Umutwe w’ingabo zidasanzwe za Iran, uzwi nka Islamic Revolutionary Guard Corps (IRGC), watangaje ko umwe mu bayobozi bawo, Gen Ali Mohammad Naeini, yitabye Imana mu gitero cyagabwe mu murwa mukuru Tehran mu ijoro ryo ku wa 19 rishyira uwa 20 Werurwe 2026.
Amakuru yatangajwe n’inzego za gisirikare za Israel avuga ko uyu musirikare yari amaze imyaka ibiri ashinzwe ibikorwa byo gutangaza amakuru no gukwirakwiza ubutumwa bwa IRGC mu karere k’Uburasirazuba bwo Hagati. Ibyo bikorwa bivugwa ko byari bigamije gushishikariza imitwe yitwaje intwaro gukora ibikorwa bihungabanya umutekano wa Israel.
IRGC ni umwe mu mitwe ikomeje kugira uruhare rukomeye mu makimbirane ari hagati ya Iran, Israel na United States, kuva imirwano yatangira ku itariki ya 28 Gashyantare 2026.
Mu minsi ishize, Amerika na Israel byatangaje ko byagabye ibitero byibasiye ibirindiro bya gisirikare bya Iran, birimo n’ibikoresho byifashishwa mu kurasa misile. Nubwo ibyo bitero byagize ingaruka, IRGC yakomeje ibikorwa byayo mu bice bitandukanye by’akarere.
Mu rwego rwo gushyira igitutu ku bayihanganye, IRGC yatangaje ingamba zirimo kugabanya urujya n’uruza rw’ibikomoka kuri peteroli mu muyoboro wa Strait of Hormuz, inzira ikomeye ku bucuruzi mpuzamahanga.
Ku ruhande rwa Amerika, Perezida Donald Trump yatangaje ko ingabo z’igihugu cye zagize uruhare mu kugabanya ubushobozi bw’ingabo za Iran zirwanira mu mazi, bityo ko izo ngamba za IRGC zidashobora gushyirwa mu bikorwa uko byari biteganyijwe.
Mbere y’urupfu rwe, Gen Naeini yari aherutse kuvuga ko niba koko ingabo za Iran zirwanira mu mazi zarasenywe, Amerika yakagombye kubigaragaza mu bikorwa, igakoresha ubwato bwayo mu karere k’Ikigobe cya Perse.
Urupfu rwe rwiyongereye ku rutonde rw’abandi bayobozi bakomeye ba Iran bamaze kugwa muri iyi ntambara, barimo abasirikare n’abanyapolitiki, ibintu bikomeje kongera ubukana bw’iyi myigaragambyo.
