Isiganwa ry’amagare rya Tour du Rwanda 2026 ryatangiye kuri iki Cyumweru, hakinwe agace karyo ka mbere ka Rukomo- Rwamagana, ku ntera y’ibirometero 173,6, aka gace ari na ko kanini mu tugize iri siganwa katangiye ku isaha ya saa Tanu.
Tour du Rwanda 2026 irikuba kunshuro ya 18 yitabiriwe namakipe 18 agizwe nabanyonzi 84, 51 muribo nubwambere bayitabiriye, 45 ni abo kumugabane wafurika, 28 ni abo kumugabane wiburayi, 9 ni abo kumugabane wamerika, naho umugabane wasiya na ocenia uhagarariwe nabanyonzi 2.
Itamar Einhorn wo mugihugu cya Israyeri ukinira ikipe ya NSN Development yo mugihugu cy’Ubusuwisi Team yegukanye etape ya mbere ya Tour du Rwanda 2026.
Yabaye uwa mbere mu rugendo rw’ibilometero 173,6 rwahagurukiye i Rukomo mu karere ka Nyagatare rusorezwa i Rwamagana, aba ari we wegukana intsinzi mu ntangiriro y’iri rushanwa rikomeye, mubyishimo byinshi yagize ati:
“Ndishimye cyane kuba ikipe yanjye yari ihari kugirango imfashe, kuko iyo itaba yo, birashoboka ko tutari kuba twatsinze.”
Ni etape ya gatatu atwaye muri Tour du Rwanda nyuma yo gutsindira i Kayonza n’iya Nyaruguru mu 2024.
Abanyonzi 844 nibo bamaze kwitabira iri rushanwa kuva muri 2009 ubwo iri rushanwa ryaryaga kurwego mpuzamahanga, kandi rizitabirwa n’ibihugu bitanu bizaba biryitabiriye kunshuro ya mbere: Burkina Faso, Brésil, Costa Rica, Mexique na Türkiye.
Abakinnyi 10 b’Abanyarwanda ni bo bari muri iri siganwa barimo Uwiduhaye Mike , Mugisha Moïse, ManizaBayo Eric, Masengesho Vainqueur na Nzafashwanayo Jean Claude bo mu Ikipe ya Benediction Banafrica.
U Rwanda kandi ruhagarariwe na Nsengiyumva Shemu, Byukusenge Patrick, Tuyizere Etienne, Nkundabera Eric na Ufitinema Etienne.
Ni inshuro ya munani Tour du Rwanda iri kuba iri ku rwego rwa 2.1 nyuma yo kuzamurwa mu ntera, ivuye kuri 2.2, mu 2019, kuzamurirwa urwego byatumye ishobora kwitabirwa n’amakipe akomeye ku rwego rw’Isi.
Kuva muri uwo mwaka, Tour du Rwanda yegukanywe na Merhawi Kudus muri 2019, Natnael Tesfazion muri 2020 bombi bakomoka muri Erythrea, Cristian Rodriguez ukomoka muri Espagne yayegukanye muri 2021, Natnael Tesfazion muri 2022, Henok Mulubrhan ayegukana muri 2023, Umwongereza Joe Blackmore yayegukanye muri 2024 n’Umufaransa Doubey Fabien niwe uheruka kuyegukana muri 2025.
Muri irisiganwa habaye impanuka yabaye uyu munsi mu gace ka mbere mu karere ka Gabiro, aho imodoka yari mu mutambagiro w’irushanwa yavuye mu muhanda ikagonga abantu bari baje kureba isiganwa.
Abantu babiri bahise bitaba Imana, mu gihe abandi batandatu bakomeretse, abakomeretse bari kwitabwaho n’abaganga, hanarebwa uko ubuzima bwabo buhagaze.
Polisi y’u Rwanda yatangiye iperereza ku cyateye iyo mpanuka.
Ubuyobozi bwa Tour du Rwanda mubutumwa bwihanganisha bwagize buti:
“Turihanganisha byimazeyo imiryango yabuze ababo, kandi dukomeje kwiyemeza gushyira imbere umutekano w’abaturage”

