Al Hilal yakatishije itike ya 1/4 nyuma yo gutsinda Saint Eloi Lupopo

1 minute, 14 seconds Read

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 14 Gashyantare habaye umukino wa CAF Champions League wahuje AL Hilal yo muri Sudan ariko ikinira mu Rwanda na FC Saint Eloi Lupopo kuri Amahoro stadium saa 15:00.

Al Hilal SC yagiye gukina uyu mukino isabwa gutsinda cyangwa kunganya kugira ngo igere muri 1/4 cy’iri rushanwa Nyafurika ku nshuro ya kabiri yikurikiranya.

Ni mu gihe FC Saint-Éloi Lupopo yo yasabwaga gutsinda nibura ku kinyuranyo cy’ibitego bine, ariko igasaba ko Mamelodi Sundowns inganya na MC Alger, kugira ngo ibashe kurenga amatsinda.

Ni umukino watangiye amakipe yombi akinira cyane mu kibuga hagati bituma n’uburyo bwo kurema ibitego buba buke.

Al Hilal yazamukanye umupira, myugariro wo ku ruhande rw’iburyo, Steven Ebuela azamuka yihuta atera ishoti rikomeye atsinda igitego cya mbere ku munota wa 27.

Nyuma yaho amakipe yombi yakomeje gushaka uburyo bwo giutsinda igitego ariko bikomeza kwanga ndetse umukino urangira utyo.

Al Hilal SC yatsinze FC Saint-Éloi Lupopo igitego 1-0, igera muri 1/4 cya CAF Champions League ku nshuro ya kabiri yikurikiranya.

Dore uko itsinda Al Hilal iherereyemo ariryo rya C ryarangiye: Al Hilal niyo yambere n’amanota 11, igakurikirwa na Mamelodi n’amanota 9, iya gatatu ni MC Aleger n’amanota 7, iyanyuma ni Lupopo n’amanota 5.

Iyi kipe yazamutse iyoboye Itsinda C n’amanota 11, ikurikiwe na Mamelodi Sundowns yatsinze MC Alger ibitego 2-0 ikagira amanota icyenda.

MC Alger yo muri Algeria na FC Saint-Éloi Lupopo yo muri DRC zabaye iza nyuma muri iri tsinda rya C zasezerewe.

Nyuma yuyumukino ikipe ya Al Hilal yashimiye abanyarwanda ko bayibaye hafi bakayifana.

About The Author

Inkuru bihuye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *