Amavubi mu isura nshya,Stephan Constantine niwe mutoza mushya w’ikipe y’igihugu

2 minutes, 23 seconds Read

Umwongereza Stephen Constantine w’imyaka 63 yongeye kugirwa Umutoza w’Ikipe y’Igihugu “Amavubi”. Yatoje u Rwanda mu 2014/2015 ndetse icyo gihe yarufashije kwandika amateka yo kugera ku mwanya wa 64 ku rutonde ngarukakwezi rwa FIFA. Mu 2023/2025, Constantine yatozaga Ikipe y’Igihugu ya Pakistan.

FERWAFA yatangaje ko Stephen Constantine ari umutoza mukuru mushya w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Rwanda national football team Amavubi.

Stephen Constantine yahawe gutoza Amavubi mu gihe cy’imyaka ibiri, kikaba gishobora kongerwa bitewe n’uko azitwara mu kazi ke. Inshingano ze ni ugufasha ikipe kuzamura urwego, gukina neza no guhatanira intsinzi mu marushanwa yo muri Afurika no ku rwego mpuzamahanga.

Azatangira akazi ku wa 16 Werurwe 2026, aho azahita atangira gukorana n’abatoza bungirije n’abandi bagize ikipe ya tekiniki, mu myiteguro y’amarushanwa ya FIFA Series ateganyijwe kubera i Kigali muri uku kwezi kwa Werurwe.

Ni umuntu usanzwe uzwi mu mupira w’amaguru w’u Rwanda, Stephen Constantine yigeze kuyobora Amavubi akayigeza ku mwanya wa 64 arinawo wo hejuru kurusha indi yose u Rwanda rwigeze rugeraho ku rutonde ngarukakwezi rwa FIFA.

Stephen Constantine, yasinyanye amasezerano y’imyaka ibiri ashobora kongerwa, agaruka gutoza ku nshuro ya kabiri nyuma yo kuba yarigeze gutoza Rwanda national football team hagati ya Gicurasi 2014 na Mutarama 2015.

Stephen Constantine yeguye ku kazi ko gutoza Rwanda national football team muri Mutarama 2015 kugira ngo asubire gutoza India national football team ku nshuro ya kabiri.

Stephen Constantine yavukiye i Londres mu Bwongereza. Ni umutoza w’umupira w’amaguru ufite ubunararibonye burenze imyaka 30 mu gutoza amakipe y’ibihugu, cyane cyane muri Aziya no muri Afurika.

Azwi nk’umutoza ushobora guhindura no kuzamura urwego rw’amakipe, cyane cyane amakipe afite ubushobozi buke, akayafasha kuzamuka ku rutonde rwa FIFA nokuyagira ayakinyamwuga.

Yabanje gutoza India national football team hagati ya 2002 na 2005, aho yegukanye LG Cup mu 2002 kandi ayigeza ku mwanya wa kabiri mu Afro-Asian Games 2003.

Nyuma yaho yatoje Malawi national football team hagati ya 2007 na 2008.

Yaje no gutoza Sudan national football team hagati ya 2009 na 2010.

Muri Gicurasi 2014 yagizwe umutoza mukuru w’Amavubi, ariko asezera nyuma y’amezi umunani kugira ngo asubire gutoza u Buhinde.

Mu gihe cye cya kabiri atoza u Buhinde (2015–2019), yayoboye ikipe igera mu mikino ya nyuma ya AFC Asian Cup 2019 n’abakinnyi bakiri bato cyane kurusha abandi mu mateka y’icyo gihugu.

Yanayoboye ikipe imara imikino 13 idatsindwa, yegukana SAFF Championship 2016 ndetse na Intercontinental Cup 2018, anazamura u Buhinde ku rutonde rwa FIFA ava ku mwanya wa 173 akagera ku wa 97.

Stephen Constantine azwiho gutoza mu buryo bwitondewe kandi bufite gahunda. Ashyira imbere: gutunganya neza ikipe, imyitwarire n’ikinyabupfura mu kibuga, ubwugarizi bukomeye

Akenshi amakipe atoza akina mu buryo bwa 4-4-2 cyangwa 4-3-3.

Azwi kandi kuba yubaha umuco w’umupira w’amaguru w’igihugu atoza, ariko akazana n’imikorere ya kinyamwuga. Ibi ni byo bituma afatwa nk’umutoza ushobora kubaka no kongera imbaraga mu makipe ari mu bihe bigoye.

FERWAFA yatangaje ko Constantine nk’umutoza mukuru w’Amavubi
Itangazo FERWAFA yageneye abanyamakuru

About The Author

Inkuru bihuye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *