Mu ijoro rya tariki 28/01/2026 UEFA Champions League yari yagarutse amakipe akomeye k’umugabane w’iburayi ari kwesurana mukibuga akora amateka, ashaka icyubahiro, imitima yacu yuzuye ibyishimo, kandi abakinnyi bakomeye bakomeza gukora amateka.
Amakipe yabaye ayambere mubihugu byayo k’umugabane w’iburayi yari yahuye k’umunsi wanyuma mumikino y’amatsinda mu irushanwa rya UEFA Champions League. Imikino 18 yose yatangiriye igihe kimwe saa 22:00 ku isaha yo mu Rwanda.
Amakipe yambere 8 yahise akatisha itike ya 1/8 kirangiza arimo Arsenal, Bayern Munchen, Liverpool, Tottenham, Barcelona, Chelsea, Sporting, Man City, kuva kuyambere kugeza kuyamunani.
Andi makipe kuva kuya 9 kugeza kuya 24 azakina kamarampaka yishakamo azasanga umunani yambere muri 1/8 kirangiza.
Ikipe ya Arsenal niyo isoje ari iyambere n’amanota 24 dore ko yatsinze imikino yose, ikaba arinayo kipe yambere ibikoze mumateka.
Ikipe ya Paris Saint Germain yatwaye irirushanwa umwaka ushize yananiwe kuzamuka iri mumakipe 8 yambere, yasoreje kumwanya wa 11, izakina kamarampaka kugirango ibashe kugera muri 1/8 kirangiza, ayo ni: Real Madrid, Inter Millan, PSG, Newcastle, Athletico, Atalanta, Leverkusen, Dortmund, Olympiakos, Club Bruge, Galatasaray, Monaco, Qarabag, Bodo/Glimt, Benifica .
Mu mikino yose y’amatsinda hatsinzwe ibitego 487, aho kumpuzandengo hatsindwagwa ibitego 3.39 k’umunota wa 27′ kuri buri mukino.
Ikipe ya Arsenal niyo iyoboye izatsinze ibtego byinshi kuko yatsinze ibtego 23 igakurikirwa na Barcelona na Bayern munchen zatsinze 22.
Ikipe ya Tottenham niyo yakoze cleansheets nyinshi yakoze cleansheets 6, ikaba ikurikiwe na Arsenal yakoze cleansheets 5, naho Newcastle, Inter, Monaco zakoze cleansheets 4.
Abafite ibitego byinshi ni Kylian Mbappe 13, Harry Kane 8, Erling Halland 7, Victor Osimhen 6, Anthonny Gordon 6, Martinelli 6.
Abatanze imipira myinshi yavuyemo ibitego ni Michael Olise 6, Vinicius Junior 6, Pierre Aubameyanga 5.
