Yamaze amasaha 21 munsi y’ubutaka agihumeka nyuma yo kugwirwa n’ikirombe

Abatuye muri Teritwari ya Masisi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bagize agahinda gakomeye nyuma y’inkangu yagwiriye ikirombe cy’amabuye y’agaciro cya Luwowo giherereye muri Rubaya, rigahitana abarenga 200. Iyi mpanuka yabaye ku mugoroba wa tariki ya 28 Mutarama 2026, aho amakuru yatangiye gukwirakwira ahagana saa cyenda z’umugoroba. Abari hafi y’aho […]

UR Huye yabaye iya mbere mu marushanwa y’imbyino gakondo n’ubusizi mu ntara

Kuri uyu wa 7 Gashyantare 2026, muri Kaminuza y’u Rwanda Ishami rya Huye habereye amarushanwa y’imbyino gakondo n’ubusizi ahuza amashuri makuru na kaminuza, ku nshuro ya kabiri. Yari afite insanganyamatsiko igira iti: “Ubuhanzi, inkingi y’ubukungu burambye.” Aya marushanwa yabereye mu Karere ka Huye mu Ntara y’Amajyepfo, ahuza ICK, Kaminuza ya Gitwe, RP Huye na Kaminuza […]

Tshisekedi yasabwe kurandura FDLR na Wazalendo mu maguru mashya

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yasabwe gufata ingamba zifatika mu kurwanya imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR na Wazalendo, hagamijwe gushimangira umutekano n’amahoro arambye mu gihugu cye no mu karere ka Afurika yo hagati n’Iburasirazuba. Ibi byagarutsweho mu biganiro yagiranye n’abayobozi bakuru muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu ruzinduko […]

Ubukene bumeze nabi mu muryango w’abibumbye UN

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres, yatangaje ko uyu Muryango wugarijwe n’ibura ry’amafaranga ku buryo nta hatagize igikorwa, amafaranga ufite azashira bitarenze mu kwezi kwa Nyakanga 2026. Ni ibikubiye mu ibaruwa Antonio Guterres yandikiye ibihugu binyamuryango 193 bya LONI. Antonio Guterres yavuze ko uyu Muryango uri mu kibazo cyo kuba washiranwa n’amafaranga kuko ibihugu byinshi […]

Libya: Nyuma y’imyaka 16 ishize Umucuruzi yatunguwe no kwakira telefoni za Nokia yari yaratumije muri 2010

Umucuruzi wa matelefoni zigendanwa ukorera mu Mujyi wa Tripoli muri Libya yatunguwe no kwakira umuzigo wa matelefoni mato ya Nokia azwi nka push-button cyangwa matushe, yari yaratumije mu mwaka wa 2010, hashize imyaka 16 yose. Iyi nkuru igaragaza mu buryo bugaragara ingaruka z’imvururu n’intambara byibasiye Libya mu myaka irenga 15 ishize, bikangiza bikomeye ubwikorezi n’imikorere […]

APR FC kuri final nyuma yo gusezerera AS Kigali mu gikombe cy’intwari 2026

Amakipe yacu dukunda APR FC na AS Kigali yahuye mumukino wa 1/2 w’igikombe cy’Intwari 2026 kuri uyu wa 28 Mutarama saa Cyenda z’igicamunsi kuri Kigali Pelé stadium. Nyuma y’iminsi 61 banganyije igitego 1-1 muri Rwanda Premier League, APR FC itsinze uyu mukino 3-0 Uyumukino watangiye amakipe yombi ari kwiga umukino, ananganya imbaraga arinako ashaka uburyo […]

Senegal yegukanye igikombe cya Africa Cup of Nations (AFCON) 2025

Abakunzib’umupira w’amaguru muri Africa ndetse no ku is hose bamaze hari ukwezi kose baryoherwa n’irushanwa rikomeye ku mugabane w’Afrika, AFCON 2025 kugeza rishyizweho akadomo n’umukino wanyuma wahuje ikipe y’igihugu ya Morocco (Les Lions de l’Atlas) n’iya Senegal (Les Lions de la Téranga), umukino wasize Senegal irara neza. Uyu mukino wabaye mu mwuka wihariye, aho amakipe […]

Amateka, Uduhigo, Udushya utaruzi ku’ikipe ya Arsenal FC yo mu Bwongereza.

Ikipe ya Arsenal FC yashinzwe mu 1886 mumajyepfo y’umugi wa London ahitwa woolwich n’uruganda rwacuraga intwaro. Iyikipe yashinzwe n’abari abakozi b’uruganda rwitwaga Royal arsenal rwakoraga intwaro zifashishwagwa nigisirikare cy’ubwongereza. Ntibyari ikipe gusa ahubwo byari ikimenyetso cyo guhanga udushya no gukorera hamwe. Kuki arsenal bayita the gunners? mu 1913 ikipe yimukiye mumajyaruguru y’umugi wa London, murwego […]