Ubushyamirane hagati y’umutwe wa AFC/M23 na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwongeye gufata indi ntera, aho buri ruhande rwashinje urundi kugaba ibitero bya drone mu bice bya Masisi na Minembwe, nyuma y’amasaha make gusa impande zombi zivuye mu biganiro by’iminsi itanu byabereye i Montreux mu Switzerland.
Ku ruhande rwa AFC/M23, umuvugizi wayo Lawrence Kanyuka yavuze ko ingabo zishyigikiye Leta ya Kinshasa zagabye ibitero bikomeye mu bice bya Kalingi na Bidegu biherereye i Minembwe, hakoreshejwe intwaro ziremereye na drone zo mu bwoko bwa kamikaze. Yongeyeho ko no ku Cyumweru hagabwe ikindi gitero mu gace ka Mitimingi no mu nkengero za Teritwari ya Masisi.
AFC/M23 yatangaje ko ibyo bitero byangije imitungo y’abaturage ndetse bishyira benshi mu kaga, ishimangira ko iri gukusanya ibimenyetso byerekana ko agahenge kari kaherutse kwemezwa kari kurengwaho.
Ku rundi ruhande, ingabo za Leta ya Congo (FARDC) nazo zashinje AFC/M23 n’ingabo z’u Rwanda kugaba ibitero ku birindiro byazo biherereye i Mikenge na Kakenge, ndetse no gutera ibisasu mu duce dutuwe n’abasivili.
FARDC yavuze ko abantu bane b’abasivili bapfuye, abandi umunani barakomereka, aho benshi muri bo ari abagore n’abana. Yatangaje kandi ko ifite uburenganzira bwo gufata ingamba zose z’umutekano mu rwego rwo kurinda abaturage.
Ibi bibaye mu gihe impande zombi zari zimaze gusinya amasezerano yo gukaza uburyo bwo kugenzura iyubahirizwa ry’agahenge nyuma y’ibiganiro by’i Montreux. Aya masezerano yanateganyaga ko abasirikare ba AFC/M23 bagomba kwinjizwa mu rwego ruhuriweho rugenzura agahenge.
Nubwo hari icyizere cyari cyatangiye kuboneka nyuma y’ibiganiro, ibitero bishya byabereye i Minembwe na Masisi byongeye gutera impungenge ku hazaza h’amahoro mu burasirazuba bwa Congo.Ubushyamirane hagati y’umutwe wa AFC/M23 na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwongeye gufata indi ntera, aho buri ruhande rwashinje urundi kugaba ibitero bya drone mu bice bya Masisi na Minembwe, nyuma y’amasaha make gusa impande zombi zivuye mu biganiro by’iminsi itanu byabereye i Montreux mu Switzerland.
Ku ruhande rwa AFC/M23, umuvugizi wayo Lawrence Kanyuka yavuze ko ingabo zishyigikiye Leta ya Kinshasa zagabye ibitero bikomeye mu bice bya Kalingi na Bidegu biherereye i Minembwe, hakoreshejwe intwaro ziremereye na drone zo mu bwoko bwa kamikaze. Yongeyeho ko no ku Cyumweru hagabwe ikindi gitero mu gace ka Mitimingi no mu nkengero za Teritwari ya Masisi.
AFC/M23 yatangaje ko ibyo bitero byangije imitungo y’abaturage ndetse bishyira benshi mu kaga, ishimangira ko iri gukusanya ibimenyetso byerekana ko agahenge kari kaherutse kwemezwa kari kurengwaho.
Ku rundi ruhande, ingabo za Leta ya Congo (FARDC) nazo zashinje AFC/M23 n’ingabo z’u Rwanda kugaba ibitero ku birindiro byazo biherereye i Mikenge na Kakenge, ndetse no gutera ibisasu mu duce dutuwe n’abasivili.
FARDC yavuze ko abantu bane b’abasivili bapfuye, abandi umunani barakomereka, aho benshi muri bo ari abagore n’abana. Yatangaje kandi ko ifite uburenganzira bwo gufata ingamba zose z’umutekano mu rwego rwo kurinda abaturage.
Ibi bibaye mu gihe impande zombi zari zimaze gusinya amasezerano yo gukaza uburyo bwo kugenzura iyubahirizwa ry’agahenge nyuma y’ibiganiro by’i Montreux. Aya masezerano yanateganyaga ko abasirikare ba AFC/M23 bagomba kwinjizwa mu rwego ruhuriweho rugenzura agahenge.
Nubwo hari icyizere cyari cyatangiye kuboneka nyuma y’ibiganiro, ibitero bishya byabereye i Minembwe na Masisi byongeye gutera impungenge ku hazaza h’amahoro mu burasirazuba bwa Congo.

