MUTESI SCOVIA yakoze ibara kubera kutumva neza ururimi rw’amahanga

Imbuga nkoranyambaga mu Rwanda zacitse ururondogoro, muyandi magambo ishyano ryacitse umurizo Kubera ubutumwa bwanyujijwe kurukuta rwa x na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Hon. Amb. Olivier Nduhungirehe anenga byimazeyo abanyamakuru basemuye inyandiko yari yanditse mu rurimi rw’igifaransa. Ni inyandiko Minisitiri yatangaje mu minsi ishize avuga k’Uruzinduko Perezida Kagame yagiriye muri Kenya mu minsi ishize abwandika mu rurimi […]

Kabuga Félicien yapfiriye mu bitaro byo i La Haye

Kabuga Félicien wakurikiranyweho uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yapfiriye mu bitaro by’i La Haye mu Buholandi, igihugu yari afungiwemo by’agateganyo mu gihe yari ategereje ikindi gihugu kimwakira. Aya makuru yemejwe n’Urwego Mpuzamahanga rushinzwe imirimo yasizwe n’inkiko mpanabyaha mpuzamahanga (IRMCT), ari na rwo rwari rumufunze kuva yatangira gukurikiranwaho ibyaha bifitanye isano na Jenoside […]

Africa CEO Forum 2026, Abayobozi b’Afurika barasaba ubufatanye mu gukora imishinga no gukoresha neza imbaraga mu isi igabanyijemo ibice

I Kigali mu Rwanda kuva 14–15 Gicurasi 2026, Abayobozi bakuru b’ibigo (CEOs), abashoramari, abafata ibyemezo bya politiki, n’abakuru b’ibihugu basaga 2,500–2,800 baturutse mu bihugu birenga 70–75 bahuriye muri Kigali Convention Centre mu nama ya 13 y’ingenzi y’abikorera ku giti cyabo muri Afurika. Yateguwe ku bufatanye bwa Jeune Afrique Media Group na International Finance Corporation (IFC), […]

Umuryango Fruits of Love wibutse ku nshuro 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 unasana inzu y’Uwarokotse Jenoside

Mu gihe u Rwanda n’Isi yose bikomeje ibikorwa by’ iminsi 100 yo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umuryango Fruits of Love (Imbuto z’urukundo) n’inshuti zawo bakoze ibikorwa byo kwifatanya n’Abanyarwanda muri ibi bihe byo kwibuka, banakora ibikorwa by’urukundo no gufasha abarokotse Jenoside. Fruits of Love ni Umuryango w’iyobokamana ariko udashingiye […]

Kiliziya Gatolika yamaganye abitwa “Abatowe” bashyizeho ‘Papa’ mu Rwanda

Mu minsi ishize, ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye amashusho agaragaza itsinda ry’abantu biyita “Abatowe” ryimitse umuntu ryise Papa mushya mu Rwanda, ibintu byateje impaka n’urujijo mu bakirisitu no muri sosiyete nyarwanda. Uwo witwa Harerimana Faustin ni we wahawe izina rya Papa muri uwo muhango, aho yambitswe inkoni y’ubushumba, ahabwa umusaraba ndetse na Bibiliya, nk’ibimenyetso by’ubuyobozi bw’iyobokamana. […]

Yagenze Kilometero 320 n’Amaguru mu Kwibuka Abishwe muri Jenoside

Mbabazi Norbert w’imyaka 46, ukomoka mu Karere ka Huye, yasoreje urugendo rw’iminsi 10 n’amaguru rw’ibilometero 320, aho yazengurukaga uturere umunani tw’Intara y’Amajyepfo, mu rwego rwo kwibuka inzira ndende Abatutsi benshi banyujijwemo bajyanwa kwicwa muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Uru rugendo rwabaye mu gihe u Rwanda ruri mu minsi 100 yo Kwibuka ku nshuro ya […]

Nyagatare: Diregiteri yirukanywe azira kwiba ibiryo by’abanyeshuri akabigurisha

Uwari umuyobozi w’ishuri ribanza rya Rubira II mu Murenge wa Rwimiyaga mu karere ka Nyagatare yirukanwe mu kazi azira kwiba ibiryo bigenewe abanyeshuri akabigurisha mu gihe yiteguraga kwakira ibindi bizakoreshwa mu gihembwe cya gatatu. Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buvuga ko uyu muyobozi w’ishuri yari yarasigaranye ibiro 460 by’ibiribwa bitakoreshejwe mu gihembwe cya Kabiri. Mu gihe […]

Yatawe muri yombi ashinjwa kwica umuvandimwe we amuziza inkuracyobo

Mu Karere ka Karongi haravugwa inkuru y’umugabo watawe muri yombi, akekwaho icyaha cyo kwica mukuru we, nyuma yo kutumvikana k’uzahabwa inkuracyobo yo gushyingura nyina umunsi azaba yapfuye. Uwatawe muri yombi ni Niyomugabo Pacifique wo muri aka karere, mu Mudugudu wa Gakomeye, Akagari ka Bubazi, Umurenge wa Rubengera akurikiranyweho kwica Ntirenganya Callixte w’imyaka 46 bavukana Inkuracyobo […]

Semuhungu afunze azira Gukoresha undi imibonano mpuzabitsina kugahato n’ibindi

RIB yemeje ko dosiye ya Semuhungu Eric uherutse gutabwa muri yombi, yagejejwe mu Bushinjacyaha ku wa 14 Mata 2026, aho akurikiranyweho ibyaha bitatu birimo icyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato. Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr. Murangira B. Thierry niwe waduhamirije amakuru ko dosiye ya Semuhungu yamaze kugezwa mu Bushinjacyaha. Amakuru atugeraho ku Imbaga […]