Kibeho ni umusozi uri mu karere kitwaga mu Nyaruguru mu Rwanda rwohambere, ubu uherereye mu Mudugudu wa Sinayi, Akagari ka Kibeho,Umurenge wa Kibeho, mu Karere ka Nyaruguru, mu Ntara y‘Amajyepfo.Hamenyekanye cyane mu mateka y’u Rwanda, aya Afurika n’ay’isi murirusange – ku bafite ukwemera gatorika – guhera mu mpera za 1981 kuberaamabonekerwa yahabereye, kandi ari nabwo bibaye bwa mbere muri Afurika. Uretse ibyo kubonekerwa, Kibeho yongeye kuvugwa cyane nyuma ya Jenosideyakorewe Abatutsi mu wa 1994 kubera inzirakarengane z’Abatutsi barengaibihumbi 28.000 zaguye muri kiriziya yaho ku wa 13 Mata 1994.Abahahungiye bari bizeye kubaho kuko ari ku « butaka butagatifu ». Abantu bagaragayeho ibimenyetso byo kubonekerwa i Kibeho barenga 20,ariko Kiliziya Gatorika yo yemeye ukuri kw’abakobwa batatu gusa .Ku wa gatandatu tariki ya 28 Ugushyingo 1981 ahagana saa sita n’iminotamirongo itatu n’itanu (12h35), abanyeshuri bigaga mu ishuri ryisumbuyery’abakobwa i Kibeho bari mu nzu bafunguriragamo bitegura gufata ifungurorya kumanywa. Umukobwa w’imyaka 16 wigaga mu mwaka wa mbere witwaAlphonsine Mumureke agitunganya isahani ye yumva ijwi rimuhamagara ngo« mwana ». Akebutse imbere ye asanga umuhamagaye ni umugore utagira ukoasa wambaye ikanzu yera, umutwe we utwikiriwe n’igitambaro cy’ubururukimanuka mu mugongo kikagera ku birenge. Batangira kuvugana ubwo,ndetse amubajije uwo ari we amubwira ko ari « Nyina wa Jambo ». Ni BikiraMariya wari umubonekeye. Abo biganaga ndetse n’abayobozi b’ikigo bamaze kumenya ibyabaye kuriMumureke ntibemeye ko yabonekewe. Ahubwo bahamije ko yahanzwehon’amashitani dore ko yanakomokaga mu Gisaka, kandi byavugwaga kobaroga cyane. Ku wa 12 Mutarama 1982 undi mukobwa witwa Natalie Mukamazimpaka nawe yabonekewe na Bikira Mariya, ariko na we bavuga ko yahanzwehon’amashitani. Ibyaberaga i Kibeho byatangiye gutera urujijo kuko benshibibajije impamvu Mukamazimpaka yahanzweho n’amashitani kandi we yariasanzwe asenga. Umukobwa wa gatatu wabonekewe i Kibeho ni Marie Claire Mukangangowabonekewe na Bikira Mariya ku wa 1 Werurwe 1982. Uyu Mukangango ngoyari asanzwe ari ku isonga ry’abanyeshuri batotezaga Alphonsine Mumurekena Natalie Mukamazimpaka babashinja ko bahanzweho n’amashitani. Abo bakobwa bakomeje kujya babonekerwa ari bonyine cyangwa se bikaberamu ruhame. Ibyo byateye Kiriziya urujijo, bituma ishyiraho amatsinday’abahanga abiri, ibasaba gucukumbura bakamenya ukuri kwabyo. Itsinda rya mbere ryari iry’abihaye Imana (commission théologique) bigisha muri Seminari Nkuru ya Nyakibanda; irya kabiri rigizwe n’abaganga (commissionmédicale) bigishaga mu ishami ry’ubuvuzi ry’iyahoze ari Kaminuza Nkuru y’uRwanda. Izo mpuguke zakurikiranye imyitwarire y’abo bakobwa; ibyo bavugan’ibyo bakora mu gihe babonekerwa, ndetse no mu buzima bwabo bwa burimunsi. Mu bugenzuzi itsinda ry’abaganga ryakoraga harimo no gukoresha ibizamiabo bakobwa bibababaza umubiri mu gihe babonekerwa kugira ngo barebeniba batababara koko. Muri ibyo twavuga nko kubajomba inshinge,kwegereza bimwe mu bice by’umubiri umuriro waka, n’ibindi. Abaganga kandibanasuzumye niba abo bakobwa bataranywaga ibiyobyabwenge, batarwayeindwara zo mu mutwe cyangwa igicuri. Inshuro nyinshi ibyo bizamibyakorerwaga mu ruhame igihe abo bakobwa babaga babonekerwa. Bimwe mu byatangaje ababibonye harimo n’izo mpuguke z’abagangan’abihayimana ni ukuntu iyo babaga babonekerwa, abo bakobwabatumbiraga mu zuba igihe kirenze isaha kandi ntibibagireho ingarukan’imwe. Ikindi ni uko rimwe na rimwe bamaraga igihe kirekire aho bari (igihekirenze amasaha icumi) kandi bafite uburemere budasanzwe kubaterurabikagorana. Muri icyo gihe kandi hari ibimenyetso byagaragazaga koubonekerwa hari umuntu, abantu cyangwa ibintu (bibabaje, bishimishijecyangwa bitangaje) yabaga areba nubwo abandi batabaga babireba. Ibibigaragazwa n’uko yabaga avuga, aririmba, aseka, cyangwa se agaragazaubwoba no guhungabana. Nubwo Kiriziya Gatorika yari yitabaje impuguke z’Abanyarwanda ngo ziyifashekumenya ukuri ku byaberaga i Kibeho, ntiyashize impungenge yari ifiteahubwo yanitabaje impuguke zo mu bindi bihugu ngo na zo zize zishyirehoakazo. Aha twavuga nka Dr Philippe Loron, impuguke y’umuganga izwi cyanemu buvuzi bw’indwara z’imyakura (neurologue) mu gihugu cy’u Bufaransa. Nyuma y’igihe kirekire babakoraho ubushakashatsi butandukanye,amatsinda y’impuguke yemeje ko ibyabaga ku bakobwa babonekerwaga iKibeho bitashoboraga gusobanurwa n’abahanga kuko byababereyeamayobera. Ishingiye ku byavuzwe n’impuguke ndetse n’ibyakomeje kugaragara i Kibeho,nyuma y’imyaka 20 ni ho Kiriziya Gatorika yari iyobowe n’Umushumba wayoPapa Yohani Pawulo wa Kabiri yemeje ko Alphonsine Mumureke, NatalieMukamazimpaka na Marie Claire Mukangango babonekewe na Bikira MariyaiKibeho. Kwemera kubonekerwa kwabo ku mugaragaro kwatangajwe naMusenyeri Augustin Misago wari umushumba wa diyosezi ya Gikongoro kuwa 29 Kamena 2001. Kubonekerwa mu ruhame byabereye i Kibeho byabaye kenshi kurusha ahandibyabereye ku isi nk’i Lourdes mu Bufaransa cyangwa i Fatima muri Porutigali.Byamaze imyaka umunani kuko Alphonsine Mumureke yabonekewe muruhame bwa nyuma ku wa 28/11/1989. Babiri mu bakobwa batatubabonekewe i Kibeho ni bo bakiriho kuko Marie Claire Mukangango yapfuyemu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu wa 1994. NatalieMukamazimpaka yagumye i Kibeho kugeza ubu, naho Alphonsine Mumurekeyihaye Imana aba i Roma mu Butariyani. habereye ibonekerwa bwa mbere ubu hubatswe kiriziya bivugwa ko ariBikira Mariya ubwe wabisabye kugira ngo ifatwe nk’ikimenyetso cy’ukoyasuye Kibeho. Iyo kiriziya yatashywe ku wa 31 Gicurasi 2003. Ubu i Kibehohasurwa n’abantu benshi mu rugendo rw’iyobokamana (pélérinage), ku buryokuri buri munsi mukuru wa Bikira Mariya (Assomption, tariki 15/08)hateranira imbaga y’abantu barenga 30.000 baturutse ku migabane yose y’isi.Ndetse bamwe mu bahageze batanga ubuhamya ko bakize indwarazitandukanye. About The Author Mussa KaKa My name is Byiringiro Moise, a graduate of the University of Rwanda in the Department of History and Heritage. I have practical experience in heritage preservation and museum education, having completed an internship at the Huye Ethnographic Museum where I worked on ethnographic collection management and visitor engagement. I have also served as a teacher, delivering holistic lessons that empower youth and strengthen community values. My academic and professional journey reflects a deep commitment to cultural identity, reconciliation, and civic education. See author's posts Post navigation Imvano y’insigamigani “Murarye muri menge” Urutare rwitiriwe Kamegeri kubera igitekerezo cy’ubuhemu yatanze.