Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, guhanisha igihano cy’igifungo cy’imyaka itanu abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, Ishimwe Patrick, Ishimwe François Xavier, Kwizera Nestor uzwi nka Pappy Nesta na Kalisa John uzwi nka K John, nyuma yo kubahamya gusakaza amashusho y’urukozasoni ya Yampano. Amashusho baregwa gusakaza ay’umuhanzi uwo Rizagwira Florien wamenyekanye nka Yampano yashyizwe hanze […]
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje imyanzuro 12 yafatiwe mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye ku wa 5-6 Gashyantare 2026, ku nshuro yayo ya 20, uyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul KAGAME. Mu bitabiriye Umushyikirano, harimo abayobozi batandukanye n’abahagarariye abikorera, Abanyarwanda baba mu mahanga, abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda n’imiryango mpuzamahanga, n’abandi bafatanyabikorwa, n’itangazamakuru. Imyanzuro […]
Abaturage bane bo mu Karere ka Ruhango, Umurenge wa Bweramana, bitabye Imana nyuma yo kunywa inzoga y’inkorano izwi nk’umusogongero, bikekwa ko yari ivanzemo ibindi bintu bishoboko ako aribyo byahitanye ubuzima bwabo. Ibi byabereye mu Kagari ka Rwinyana nk’uko byemezwa n’inzego zitandukanye z’aho byabereye. Amakuru atangwa n’abaturage bo muri ako gace avuga ko iyi nzoga bayinyoye […]
Mobile Money Rwanda Ltd ifatanyije na NCBA Bank Rwanda batangaje ko bashyize ku isoko serivisi nshya ebyiri za MoKash zirimo Loan Top Up na Lock Savings, zigamije gufasha abakiliya kwizigamira neza no kubona inguzanyo mu buryo bworoshye. Izi serivisi zigenewe abakoresha Mobile Money bakunda kwizigamira no gusaba inguzanyo banyuze kuri MoKash, hagamijwe kubongerera amahirwe mu […]
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda) cyatangaje ko mu gihembwe cy’Itumba cy’uyu mwaka wa 2026 hateganyijwe imvura izaba iri hejuru y’impuzandengo isanzwe, gisaba abaturage n’inzego zitandukanye gufata ingamba zo kwirinda ingaruka zishobora guterwa n’ibiza. Ibi byatangajwe ku wa 10 Gashyantare 2026 mu nama yahuje Meteo Rwanda, Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) n’abafatanyabikorwa bayo, igamije […]
Abantu bataramenyekana bibye insinga z’amashanyarazi zihuza amapoto abiri yo ku matara yo ku muhanda, mu Mudugudu wa Nyaburanga, Akagari ka Nengo, Umurenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, hafi y’ikiyaga cya Kivu. Izi nsinga zacukuwe nijoro, abazibye barazitwara, ubu bakaba bagishakishwa. Aya makuru yemejwe n’abanyerondo bakorera muri ako gace, bavuga ko byabaye mu masaha y’ijoro […]
Abaturage bo mu Mudugudu wa Mujuga, Akagari ka Mujuga, Umurenge wa Kitabi mu Karere ka Nyamagabe bari mu rujijo nyuma y’urupfu rw’abantu bane rwabaye mu minsi ikurikiranye, bivugwa ko bari kuzira inzoga banyweye ubwo bari bagiye gutabara umuturanyi wabo wari wagize ibyago. Amakuru aturuka muri aka gace avuga ko byatangiriye ku rupfu rwa Uwamahoro Melania, […]
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Indangamuntu (NIDA) cyatangije ku mugaragaro igikorwa cyo kwemeza imyirondoro no gufotora abatuye Umujyi wa Kigali, mu rwego rwo gutanga indangamuntu z’ikoranabuhanga (SSDID). Iki gikorwa kigamije kuvugurura no kunoza amakuru y’irangamimerere y’abaturage hashingiwe ku byatangajwe n’ubuyobozi bwa NIDA n’Umujyi wa Kigali. Iyi gahunda yatangiye ku wa 7 Gashyantare 2026, ikorerwa mu Turere twose […]
Kuri uyu wa 7 Gashyantare 2026, muri Kaminuza y’u Rwanda Ishami rya Huye habereye amarushanwa y’imbyino gakondo n’ubusizi ahuza amashuri makuru na kaminuza, ku nshuro ya kabiri. Yari afite insanganyamatsiko igira iti: “Ubuhanzi, inkingi y’ubukungu burambye.” Aya marushanwa yabereye mu Karere ka Huye mu Ntara y’Amajyepfo, ahuza ICK, Kaminuza ya Gitwe, RP Huye na Kaminuza […]
kuri uyu wa 07 Gashyantare 2026 muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya huye hagiye kubera Amarushanwa ngarukamwaka y’imbyino gakondo n’ubusizi nyarwanda ku nshuro ya 2 ategurwa na minisiteri y’urubyiruko n’iterambere ry’ubuhanzi MOYA, uyu mwaka akaba afite insanganyamatsiko “UBUHANZI INKINGI Y’UBUKUNGU BURAMBYE”. Aya marushanwa ari kuba ku nshuro ya 2, ahera ku rwego rw’intara nyuma agakomereza […]
