Africa CEO Forum 2026, Abayobozi b’Afurika barasaba ubufatanye mu gukora imishinga no gukoresha neza imbaraga mu isi igabanyijemo ibice

author
2 minutes, 13 seconds Read

I Kigali mu Rwanda kuva 14–15 Gicurasi 2026, Abayobozi bakuru b’ibigo (CEOs), abashoramari, abafata ibyemezo bya politiki, n’abakuru b’ibihugu basaga 2,500–2,800 baturutse mu bihugu birenga 70–75 bahuriye muri Kigali Convention Centre mu nama ya 13 y’ingenzi y’abikorera ku giti cyabo muri Afurika. Yateguwe ku bufatanye bwa Jeune Afrique Media Group na International Finance Corporation (IFC), u Rwanda rukaba ari rwo rwayakiriye, Impamvu Afurika igomba kwemera ubufatanye mu gukora imishinga.”

Mu isi irimo ihangana m’ubucuruzi, inkunga zigabanuka, guhangana kwa politiki mpuzamahanga, no guhatanira umutungo kamere w’ingenzi, abayitabiriye bashimangiye akamaro ko gukorana hagati y’ibihugu, gushora imari iyobowe n’Abanyafurika, kwishyira hamwe ku rwego rw’uturere, no kubaka ibigo bikomeye by’umugabane.

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yavuze ko Afurika “ifite ibintu byose uretse imbaraga zo kubyifashisha mu nyungu zayo,” anasaba umugabane guhagarika kwemera ibiganiro bitagamije inyungu kumpande zombi.

Amwe mumagambo y’ingenzi ya Perezida Kagame yavugiye muriyinama:
“Ibi ni ibintu aho ibihugu bifite imbaraga bifite igikoresho cyo gukubita uwo bishatse. Ntibabihisha. Biragaragara. Ibi bihugu biza hano bivuga kuri demokarasi n’uburenganzira bwa muntu, bikabivuga ku ruhande rumwe, ku rundi ruhande bikambura abantu ibyo batunze byose.”

“Tugomba kuvuga oya. Mu by’ukuri, kwemera ikintu kibi biguhombya kurusha kugihakanira.”

“Ntidukwiye kuba abantu bategereje gusahurwa n’ufite amayeri n’imbaraga. Tugomba gushobora kuvuga ‘Oya’.”

“Izi ngutu dushyirwaho n’isi zisaba Afurika gukanguka. Afurika ifite byinshi bidakoreshwa neza, kandi ni twe bireba si abandi bantu dukwiye kuzamura urwego rwacu tukagera aho dukwiye kuba turi.”

Kagame yagaragaje ko uko isi ihagaze ubu ari nko gukomeza amateka yo gusahura Afurika (ubucakara, ubukoloni), anasaba ko umugabane wakoresha neza abaturage benshi, imirasire y’izuba, umutungo kamere, n’amasoko kugira ngo ugire ijambo rikomeye mu biganiro mpuzamahanga.

Perezida wa Nigeria, Bola Tinubu, yagaragaje ivugurura, icyizere cy’abashoramari, n’akamaro k’ubucuruzi hagati y’ibihugu bya Afurika. Yashimye ibikorwa byagezweho hagati ya Leta n’abikorera nk’uruganda rwa Dangote:
“Nta gihugu cya Afurika kidafite umutungo wacyo. Kugira ngo Afurika itere imbere, tugomba gushyiraho uburyo bwo gucuruzanya hagati yacu.

Makhtar Diop yashimangiye ishoramari rishingiye ku bufatanye agira ati: “Afurika ntikeneye ko isi iyishoramo imari, ikeneye ko isi ishorana na yo.”

Amir Ben Yahmed yavuze ko: “Dufite amahitamo abiri: gukomeza kwishyura ibibazo by’abandi cyangwa gufata icyemezo cyo kubaka imbaraga zituma tugira ijambo.”

Abandi bayobozi bitabiriye barimo Aliko Dangote, Abdul Samad Rabiu, Sidi Ould Tah, Jeremy Awori, n’abakuru b’ibihugu bya Gabon, Guinea, Mauritania, Mozambique, hamwe na Minisitiri w’Intebe wa Côte d’Ivoire.

Iyi nama irimo ibiganiro byo ku rwego rwo hejuru ku bijyanye n’ingufu, ikoranabuhanga, inganda, ubucuruzi bw’abagore, n’amahirwe yo gushora imari mu bihugu bitandukanye, ndetse n’ikorwa ry’amasezerano n’itangwa ry’ibihembo ku bigo n’abayobozi b’indashyikirwa.

About The Author

Inkuru bihuye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *