Gorilla FC yatsinze Rutsiro FC ibitego 2-1 mu mukino w’Umunsi wa 19 wa shampiyona

0 minutes, 42 seconds Read

Kuri uyu wa Gatanu tariki 6 Gashyantare 2026 habaye umukino w’umunsi wa 19 wa Rwanda Premier League 2025-2026 wahuje Gorilla FC na Rutsiro FC, wabereye kuri Kigali Pelé Stadium, saa 15:00, uyumukino wasifuwe na NGABOYISONGA Patrick.

Umukino watangiye Gorilla FC ifungura amazamu kuko umukinnyi wayo Chancelor Ndombe yatsinze igitego k’umunota wa1′ w’umukino, amakipe yombi yakomeje gushaka uburyo bwo gushaka ibitego ari nako iminota ikomeza kugenda.

Nuko k’umunota wa 30′ Karenzo Alex atsinda igitego cya kabiri, igice cyambere kirangira Gorilla FC irimbere n’ibitego 2-0 bwa Rutsiro FC.

Igice cya kabiri Rutsiro FC yatangiranye imbaraga kuko k’umunota wa 47′ Mumbele Jérémie yatsinze igitego bakomeza gushaka uko bakwishyura ariko umukino urangira Gorilla FC yegukanye uyumukino. 

Uyumukino warangiye Gorilla FC itsinze Rutsiro FC ibitego 2-1

Nyuma yuyumukino Gorilla FC yahise ifata umwanya wa 10 k’urutonde rw’agateganyo n’amanota 22, Rutsiro FC yo yagumye k’umwanya wa 15 k’urutonde rw’agateganyo rwa shampiyona n’amanota 14.

About The Author

Inkuru bihuye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *