Abarenga 1.000 bamaze guhitanwa n’ubushyuhe bukabije mu Bufaransa

U Bufaransa bukomeje guhangana n’ingaruka z’ubushyuhe bukabije bumaze icyumweru bwibasira ibice bitandukanye by’igihugu, aho abantu barenga 1.000 bamaze kwitaba Imana kubera ubushyuhe budasanzwe. Amakuru yatangajwe n’inzego z’ubuzima agaragaza ko impfu zabaye hagati ya tariki ya 24 Kamena n’ubu, mu gihe ubushyuhe bwarenze dogere Celsius 40 mu turere twinshi tw’igihugu. Ni imwe mu mpeshyi zikomeye igihugu […]

Amerika yasabye u Bubiligi gukaza ingamba ku bagenzi bava muri RDC kubera Ebola

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zagaragaje impungenge ziterwa n’ikwirakwira ry’icyorezo cya Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), zisaba u Bubiligi gufata ingamba zikomeye ku bagenzi baturuka muri iki gihugu. Nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru De Morgen ku wa 9 Kamena 2026, Ambasaderi wa Amerika mu Bubiligi, Bill White, yasabye ubutegetsi bw’u Bubiligi kugenzura no kugabanya […]

Stade ya Huye igiye guhabwa isura nshya nyuma y’igihe yaribagiranye

Nyuma y’igihe kirekire igikorwa cyo kuvugurura Stade Mpuzamahanga ya Huye, kimeze nk’icyibagiranye ndetse imirimo yo kugisana yarahagaze, kuri uyu wa 13 Gicurasi 2026, ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imyubakire (RHA) bwatanze icyizere gishya cy’uko iki gikorwaremezo kigiye kurangira vuba. Umuyobozi Mukuru wa RHA, Rukaburandekwe Alphonse, yagejeje raporo kuri Komisiyo y’Imari n’Umutungo bya Leta mu Nteko Ishinga […]

ISURA NYAKURI Y’UBUZIMA BW’IBINYOMA: Ukuri kwihishe inyuma ya “Soft Life” yo mu Mijyi

Mu myaka ya vuba, mu mijyi ikura cyane nka Kigali na Kampala, hagaragaye umuco mushya w’imibereho wigaruriye cyane urubyiruko: “Soft Life.” Ni ubuzima bugaragara nk’ubwiza, bwuzuyemo kwinezeza, ibirori bidashira, amafoto meza n’ubuzima bw’icyubahiro ku mbuga nkoranyambaga. Ariko se inyuma y’iyo shusho nziza, haba hari iki? Ubuzima bugaragara vs ubuzima nyakuri Ujya winjira mu tubari dukunzwe […]

Ubushyamirane bukomeje kwiyongera muri RDC nyuma y’itwikwa ry’icyicaro cya PPRD i Kinshasa

Umwuka mubi ukomeje kwiyongera mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho imiryango ya sosiyete sivili igaragaza impungenge ku bikorwa by’urugomo bikomeje kugaragara muri politiki y’iki gihugu. Ibi bije nyuma y’aho inyubako ikoreramo icyicaro cy’ishyaka rya Parti du Peuple pour la Reconstruction et la Démocratie (PPRD), rifitanye isano n’uwahoze ari perezida Joseph Kabila, itwikiwe […]

Kiliziya Gatolika yamaganye abitwa “Abatowe” bashyizeho ‘Papa’ mu Rwanda

Mu minsi ishize, ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye amashusho agaragaza itsinda ry’abantu biyita “Abatowe” ryimitse umuntu ryise Papa mushya mu Rwanda, ibintu byateje impaka n’urujijo mu bakirisitu no muri sosiyete nyarwanda. Uwo witwa Harerimana Faustin ni we wahawe izina rya Papa muri uwo muhango, aho yambitswe inkoni y’ubushumba, ahabwa umusaraba ndetse na Bibiliya, nk’ibimenyetso by’ubuyobozi bw’iyobokamana. […]

Trump yanze kongera igihe cy’agahenge na Iran mu gihe ibiganiro bikomeje gushidikanywaho

Perezida wa America, Donald Trump, yatangaje ko adashyigikiye kongera igihe cy’agahenge hagati y’Amerika na Iran giteganyijwe kurangira ku wa Gatatu, kugira ngo habeho andi mahirwe y’ibiganiro. Trump yabivuze mu kiganiro yagiranye na CNBC uy’umunsi kuwa Kabiri, aho yagaragaje ko igihe gisigaye ari gito kandi ko hatabayeho amasezerano, imirwano ishobora kongera kubura. Ibiganiro bishya biteganyijwe kubera […]

Dore amatike ahenze cyane bitewe n’ihinduka ry’Ibiciro by’ingendo mu Rwanda

Urwego Ngenzuramikorere mu Rwanda (RURA) rwatangaje ibiciro bishya by’ingendo mu modoka zitwara abagenzi, mu buryo bwa rusange nyuma yuko Intambara iri kubera muburasurazuba bwo hagati yakomye mu nkora kuboneka kw’ibikomoka kuri peteroli. Iri hinduka rije rikurikira izamuka rikomeye ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli, aho ku nshuro ya mbere mu mateka y’u Rwanda, lisansi na mazutu byarenze […]

Abajura11 bakekwaho ubujura bakoreraga kwa Mutangana Nyabugogo bafashwe

Mu gace ka Nyabugogo hamaze igihe havugwa ubujura bukabije, ariko nyuma yuko abahakorera bagaragaje cyuko hari abajura babatega mu masaha ya nijoro bakabambura ibyo bafite cyane cyane amatelefone, Polisi yaje kubikurikirana kuri uyu wa Mbere tariki 1 Mata 2026, Polisi ikaba yafashe abantu 11 bakekwaho ubwo bujura. ubu bujura bwakorerwaga abacururiza mu isoko ry’ahazwi nko […]

Ibyo wamenya Ku gitaramo Alicia na Germaine batumiwemo muri BK Arena

Ni igitaramo cyateguwe n’itsinda ry’abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana basanzwe bafite izina rikomeye hano mu Rwanda, Ben na Chance, kizaba kuwa 05 Mata 2026. Iki gitaramo kiswe Easter Jubilee, ni kimwe mubitaramo Ben & Chance bateguye gukorera mu Rwanda ariko bakazanakorera ibindi hanze y’u Rwanda nk’uko babitangaje ubwo bari mu Kiganiro n’ IGIHE […]