author

Bizatwara Iran imyaka 20 ngo yongere kwiyubaka

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko igihugu cye cyamaze gutsinda intambara cyari gihanganyemo na Iran, avuga ko yangijwe bikomeye ku buryo kuyisubiza ku murongo byasaba imyaka igera kuri 20. Ibi yabivugiye mu kiganiro yagiranye na Newsmax, aho yavuze ko ibikorwa by’ingabo zirwanira mu kirere n’izirwanira mu mazi za Iran, hamwe […]

Kiliziya Gatolika yamaganye abitwa “Abatowe” bashyizeho ‘Papa’ mu Rwanda

Mu minsi ishize, ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye amashusho agaragaza itsinda ry’abantu biyita “Abatowe” ryimitse umuntu ryise Papa mushya mu Rwanda, ibintu byateje impaka n’urujijo mu bakirisitu no muri sosiyete nyarwanda. Uwo witwa Harerimana Faustin ni we wahawe izina rya Papa muri uwo muhango, aho yambitswe inkoni y’ubushumba, ahabwa umusaraba ndetse na Bibiliya, nk’ibimenyetso by’ubuyobozi bw’iyobokamana. […]

CICR yageze i Minembwe itwaye ubufasha bw’ubuvuzi

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane, tariki ya 30 Mata 2026, Komite Mpuzamahanga ya Croix-Rouge (CICR) yageze mu gace ka Minembwe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, izanye ubufasha bw’ubuvuzi bugamije gutabara abaturage bamaze igihe kinini bahanganye n’ingaruka z’intambara z’urudaca. Abaturage batuye muri aka gace k’imisozi miremire bagaragaje ibyishimo, bavuga ko uku […]

AFC/M23 ntizigera isubira inyuma mu rugamba rwo kubohora RDC

Umugaba Mukuru w’abarwanyi b’ihuriro rya AFC/M23, Gen Maj Sultani Makenga, yatangaje ko nta gahunda bafite yo gusubira inyuma mu rugamba bavuga ko rugamije kubohora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ibi yabitangaje ku wa 30 Mata 2026, mu kigo cy’amahugurwa cya Kanombe giherereye muri Teritwari ya Rutshuru, aho iri huriro ryari risoje icyiciro cya kabiri cy’amahugurwa […]

Amasasu i White House: Trump ntiyatewe ubwoba ku ntambara ya Iran

Igitero cyakozwe n’umugabo witwaje imbunda n’ibindi byuma cyabereye mu White House mu ijoro ryo ku wa 25 Mata 2026, mu gihe Perezida wa Amerika, Donald Trump, yari mu musangiro n’abanyamakuru ndetse n’abayobozi bakuru b’igihugu. Uyu mugabo w’imyaka 31, wamenyekanye ku izina rya Cole Tomas Allen ukomoka muri Torrance muri Leta ya California, yafunguye umuriro arasa […]

Umugambi uhuza u Bubiligi n’u Burundi wo guhungabanya u Rwanda

Amakuru aturuka mu nzego zitandukanye aravuga ko hari umugambi bivugwa ko uhuza u Bubiligi n’u Burundi ugamije guhungabanya ubutegetsi bw’u Rwanda, aho bivugwa ko impande zombi zimaze igihe ziganira kuri uwo mushinga. Amakuru atangazwa n’ibinyamakuru bitandukanye avuga ko i Bruxelles ngo habaye ibiganiro n’ubuyobozi bw’u Burundi buyobowe na Evariste Ndayishimiye, hagamijwe gushaka uburyo bwo gukorana […]

Trump yanze kongera igihe cy’agahenge na Iran mu gihe ibiganiro bikomeje gushidikanywaho

Perezida wa America, Donald Trump, yatangaje ko adashyigikiye kongera igihe cy’agahenge hagati y’Amerika na Iran giteganyijwe kurangira ku wa Gatatu, kugira ngo habeho andi mahirwe y’ibiganiro. Trump yabivuze mu kiganiro yagiranye na CNBC uy’umunsi kuwa Kabiri, aho yagaragaje ko igihe gisigaye ari gito kandi ko hatabayeho amasezerano, imirwano ishobora kongera kubura. Ibiganiro bishya biteganyijwe kubera […]

Abantu 11 b’Abanyapalestine bishwe i Gaza no muri West Bank nubwo hari agahenge

Abasirikare ba Israel hamwe n’abimukira bayo batujwe mu butaka bwigaruriwe, bishe nibura Abanyapalestine 11 mu bice bya Gaza no muri West Bank, nk’uko byatangajwe n’inzego za Palestine n’ibitangazamakuru byaho. Ibi bibaye mu gihe hari agahenge kari karatangajwe kuva mu Ukwakira. Mu gace ka Gaza Strip, abantu barindwi bishwe mu bitero bitandukanye. Harimo umwana wapfuye nyuma […]