Nkuko byatangajwe n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyarusange Byicaza Jean Claude wo mu karere ka Muhanga, imodoka yari itwawe n’umushoferi witwa Mugwaneza Idrissa wakoreraga campany y’abashinwa yaguye mu mugezi wa nyabarongo uwo mushoferi ahasiga ubuzima. Iyi mpanuka yabereye mu Mudugudu wa Murambi, Akagari ka Musongati, Umurenge wa Nyarusange, mu Karere ka Muhanga Byicaza Jean Claude Avuga […]
Umubare mwinshi w’ abayisilamu baturutse mu bice bitandukanye by’Igihugu bari bateraniye muri BK Arena bazinduwe ni igikorwa bise ‘Meet The President’ aho barimo baganira na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, mu kwishimira ibyo Abayisilamu bagezeho. Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Werurwe 2026, Kibera muri BK Arena, aho kitabiriwe n’ibihumbi by’Abayisilamu baturutse […]
Ubuyobozi bw’Itorero ADEPR bwashyize hanze urutonde rw’abantu 35 bambuwe inshingano za gishumba n’iz’umubwirizabutumwa baherewe mu Itorero rya ADEPR mu Rwanda nyuma yuko bahamijwe ibyaha bya Jenoside, aba barimo Pasiteri Uwinkindi Jean woherejwe n’Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga rw’i Arusha, akaburanishirizwa mu Rwanda, agakatirwa gufungwa burundu. Iri tangazo rivuga ko icyemezo cyo kwirukana burundu bariya bantu, rishingiye ku […]
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 4 Werurwe 2026 yemeje umushinga w’itegeko rigenga umutungo koranabuhanga (virtual assets) mu Rwanda. Iki cyemezo gifatwa nk’intambwe ya mbere iganisha ku gushyiraho amategeko agenga ikoreshwa ry’uyu mutungo mu gihugu. Umutungo koranabuhanga ni agaciro kagaragazwa mu buryo bw’ikoranabuhanga gashobora gucuruzwa cyangwa guhererekanywa, hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga, gashobora kandi gukoreshwa mu kwishyura no […]
Kuri uyu wa gatandatu taliki 28 Gashyantare 2026 polisi y’u Rwanda ikorera mumugi wa Kigali yataye muri yombi abasore batatu bakurikiranyweho kuvogera kugeza binjiye mu ndege ya company ya MTN yari iparitse i Nyamirambo ahari hagiye gusorezwa agace ka 7 ka Tour du Rwanda 2026. Nkuko abaturage bari aho ibi byabereye babihamirije BTN TV ngo […]
Mu minsi ibiri ishize, mu Karere ka Kayonza mu Murenge wa Kabare, haguye imvura ikaze ivanzemo inkuba n’imiyaga ikomeye, yateje igihombo gikomeye abaturage nyuma y’aho inkuba ikubise inka icumi, eshanu muri zo zigahita zipfa ako kanya. Ibi byago byabaye ku gicamunsi cyo ku wa Kabiri no ku wa Gatatu w’iki cyumweru, bishyira mu kaga imiryango […]
i Paris mu Bufaransa kuri uyu wa 21 Gashyantare 2026, abarenga 500 biganjemo urubyiruko baturutse mu bihugu by’i Burayi bahuriye mu gikorwa cyo kungurana ibitekerezo ku bumwe n’ubudaheranwa mu nsanganyamatsiko “Ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda”. Ni igikorwa kitabiriwe na minisitiri w’ubumwe bw’abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu Dr Bizimana Jean Damascene, Minisitiri w’umuco na sporo Nelly Mukazayire, abambasaderi ndetse n’abanyarwanda […]
Guverinoma ya Uganda yatangaje ko abahanzi n’abakora ibihangano bitandukanye bagiye kujya bemererwa gukoresha uburenganzira ku bihangano byabo (copyright) nk’ingwate mu kwaka inguzanyo muri banki. Ibi byatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburinganire n’Umuco, Peace Mutuuzo, wavuze ko iyi gahunda izatangira gushyirwa mu bikorwa neza ubwo itegeko rivuguruye rigenga uburenganzira ku bihangano (Copyright Amendment Bill) rizaba […]
Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yasabwe gufata ingamba zifatika mu kurwanya imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR na Wazalendo, hagamijwe gushimangira umutekano n’amahoro arambye mu gihugu cye no mu karere ka Afurika yo hagati n’Iburasirazuba. Ibi byagarutsweho mu biganiro yagiranye n’abayobozi bakuru muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu ruzinduko […]
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagaragaje ko adasobanukiwe uburyo abantu babiri bashakanye bananiranwa kubana kugeza aho batandukanye, ashimangira ko abashakanye bakwiye kwihanganirana, anaha abanyamadini umukoro wo gushaka igisubizo kirambye ku bibazo byugarije imiryango. Yabigarutseho kuri uyu wa 1 Gashyantare 2026, ubwo yitabiraga amasengesho yo gusengera Igihugu no gushima Imana (National Prayer Breakfast) ategurwa n’Umuryango Rwanda […]
