Abofisiye bato 146 binjijwe Murwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora mumuhango wabereye i Rwamagana

Mu Ishuri ry’Amahugurwa ry’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora riri i Rwamagana [RCS Training School] kuri uyu wa Gatanu tariki 22 Gicurasi 2022 habereye umuhango wo gusoza amahugurwa y’abofisiye bato 146 binjiye muri uru rwego. Ni abanyamwuga bamaze igihe bahugurwa, bahabwa amasomo azabafasha kuzakora neza inshingano zitandukanye bazahabwa na RCS. Ni umuhango witabiriwe na Minisitiri w’Umutekano […]

Emma Claudine yibasiwe na BTN TV isaba ko yibutswa inshingano ze ku mwanya ari ho

Ikinyamakuru BTN TV cyatangaje ko kimaze igihe gihura n’imbogamizi mu kubona amakuru atangwa n’Umujyi wa Kigali, gisaba inzego zitandukanye kwibutsa Umuvugizi w’uyu mujyi, Emma Claudine, inshingano zo gutanga amakuru ku bitangazamakuru. Mu butumwa cyashyize ku rubuga nkoranyambaga X, BTN TV yavuze ko hari inkuru nyinshi cyagiye gishaka gutangaho ibisobanuro biturutse ku buyobozi bw’Umujyi wa Kigali, […]

MUTESI SCOVIA yakoze ibara kubera kutumva neza ururimi rw’amahanga

Imbuga nkoranyambaga mu Rwanda zacitse ururondogoro, muyandi magambo ishyano ryacitse umurizo Kubera ubutumwa bwanyujijwe kurukuta rwa x na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Hon. Amb. Olivier Nduhungirehe anenga byimazeyo abanyamakuru basemuye inyandiko yari yanditse mu rurimi rw’igifaransa. Ni inyandiko Minisitiri yatangaje mu minsi ishize avuga k’Uruzinduko Perezida Kagame yagiriye muri Kenya mu minsi ishize abwandika mu rurimi […]

Kabuga Félicien yapfiriye mu bitaro byo i La Haye

Kabuga Félicien wakurikiranyweho uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yapfiriye mu bitaro by’i La Haye mu Buholandi, igihugu yari afungiwemo by’agateganyo mu gihe yari ategereje ikindi gihugu kimwakira. Aya makuru yemejwe n’Urwego Mpuzamahanga rushinzwe imirimo yasizwe n’inkiko mpanabyaha mpuzamahanga (IRMCT), ari na rwo rwari rumufunze kuva yatangira gukurikiranwaho ibyaha bifitanye isano na Jenoside […]

Africa CEO Forum 2026, Abayobozi b’Afurika barasaba ubufatanye mu gukora imishinga no gukoresha neza imbaraga mu isi igabanyijemo ibice

I Kigali mu Rwanda kuva 14–15 Gicurasi 2026, Abayobozi bakuru b’ibigo (CEOs), abashoramari, abafata ibyemezo bya politiki, n’abakuru b’ibihugu basaga 2,500–2,800 baturutse mu bihugu birenga 70–75 bahuriye muri Kigali Convention Centre mu nama ya 13 y’ingenzi y’abikorera ku giti cyabo muri Afurika. Yateguwe ku bufatanye bwa Jeune Afrique Media Group na International Finance Corporation (IFC), […]

Umuryango Fruits of Love wibutse ku nshuro 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 unasana inzu y’Uwarokotse Jenoside

Mu gihe u Rwanda n’Isi yose bikomeje ibikorwa by’ iminsi 100 yo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umuryango Fruits of Love (Imbuto z’urukundo) n’inshuti zawo bakoze ibikorwa byo kwifatanya n’Abanyarwanda muri ibi bihe byo kwibuka, banakora ibikorwa by’urukundo no gufasha abarokotse Jenoside. Fruits of Love ni Umuryango w’iyobokamana ariko udashingiye […]

Kiliziya Gatolika yamaganye abitwa “Abatowe” bashyizeho ‘Papa’ mu Rwanda

Mu minsi ishize, ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye amashusho agaragaza itsinda ry’abantu biyita “Abatowe” ryimitse umuntu ryise Papa mushya mu Rwanda, ibintu byateje impaka n’urujijo mu bakirisitu no muri sosiyete nyarwanda. Uwo witwa Harerimana Faustin ni we wahawe izina rya Papa muri uwo muhango, aho yambitswe inkoni y’ubushumba, ahabwa umusaraba ndetse na Bibiliya, nk’ibimenyetso by’ubuyobozi bw’iyobokamana. […]

Yagenze Kilometero 320 n’Amaguru mu Kwibuka Abishwe muri Jenoside

Mbabazi Norbert w’imyaka 46, ukomoka mu Karere ka Huye, yasoreje urugendo rw’iminsi 10 n’amaguru rw’ibilometero 320, aho yazengurukaga uturere umunani tw’Intara y’Amajyepfo, mu rwego rwo kwibuka inzira ndende Abatutsi benshi banyujijwemo bajyanwa kwicwa muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Uru rugendo rwabaye mu gihe u Rwanda ruri mu minsi 100 yo Kwibuka ku nshuro ya […]

Nyagatare: Diregiteri yirukanywe azira kwiba ibiryo by’abanyeshuri akabigurisha

Uwari umuyobozi w’ishuri ribanza rya Rubira II mu Murenge wa Rwimiyaga mu karere ka Nyagatare yirukanwe mu kazi azira kwiba ibiryo bigenewe abanyeshuri akabigurisha mu gihe yiteguraga kwakira ibindi bizakoreshwa mu gihembwe cya gatatu. Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buvuga ko uyu muyobozi w’ishuri yari yarasigaranye ibiro 460 by’ibiribwa bitakoreshejwe mu gihembwe cya Kabiri. Mu gihe […]