Imbuga nkoranyambaga mu Rwanda zacitse ururondogoro, muyandi magambo ishyano ryacitse umurizo Kubera ubutumwa bwanyujijwe kurukuta rwa x na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Hon. Amb. Olivier Nduhungirehe anenga byimazeyo abanyamakuru basemuye inyandiko yari yanditse mu rurimi rw’igifaransa. Ni inyandiko Minisitiri yatangaje mu minsi ishize avuga k’Uruzinduko Perezida Kagame yagiriye muri Kenya mu minsi ishize abwandika mu rurimi […]
Kabuga Félicien wakurikiranyweho uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yapfiriye mu bitaro by’i La Haye mu Buholandi, igihugu yari afungiwemo by’agateganyo mu gihe yari ategereje ikindi gihugu kimwakira. Aya makuru yemejwe n’Urwego Mpuzamahanga rushinzwe imirimo yasizwe n’inkiko mpanabyaha mpuzamahanga (IRMCT), ari na rwo rwari rumufunze kuva yatangira gukurikiranwaho ibyaha bifitanye isano na Jenoside […]
I Kigali mu Rwanda kuva 14–15 Gicurasi 2026, Abayobozi bakuru b’ibigo (CEOs), abashoramari, abafata ibyemezo bya politiki, n’abakuru b’ibihugu basaga 2,500–2,800 baturutse mu bihugu birenga 70–75 bahuriye muri Kigali Convention Centre mu nama ya 13 y’ingenzi y’abikorera ku giti cyabo muri Afurika. Yateguwe ku bufatanye bwa Jeune Afrique Media Group na International Finance Corporation (IFC), […]
Mu gihe u Rwanda n’Isi yose bikomeje ibikorwa by’ iminsi 100 yo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umuryango Fruits of Love (Imbuto z’urukundo) n’inshuti zawo bakoze ibikorwa byo kwifatanya n’Abanyarwanda muri ibi bihe byo kwibuka, banakora ibikorwa by’urukundo no gufasha abarokotse Jenoside. Fruits of Love ni Umuryango w’iyobokamana ariko udashingiye […]
Ku wa 3 Gicurasi 2026, inkuba yakubise abantu babiri bo mu Karere ka Burera, ibahitana mu mirenge ya Rwerere na Cyeru. Umwe wari ufite imyaka 39, utuye mu Murenge wa Rwerere, yakubiswe n’inkuba ari mu nzu hamwe n’umuryango we, asiga umugore n’abana bane. Undi wari ufite imyaka 56 wo mu Murenge wa Cyeru, inkuba yamukubise […]
Mu minsi ishize, ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye amashusho agaragaza itsinda ry’abantu biyita “Abatowe” ryimitse umuntu ryise Papa mushya mu Rwanda, ibintu byateje impaka n’urujijo mu bakirisitu no muri sosiyete nyarwanda. Uwo witwa Harerimana Faustin ni we wahawe izina rya Papa muri uwo muhango, aho yambitswe inkoni y’ubushumba, ahabwa umusaraba ndetse na Bibiliya, nk’ibimenyetso by’ubuyobozi bw’iyobokamana. […]
Mbabazi Norbert w’imyaka 46, ukomoka mu Karere ka Huye, yasoreje urugendo rw’iminsi 10 n’amaguru rw’ibilometero 320, aho yazengurukaga uturere umunani tw’Intara y’Amajyepfo, mu rwego rwo kwibuka inzira ndende Abatutsi benshi banyujijwemo bajyanwa kwicwa muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Uru rugendo rwabaye mu gihe u Rwanda ruri mu minsi 100 yo Kwibuka ku nshuro ya […]
Uwari umuyobozi w’ishuri ribanza rya Rubira II mu Murenge wa Rwimiyaga mu karere ka Nyagatare yirukanwe mu kazi azira kwiba ibiryo bigenewe abanyeshuri akabigurisha mu gihe yiteguraga kwakira ibindi bizakoreshwa mu gihembwe cya gatatu. Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buvuga ko uyu muyobozi w’ishuri yari yarasigaranye ibiro 460 by’ibiribwa bitakoreshejwe mu gihembwe cya Kabiri. Mu gihe […]
Mu Karere ka Karongi haravugwa inkuru y’umugabo watawe muri yombi, akekwaho icyaha cyo kwica mukuru we, nyuma yo kutumvikana k’uzahabwa inkuracyobo yo gushyingura nyina umunsi azaba yapfuye. Uwatawe muri yombi ni Niyomugabo Pacifique wo muri aka karere, mu Mudugudu wa Gakomeye, Akagari ka Bubazi, Umurenge wa Rubengera akurikiranyweho kwica Ntirenganya Callixte w’imyaka 46 bavukana Inkuracyobo […]
RIB yemeje ko dosiye ya Semuhungu Eric uherutse gutabwa muri yombi, yagejejwe mu Bushinjacyaha ku wa 14 Mata 2026, aho akurikiranyweho ibyaha bitatu birimo icyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato. Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr. Murangira B. Thierry niwe waduhamirije amakuru ko dosiye ya Semuhungu yamaze kugezwa mu Bushinjacyaha. Amakuru atugeraho ku Imbaga […]
