“Iterambere ry’igihugu ritangirira mu muryango” Madam Jeannette Kagame

Kuri uyu wa 21 Werurwe 2026, mu Intare Conference Arena, Nyakubahwa Madamu Jeannette Kagame yagejeje ijambo ku bitabiriye Inama Nkuru y’Urugaga rw’Abagore rushamikiye ku muryango FPR-Inkotanyi, agaragaza ko umugore ari inkingi ikomeye mu kubaka umuryango n’igihugu muri rusange. Mu ijambo rye, Madamu Jeannette Kagame yibukije ko isi iri mu bihe by’impinduka zikomeye zirimo izishingiye ku […]

ADEPR yashyize hanze urutonde rw’abantu 35 bambuwe inshingano za gishumba mu Rwanda

Ubuyobozi bw’Itorero ADEPR bwashyize hanze urutonde rw’abantu 35 bambuwe inshingano za gishumba n’iz’umubwirizabutumwa baherewe mu Itorero rya ADEPR mu Rwanda nyuma yuko bahamijwe ibyaha bya Jenoside, aba barimo Pasiteri Uwinkindi Jean woherejwe n’Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga rw’i Arusha, akaburanishirizwa mu Rwanda, agakatirwa gufungwa burundu. Iri tangazo rivuga ko icyemezo cyo kwirukana burundu bariya bantu, rishingiye ku […]

RIB yatanze impanuro ku mikoreshereze y’ikoranabuhanga muri UR Huye

Kuri uyu wa gatatu, urwego rw’ubugenzacyaha mu Rwanda (RIB) rwatanze ikiganiro cyihariye ku banyeshuri ba Kaminuza y’u Rwanda Ishami rya Huye, kigamije kubakangurira gusobanukirwa isi nshya batuyemo ya “Internet” n’ibyaha biyikorerwamo. Mu kiganiro Ygiranye n’abanyeshuri ndetse n’abayobozi muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, Dr. Murangira B. Thierry yagaragaje ko abakoresha ikoranabuhanga bose bamaze guhinduka […]

Abasirikare b’u Rwanda batahutse nyuma yo gufasha Jamaica nyuma y’inkubi y’umuyaga

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’inkeragutabara muri Rwanda Defence Force (RDF), Alex Kagame, ku wa Mbere tariki ya 16 Werurwe 2026 yakiriye mu gihugu abasirikare 100 bageze ku Kibuga cy’Indege mpuzamahanga cya Kigali International Airport bavuye mu butumwa bw’ubutabazi bakoze muri Jamaica. Abasirikare b’u Rwanda Defence Force (RDF) batahutse mu Rwanda nyuma yo kurangiza ubutumwa bwo gufasha […]

Ni amahano, RIB yafunze umugabo n’umugore we bakekwaho kwica abantu batatu

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi Ndayisaba Félicien n’umugore we Imanishimwe Rebecca, batuye mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara, bakurikiranyweho ibyaha birimo ubwicanyi, gushinyagurira no guhisha imibiri y’abantu nyuma yo kubica. Aba bombi bafashwe ku wa 11 Werurwe 2026, nyuma y’iperereza ryari rimaze iminsi rikorwa ku bantu batandukanye baburiwe irengero. […]

Rugaju na Lorenzo mubo RIB yihanangirije batukana kuri Radio

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwihanangirije abanyamakuru batubahiriza amahame y’umwuga, by’umwihariko aba bakora ibijyanye na siporo, nyuma y’amakimbirane yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga hagati ya Rugaju Reagan Ndayishimiye ukorera Radio Rwanda na Musangamfura Lorenzo wa SK FM, aho bateranije amagambo arimo guharabikana no gutukana. RIB yibukije abo banyamakuru n’abandi bakora ibikorwa nk’ibi ko ibyo bikorwa bigize ibyaha, […]

RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho ibyaha birimo gusambanya umwana no kurema umutwe w’ibyihebe

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Rwanda Investigation Bureau (RIB), rwerekanye abasore babiri bakekwaho ibyaha bitanu bikomeye birimo gusambanya umwana, gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, kurema umutwe w’abagizi ba nabi no kugera ku makuru hagamijwe gukora icyaha. Aba bakekwa bari hagati y’imyaka 27 na 31 y’amavuko, bakaba bakekwaho gukorera ibi byaha mu […]

Ibiciro by’ibiribwa byazamutseho 9,2% muri Gashyantare 2026 – NISR

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, National Institute of Statistics of Rwanda (NISR), cyatangaje ko muri Gashyantare 2026 ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 9,2% ugereranyije na Gashyantare 2025. Ibi bigaragaza ko ibiciro byakomeje kuzamuka kuko mu kwezi kwa Mutarama 2026 byari byiyongereyeho 8,9%, nyamara mu gihe mu mwaka ushize byari kuri 6,3%. Raporo yashyizwe ahagaragara ku wa 10 Werurwe […]

Amatora mu Rugaga rw’Abikorera mu Rwanda yatangiye ku rwego rw’Akarere.

Abagize inteko itora mu Urugaga Nyarwanda rw’abikorera bazindukiye mu matora y’ababahagararira ku rwego rw’Akarere. Aya matora ni intangiriro y’igikorwa kizakomeza mu byiciro bitandukanye, kikazasozwa n’amatora ku rwego rw’Igihugu ateganyijwe mu minsi iri imbere. Ku rwego rw’Akarere, abanyamuryango b’urugaga batora umuyobozi w’urugaga muri ako karere hamwe n’abamwungirije babiri. Hatorwa kandi abagize inama nkemurampaka barindwi, bose bakazamara […]

Ni iki abagororwa bahawe imbabazi na H.E Paul Kagame basabwa gukora?

Inama y’Abaminisitiri yateranye ku mugoroba wo ku wa 4 Werurwe 2026 iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yemeje amateka atandukanye arimo n’Iteka rya Minisitiri ryemerera abantu 1,874 bari barakatiwe n’inkiko gufungurwa by’agateganyo. Ibi bikubiye mu Iteka rya Minisitiri Nº 001/MOJ/AG/26 ryo ku wa 4 Werurwe 2026 rigena uburyo ifungurwa ry’agateganyo rishyirwa mu bikorwa ndetse […]