U Rwanda rugiye kwakira imikino yanyuma ya BAL 2026

1 minute, 22 seconds Read

Ubuyobozi bw’Irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) bwemeje ko imikino ya nyuma y’iri rushanwa rya 2026, rizaba rikinwe ku nshuro ya gatandatu, izabera mu Mujyi wa Kigali mu Rwanda.

Ibi byatangajwe ku wa Gatanu tariki ya 30 Mutarama 2026, ubwo hatangazwaga ingengabihe yemewe ya BAL 2026, irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo mu mukino wa basketball ku Mugabane wa Afurika.

Bitandukanye n’imyaka yashize, BAL 2026 izitabirwa n’amakipe 12 gusa, agabanyijwe mu matsinda abiri, aho buri tsinda rizaba rigizwe n’amakipe 6, mu gihe mbere habaga amatsinda atatu.

Ibi byatumye itsinda rya Sahara Conference rikurwaho, hasigara: Kalahari Conference ndtse na Nile Conference.

Imikino ya Kalahari Conference izakinwa ku nshuro ya mbere, kuva tariki ya 27 Werurwe kugeza ku ya 5 Mata 2026, ikazabera mu Mujyi wa Pretoria muri Afurika y’Epfo.

Itsinda rya Nile Conference rizatangira gukinwa tariki ya 24 Mata kugeza ku ya 3 Gicurasi 2026, aho rizabera mu nyubako ya Prince Moulay Abdellah Sports Complex iherereye mu Mujyi wa Rabat muri Maroc.

Amakipe 4 azitwara neza muri buri tsinda, azahita abona itike yo kuza i Kigali mu Rwanda, aho azakinira: mikino ya kamarampaka (Playoffs) n’imikino ya nyuma (Finals)

Iyi mikino yose izaba kuva tariki ya 22 kugeza ku ya 31 Gicurasi 2026.

Mu 2025, irushanwa rya BAL ryegukanywe na Al Ahli Tripoli yo muri Libya, itsinze Petro de Luanda yo muri Angola ku manota 88–67 ku mukino wa nyuma.

Ku ruhande rw’u Rwanda, APR BBC yakomeje kwandika amateka meza aho yabaye iya mbere mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, isoreza ku mwanya wa gatatu kuva BAL yatangira gukinwa mu 2021.

U Rwanda rukomeje kugaragara nk’igihugu gifite ibikorwaremezo n’ubunararibonye mu kwakira amarushanwa mpuzamahanga, by’umwihariko i Kigali, imaze kuba igicumbi cya siporo ku Mugabane wa Afurika.

About The Author

Inkuru bihuye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *