Yatawe muri yombi ashinjwa kwica umuvandimwe we amuziza inkuracyobo

Mu Karere ka Karongi haravugwa inkuru y’umugabo watawe muri yombi, akekwaho icyaha cyo kwica mukuru we, nyuma yo kutumvikana k’uzahabwa inkuracyobo yo gushyingura nyina umunsi azaba yapfuye. Uwatawe muri yombi ni Niyomugabo Pacifique wo muri aka karere, mu Mudugudu wa Gakomeye, Akagari ka Bubazi, Umurenge wa Rubengera akurikiranyweho kwica Ntirenganya Callixte w’imyaka 46 bavukana Inkuracyobo […]

Semuhungu afunze azira Gukoresha undi imibonano mpuzabitsina kugahato n’ibindi

RIB yemeje ko dosiye ya Semuhungu Eric uherutse gutabwa muri yombi, yagejejwe mu Bushinjacyaha ku wa 14 Mata 2026, aho akurikiranyweho ibyaha bitatu birimo icyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato. Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr. Murangira B. Thierry niwe waduhamirije amakuru ko dosiye ya Semuhungu yamaze kugezwa mu Bushinjacyaha. Amakuru atugeraho ku Imbaga […]

Kwibuka 7 Mata 1994: Ibyaranze umunsi wa mbere wa Jenoside yakorewe Abatutsi

Ku itariki ya 7 Mata 1994, ni bwo Interahamwe n’umutwe w’abasirikare barindaga Perezida Habyarimana Juvénal batangiye gushyiraho amabariyeri mu duce twinshi tw’Umujyi wa Kigali, banatangira ibikorwa byo kwica Abatutsi. Uwari Minisitiri w’Intebe, Uwilingiyimana Agathe, hamwe n’abasirikare icumi b’Ababiligi bo mu ngabo z’Umuryango w’Abibumbye bari bashinzwe umutekano we, bishwe n’abasirikare ba Leta y’u Rwanda, mbere bakorewe […]

Dore amatike ahenze cyane bitewe n’ihinduka ry’Ibiciro by’ingendo mu Rwanda

Urwego Ngenzuramikorere mu Rwanda (RURA) rwatangaje ibiciro bishya by’ingendo mu modoka zitwara abagenzi, mu buryo bwa rusange nyuma yuko Intambara iri kubera muburasurazuba bwo hagati yakomye mu nkora kuboneka kw’ibikomoka kuri peteroli. Iri hinduka rije rikurikira izamuka rikomeye ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli, aho ku nshuro ya mbere mu mateka y’u Rwanda, lisansi na mazutu byarenze […]

Ibiciro bishya by’ingendo byavuguruwe ubu kigali – Kamembe ni 11,445Frw

Urwego Ngenzuramikorere, RURA, rwatangaje ibiciro bishya by’ingendo bisimbura ibyari bimaze imyaka ibiri bikoreshwa. Izi mpinduka zije zikurikiye izamuka rikomeye mu mateka y’u Rwanda y’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli kuko bwa mbere, Lisansi na Mazutu byarenze 2000 Frw, kimwe kikagera kuri 2.303 Frw ikindi aba 2.205 Frw. Mu Mujyi wa Kigali, umugenzi azajya yishyura 59.28 Frw kuri […]

“Iterambere ry’igihugu ritangirira mu muryango” Madam Jeannette Kagame

Kuri uyu wa 21 Werurwe 2026, mu Intare Conference Arena, Nyakubahwa Madamu Jeannette Kagame yagejeje ijambo ku bitabiriye Inama Nkuru y’Urugaga rw’Abagore rushamikiye ku muryango FPR-Inkotanyi, agaragaza ko umugore ari inkingi ikomeye mu kubaka umuryango n’igihugu muri rusange. Mu ijambo rye, Madamu Jeannette Kagame yibukije ko isi iri mu bihe by’impinduka zikomeye zirimo izishingiye ku […]

ADEPR yashyize hanze urutonde rw’abantu 35 bambuwe inshingano za gishumba mu Rwanda

Ubuyobozi bw’Itorero ADEPR bwashyize hanze urutonde rw’abantu 35 bambuwe inshingano za gishumba n’iz’umubwirizabutumwa baherewe mu Itorero rya ADEPR mu Rwanda nyuma yuko bahamijwe ibyaha bya Jenoside, aba barimo Pasiteri Uwinkindi Jean woherejwe n’Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga rw’i Arusha, akaburanishirizwa mu Rwanda, agakatirwa gufungwa burundu. Iri tangazo rivuga ko icyemezo cyo kwirukana burundu bariya bantu, rishingiye ku […]

RIB yatanze impanuro ku mikoreshereze y’ikoranabuhanga muri UR Huye

Kuri uyu wa gatatu, urwego rw’ubugenzacyaha mu Rwanda (RIB) rwatanze ikiganiro cyihariye ku banyeshuri ba Kaminuza y’u Rwanda Ishami rya Huye, kigamije kubakangurira gusobanukirwa isi nshya batuyemo ya “Internet” n’ibyaha biyikorerwamo. Mu kiganiro Ygiranye n’abanyeshuri ndetse n’abayobozi muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, Dr. Murangira B. Thierry yagaragaje ko abakoresha ikoranabuhanga bose bamaze guhinduka […]