Intambara y’Amagambo hagati ya Miss Jolly na Bebe Cool kuri X(Twitter)

author
1 minute, 16 seconds Read

Nyampinga w’u Rwanda w’amateka, Jolly Mutesi, yaciye amarenga ko umuhanzi w’icyamamare wo muri Uganda, Bebe Cool, yaba yaguye mu mutego w’abamwiyitirira ku mbuga nkoranyambaga, nyuma y’aho uyu muhanzi amushinje kumutuburira yitwaje izina ry’u Rwanda n’ikipe ya Arsenal.

​Intambara y’amagambo yavutse ubwo Bebe Cool yandikaga kuri X (yahoze ari Twitter), ashinja Jolly Mutesi ko yamutekeye imitwe umwaka ushize, akoresheje izina ry’u Rwanda n’ikipe ya Arsenal akunda, akanongeraho ko uyu mugore ari kwitegura ikindi gikorwa gikomeye.

​Bebe Cool yagize ati: “Uyu mugore, Jolly Mutesi, aba mu Bwongereza kandi akunda gukurikira imikino ya Arsenal. Yantekeye imitwe umwaka ushize yitwaje izina ry’u Rwanda n’ikipe ya Arsenal. None agarutse mu kindi gikorwa gikomeye ari gutegura.”​

Mu kiganiro n’ikinyamakuru , Jolly Mutesi yagaragaje ko nta shingiro ry’iki kirego, anasaba uyu muhanzi kwitonda mbere yo gushyira amakuru hanze.​Yavuze ko yibukije Bebe Cool ko nk’icyamamare, atagakwiye kuvuga ibintu adafitiye gihamya, kuko amagambo ye ashobora guhungabanya izina ry’uwo avuga.​Ati: “Sinzi ibyabaye ariko wasanga hari abantu banyiyitirira ku rubuga rwa Facebook baba baramutekeye imitwe.”​

Uyu munyamideli akaba n’umuyobozi, yashimangiye ko abantu bakwiye kuba maso ku bijyanye n’abiyitirira abandi (impersonators) ku mbuga nkoranyambaga, kuko ari ho abenshi bakura amakuru atari yo abatera guhubuka mu myitwarire.

​Iyi nkuru ikomeje kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga, aho abatari bake bibaza niba Bebe Cool azasaba imbabazi cyangwa niba azagaragaza ibimenyetso by’uko koko yaba yarigeze gutuburirwa na Jolly Mutesi w’ukuri cyangwa uwiyitirira umwirondoro we.

Ubutumwa Bebe Cool yatangaje ashinja Jolly kumutuburira

About The Author

Inkuru bihuye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *