Uyu mugani w’imbuzi ugira ngo «Murarye muri menge !» bawucaiyo bashaka kuburira umuntu kugira ngo atagwa mu makuba babonaashobora kumugwirira akamwokama. Wamamaye mu Rwanda ukomotseku muganwa Rutarati warindaga baka Mutaga umwami w’u Burundi;ahayinga umwaka w’i 1700. Mutaga Semwiza, Sembyariyimana Bibero bikingiye abarwanyi mweneMwezi Kavuyimbo, yari atuye ku Rutabo rwa Nkanda n’i Muganza w’iNgara muri Nshiri (Gikongoro). Rimwe rero ahiga n’abaganwa be (Abatware) ko abarusha abagore beza. Akabavuga mu bisingizo byabo; ati «Mbarusha Bishunzi bya Nyabinyeri binyara mu ntoki z’abarenzi imponogo zikarangira mu kirambi muka Mwezi ! » : uwo ni uwitwaga Nahimpera; ati << : uwo ni uwi twaga Umunani; ati «Mbarusha Rusaro rwa Nzikwesa ruresaresa umutwe nzi (umusore) mu museke akamusogota isonga y’ururimi muka Mwezi ! » : uwo ni uwitwaga Niraba. Akomeza atyo ahetura abagorebebose bari aho :Inyenyeri zo ku Rutabo rwa Nkanda n’Imiyumbu y’i Muganza w’i Ngara.Abaganwa na bo bahiga ko atabarusha abagore beza. Ubwo bemeza kobazateranira ku Rutabo rwa Nkanda bakamulikwa, maze bakabona gukemura impaka. Umugambi urahama, Abaganwa barabikomeza; cyane icyatumagababikomeza kwari ukugira ngo bazabone abagore ba Mutaga, kuko yafuhagaku bulyo nta mugore we wageraga ahagaragara ngo banamurabukwe.Bahana igihe cy’umwiteguro w’ukwezi. Gushize, abagore bose bahurirai Nkanda ku Rutabo. Bamaze kuhagera bateranira hamwe mu nzu yitwagaMENGE : yari mu gikari kwa Mutaga. Bamaze guterana, Mutagaagira amakenga y’abahungu; ategeka umugabo witwa Rushorera kubamurindira;ati «Umenyere abagore ! cyane cyane Bishunzi bya Nyabinyeri binyara mu-Nuko Mutaga amaze guha Rushorera uwo mugambi arikubura. Rusho-rera aguma muri iyo nzu alinze abo bakwobwa. Ariko Mutaga ntiyashirwaajya kubashinga n’abareruzi (abahetsi). Abwira Umutware wabo, ati «Murajye mungenzurira Rushorera namuhaye kundindira abagore kugira ngoabahungu batabiraramo; ati : «Dore barimo Bishunzi bya Nyabinyeli,barimo Rusaro rwa Nzikwesa, barimo Gikori igikurungishwabiganza n’abagenzi babo bandi; bose mubagenzure, mbona Rushorera agira amanyama. Ntoki z’abarenzi imponogo zikarangira mu kirambi muka Mwezi, na Rusarorwa Nzikwesa ruresaresa umutwenzi mu museke akamusogota isongay’urulimi muka Mwezi, na Gikori igikurungishwa biganza, umukwobwaubarusha ikililisi n’ikilindimuko Bibero by’urutembabarenzi muka Mwezi ». Nimumubona muzamufatane n’uwo bari kumwe mubanzanire». Abareruzibahimbazwa n’umugambi bahawe. Ariko ibyo byose Mutaga yavuganyen’abareruzi Rushorera nta bwo yali abizi, yabibabwiraga rwihishwa, undiari muri ya nzu Menge yinywera aniganirira n’abakwobwa ( = abagore baMutaga n’ab’abaganwa). Rushorera yibera muri uwo munezero, kugezaubwo yibanisha na Nahimpera, ariwe Bishunzi bya Nyabinyeri binyaramu ntoki z’Abarenzi imponogo zikarangira mu kirambi; bakajya biryamanira agahinda kagashira. Nuko abareruzi batangira kugenzura, bakajya bagenda umwe umwe,akajya muli Menge by’ubunetsi. Ugezeyo wese agasanga Rushorera yegamiye Bishunzi ku rutugu. Rimwe rero umwe abagwa gitumo rwabayeimbwike. Arirahira, bagenzi be baba barahashinze. Babata muri yombibarabahambiranya, babajyana mu gitaramo kwa Mutaga. Abahungu bababonye baliyamirira, bati «Bishunzi bamukenyeje Rushorera !» Rushoreraarabohwa, aranyagwa. Ibyo kumurika abagore biba birapfubye, bitewen’uburakari bwa Mutaga. Hagati aho batarasezererwa, Mutaga abwira undi mugabo witwaRutarati ; ati «Genda ube undindira abagore hatazagira uwongera gukenyezwa Rushorera ! » Abari aho baraseka kuko bari bazi ko Rutarati akundaabakwobwa kurusha Rushorera. Umwe muri bo ni ko kubwira Rutaratimu magambo y’igitaramo, ati «Ye ga Rutarati ! uramenye ugende neza :uri muri Menge arya areba hanze !» Bongera guseka; ku bwa ya ngeso.Wawundi yungamo ati «Kandi rero uri muri Menge arya ashyuhaguza !» Ibyo byose n’ubwo babivugaga mu marenga Mutaga yarabyumvaga,afinduramo icyo bashaka kuvuga. Abwira Rutarati ati «Genda ubwireabareruzi baheke abagore bose : abanjye b’i Muganza n’ab’Abaganwa;maze batahe irushanwa rirarangiye». Iyo mvugo rero irahararwa i Burundiihinduka umugani, uba gikwira ugera mu Rwanda. Kuva ubwo hombibagira uwo bashaka kuburira igishobora kumushyira mu makozere, bakamuburira bagira bati ! «Urarye uri menge ! » Babyendeye kuri uwo murundi Rutarati.- Kurya uri menge=Kwigengesera : Kwizirira. About The Author Mussa KaKa My name is Byiringiro Moise, a graduate of the University of Rwanda in the Department of History and Heritage. I have practical experience in heritage preservation and museum education, having completed an internship at the Huye Ethnographic Museum where I worked on ethnographic collection management and visitor engagement. I have also served as a teacher, delivering holistic lessons that empower youth and strengthen community values. My academic and professional journey reflects a deep commitment to cultural identity, reconciliation, and civic education. See author's posts Post navigation INKOMOKO Y’INSIGAMIGANI BAMUTEYE IMBONI, BANDE BAZIMUTEYE,KUBERA IKI? DUTEMBERANE UBUTAKA BUTAGATIFU BWA KIBEHO.