Imodoka ya Howo yaguye muri Nyabarongo

Nkuko byatangajwe n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyarusange Byicaza Jean Claude wo mu karere ka Muhanga, imodoka yari itwawe n’umushoferi witwa Mugwaneza Idrissa wakoreraga campany y’abashinwa yaguye mu mugezi wa nyabarongo uwo mushoferi ahasiga ubuzima. Iyi mpanuka yabereye mu Mudugudu wa Murambi, Akagari ka Musongati, Umurenge wa Nyarusange, mu Karere ka Muhanga Byicaza Jean Claude Avuga […]

“Abayisilamu iyo bateye Imbere n’igihugu kiba giteye imbere” Perezida Paul Kagame

Umubare mwinshi w’ abayisilamu baturutse mu bice bitandukanye by’Igihugu bari bateraniye muri BK Arena bazinduwe ni igikorwa bise ‘Meet The President’ aho barimo baganira na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, mu kwishimira ibyo Abayisilamu bagezeho. Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Werurwe 2026, Kibera muri BK Arena, aho kitabiriwe n’ibihumbi by’Abayisilamu baturutse […]

ADEPR yashyize hanze urutonde rw’abantu 35 bambuwe inshingano za gishumba mu Rwanda

Ubuyobozi bw’Itorero ADEPR bwashyize hanze urutonde rw’abantu 35 bambuwe inshingano za gishumba n’iz’umubwirizabutumwa baherewe mu Itorero rya ADEPR mu Rwanda nyuma yuko bahamijwe ibyaha bya Jenoside, aba barimo Pasiteri Uwinkindi Jean woherejwe n’Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga rw’i Arusha, akaburanishirizwa mu Rwanda, agakatirwa gufungwa burundu. Iri tangazo rivuga ko icyemezo cyo kwirukana burundu bariya bantu, rishingiye ku […]

Ibyo wamenya ku itegeko rigenga umutungo koranabuhanga ryemejwe n’inama y’aba minisitiri

Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 4 Werurwe 2026 yemeje umushinga w’itegeko rigenga umutungo koranabuhanga (virtual assets) mu Rwanda. Iki cyemezo gifatwa nk’intambwe ya mbere iganisha ku gushyiraho amategeko agenga ikoreshwa ry’uyu mutungo mu gihugu. Umutungo koranabuhanga ni agaciro kagaragazwa mu buryo bw’ikoranabuhanga gashobora gucuruzwa cyangwa guhererekanywa, hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga, gashobora kandi gukoreshwa mu kwishyura no […]

Abanyarwanda batuye i Burayi bagiranye ibihe byiza n’aba Minisitiri bo mu Rwanda i Paris

i Paris mu Bufaransa kuri uyu wa 21 Gashyantare 2026, abarenga 500 biganjemo urubyiruko baturutse mu bihugu by’i Burayi bahuriye mu gikorwa cyo kungurana ibitekerezo ku bumwe n’ubudaheranwa mu nsanganyamatsiko “Ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda”. Ni igikorwa kitabiriwe na minisitiri w’ubumwe bw’abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu Dr Bizimana Jean Damascene, Minisitiri w’umuco na sporo Nelly Mukazayire, abambasaderi ndetse n’abanyarwanda […]

Uganda igiye kwemerera abahanzi gukoresha “copyright” nk’ingwate mu kwaka inguzanyo

Guverinoma ya Uganda yatangaje ko abahanzi n’abakora ibihangano bitandukanye bagiye kujya bemererwa gukoresha uburenganzira ku bihangano byabo (copyright) nk’ingwate mu kwaka inguzanyo muri banki. Ibi byatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburinganire n’Umuco, Peace Mutuuzo, wavuze ko iyi gahunda izatangira gushyirwa mu bikorwa neza ubwo itegeko rivuguruye rigenga uburenganzira ku bihangano (Copyright Amendment Bill) rizaba […]

Tshisekedi yasabwe kurandura FDLR na Wazalendo mu maguru mashya

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yasabwe gufata ingamba zifatika mu kurwanya imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR na Wazalendo, hagamijwe gushimangira umutekano n’amahoro arambye mu gihugu cye no mu karere ka Afurika yo hagati n’Iburasirazuba. Ibi byagarutsweho mu biganiro yagiranye n’abayobozi bakuru muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu ruzinduko […]

Perezida Kagame yatanze inama y’uburyo wakubaka urugo ruzira gatanya (Divorce)

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagaragaje ko adasobanukiwe uburyo abantu babiri bashakanye bananiranwa kubana kugeza aho batandukanye, ashimangira ko abashakanye bakwiye kwihanganirana, anaha abanyamadini umukoro wo gushaka igisubizo kirambye ku bibazo byugarije imiryango. Yabigarutseho kuri uyu wa 1 Gashyantare 2026, ubwo yitabiraga amasengesho yo gusengera Igihugu no gushima Imana (National Prayer Breakfast) ategurwa n’Umuryango Rwanda […]