u Burusiya zagabye igitero ku bikorwa remezo by’icyambu cya Izmail, mu majyepfo ya Ukraine, bituma umuriro ufata, nk’uko abayobozi bo muri ako gace babitangaje. Ubuyobozi bw’Akarere ka Izmail bwabitangaje mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, ko igitero cy’Uburusiya cyibasiye ibikorwa remezo by’icyambu, bikangiza bimwe mu bikorwa ndetse hagatangira inkongi y’umuriro. Abatabazi n’abashinzwe kuzimya […]

Umutingito ukomeye wibasiye Colombia, abarenga 100 barapfa

Abantu barenga 100 bamaze kwitaba Imana nyuma y’umutingito ukomeye wibasiye uburengerazuba bwa Colombia ku wa 10 Kanama 2026, ugasiga inyubako zasenyutse ndetse ibikorwa remezo bikangirika. Uyu mutingito wavuzwe ko ari wo ukomeye cyane wibasiye Colombia muri iki kinyejana. Ibice bitandukanye by’igihugu byagize ingaruka, aho ibikorwa by’ubutabazi byahise bitangira gushakisha abantu bashobora kuba bakiri munsi y’ibisigazwa […]

RBC: Umubare w’abagabo baryamana n’abo bahuje igitsina wiyongereye

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) cyatangaje ko umubare w’abagabo baryamana n’abo bahuje igitsina mu Rwanda wakomeje kwiyongera, kikagaragaza ko ari kimwe mu byiciro bifite ibyago byo kwandura Virusi itera SIDA kurusha abaturage muri rusange. Ubushakashatsi bwa RBC bwakozwe mu mwaka wa 2024/2025 bwerekana ko umubare w’iki cyiciro wageze ku bantu ibihumbi 29, uvuye ku bihumbi […]

Trump ntiyemeye ubusabe bwa Netanyahu bwo kubuza Turikiya kugura indege za F-35

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, ntiyashyigikiye ubusabe bwa Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, wasabaga ko Turikiya itemererwa kongera kubona indege z’intambara zo mu bwoko bwa F-35. Netanyahu yari yagaragaje impungenge ko guha Turikiya izi ndege zigezweho byahindura uburinganire bw’imbaraga za gisirikare mu Burasirazuba bwo Hagati, akavuga ko bishobora kugira ingaruka […]

AFC/M23 ishinja ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC gutwika inzu z’abaturage no kubica i Lumbishi

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ihuriro ry’ingabo zishyigikiye ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryagabye igitero gikomeye mu gace ka Lumbishi, kari muri Teritwari ya Kalehe, kigahitana abaturage ndetse kigasenya inzu zabo. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yavuze ko icyo gitero cyabaye mu rukerera rwo ku wa 28 Kamena 2026, aho […]

Ebola Muri RDC: Inzara Itumye Abarwayi Batoroka Ibitaro

Icyorezo cya Ebola gikomeje guteza ibibazo bikomeye mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho inzego z’ubuzima zigaragaza ko ikibazo cy’ibura ry’ibiribwa kiri gutuma abarwayi bamwe bava mu bitaro cyangwa bakava aho bashyizwe mu kato bakajya gushaka ibyo kurya. Imibare iheruka yerekana ko abantu amagana bamaze kwandura Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo, mu […]

Iran yihanangirije Israel nyuma y’ibitero byahitanye abantu muri Liban

Guverinoma ya Iran yatangaje ko Israel yakomeje kurenga ku masezerano yo guhagarika imirwano muri Liban, ivuga ko ibi byakozwe inshuro nyinshi kuva hashyirwaho ubwumvikane hagati ya Tehran na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Iran yavuze ko niba ibi bitero bikomeje, ishobora gufata ingamba zikomeye zo kubisubiza. Ibi byatangajwe nyuma y’uko abantu bane biciwe mu bitero […]