author

Mussa KaKa

My name is Byiringiro Moise, a graduate of the University of Rwanda in the Department of History and Heritage. I have practical experience in heritage preservation and museum education, having completed an internship at the Huye Ethnographic Museum where I worked on ethnographic collection management and visitor engagement. I have also served as a teacher, delivering holistic lessons that empower youth and strengthen community values. My academic and professional journey reflects a deep commitment to cultural identity, reconciliation, and civic education.

Insigamigani: Si Umurozi Ni Rubamba

Uyu mugani bawuca iyo bashaka kumvisha ko naka ari kirimbuzi kiri-mbura imbaga, ko adakwiye kugirirwa imbabazi; ni bwo bavuga bati : «Siumurozi ni rubamba!» Wakomotse kuri Rubamba wo mu Bibungo byaMukinga h’i Musambira (Gitarama);ahagana mu mwaka w’i 1800. Rubamba yari umukungu w’imyaka n’amatungo; agatwarwa n’umutware witwa Kabango. Bukeye Kabango aribwa n’ubwo bukire bwa Ruba-mba, ashaka […]

Mu Bufaransa: igisasu cyatezwe mu ntambara ya kabiri y’isi cyateguwe

Polisi yo mu gace ka Colombes, mu Bufaransa, yatangaje ko yateguye igisasu cyari gisigaye mu gihe cy’Intambara ya Kabiri y’Isi, cyari cyabonetse ahakorerwaga imirimo y’ubwubatsi. Iki gisasu cyabonetse ku wa 10 Mata 2026, ubwo abakozi bari mu bikorwa byo kubaka babonaga ikintu bakekaga ko gishobora guteza ibyago, bahita bamenyesha inzego z’umutekano. Nyuma yo kugenzura, byemejwe […]

U Rwanda na Uganda byongeye gushimangira umubano: Ese JPC 2026 iradusigira izihe impinduka?

Abahagarariye Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Uganda bahuriye mu nama ya Komisiyo Ihoraho Ihuriweho (JPC) iri kubera mu mujyi wa Kampala, aho bagaragaje ubushake bwo gukomeza guteza imbere umubano mwiza ushingiye ku buvandimwe hagati y’ibihugu byombi. Iyi nama ibaye ku nshuro ya 12, ikaba iri kubera muri Mestil Hotel, yitabiriwe […]

Amerika yafashe ubwato bwa Iran, umwuka mubi wongera kuzamuka hagati y’impande zombi

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko ingabo z’icyo gihugu zafashe ubwato butwara imizigo bwa Iran nyuma yo kutubahiriza amabwiriza bwari bwahawe mu nyanja iri hafi y’inzira ya Strait of Hormuz. Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa Truth Social ku Cyumweru, yavuze ko ubwo bwato bwitwa Touska bwaburiwe n’ingabo zirwanira mu […]

Kwibuka 7 Mata 1994: Ibyaranze umunsi wa mbere wa Jenoside yakorewe Abatutsi

Ku itariki ya 7 Mata 1994, ni bwo Interahamwe n’umutwe w’abasirikare barindaga Perezida Habyarimana Juvénal batangiye gushyiraho amabariyeri mu duce twinshi tw’Umujyi wa Kigali, banatangira ibikorwa byo kwica Abatutsi. Uwari Minisitiri w’Intebe, Uwilingiyimana Agathe, hamwe n’abasirikare icumi b’Ababiligi bo mu ngabo z’Umuryango w’Abibumbye bari bashinzwe umutekano we, bishwe n’abasirikare ba Leta y’u Rwanda, mbere bakorewe […]

Miliyari 109 Frw zigiye gushorwa i Buhanga kwa Gihanga: Menya impamvu bihagurukiwe

Umurenge wa Nkotsi wo mu Karere ka Musanze wamuritse umushinga munini wo kuvugurura agace ndangamateka ka Buhanga kwa Gihanga, kazwi cyane mu mateka y’u Rwanda. Biteganyijwe ko uyu mushinga uzatwara arenga miliyari 109 z’amafaranga y’u Rwanda, angana na miliyoni 75 z’amadolari ya Amerika. Buhanga kwa Gihanga giherereye mu Mudugudu wa Barizo, Akagari ka Bikara mu […]

Ibikorwa remezo by’ingufu: Gaz ya Kivu iteganyijwe gutangira gukoreshwa mu 2028

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Amb. Uwihanganye Jean de Dieu, yatangaje ko gaz icukurwa mu Kiyaga cya Kivu iteganyijwe gutangira gukoreshwa mu gihembwe cya mbere cya 2028, ni ukuvuga mu mezi atatu ya mbere y’uwo mwaka. Yasobanuye ko abazahabwa amahirwe yo kuyikoresha bwa mbere ari abafite ibikorwa bitekera hamwe, birimo ibigo by’amashuri, ibitaro n’ahandi […]

Israel yatangaje ko yatangiye ibitero ku bikorwaremezo bya Iran

Ingabo za Israel zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero bigamije kwangiza bimwe mu bikorwaremezo bya Leta ya Iran mu mijyi irimo Tehran, Shiraz na Tabriz, kugira ngo bahagarike Iran kuko ari uduce bafata nk’ahifashishwa mu bikorwa by’umutekano n’ubutegetsi bwa Iran. Mu itangazo ryashyizwe hanze n’ingabo za Israel (IDF), bavuze ko ibyo bitero bigamije kwibasira ibikorwa bafata […]

Unity Club yatangije icyiciro cya gatanu cy’ibiganiro “Ndi Umunyarwanda” mu mashuri yisumbuye

Umuryango Unity Club Intwararumuri, ku bufatanye na Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE) n’izindi nzego za Leta, watangije icyiciro cya gatanu cy’ibiganiro bya gahunda “Ndi Umunyarwanda.” Ibi biganiro bizibanda cyane ku rubyiruko rwo mu mashuri yisumbuye, hagamijwe kurushaho kubaka ubumwe bw’Abanyarwanda no gukomeza kwimakaza indangagaciro z’umuco nyarwanda. Iki gikorwa giteganyijwe kugera mu mashuri yisumbuye agera […]